Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo gicagase gihabwa uwarokotse wambuwe umutungo ngo bakeka ko iwabo ntawarokotse

radiotv10by radiotv10
22/09/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Igisubizo gicagase gihabwa uwarokotse wambuwe umutungo ngo bakeka ko iwabo ntawarokotse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, uvuga ko ubutaka yasigiwe n’ababyeyi be, bwatujwemo abandi baturage ngo kuko ubuyobozi bwakekaga ko mu muryango we ntawarokotse, none iyo abwatse bamusubiza ko abatujwemo batabona aho bajya, yumva bidahagije.

Nyiranziza Elivine na musaza we, ni bo bonyine barokotse mu bana umunani bavaga inda imwe, na bo batoraguwe n’abantu.

Nyiranziza wari ufite imyaka ine ubwo Jenoside yabaga, avuga ko baje kumenya ko hari ubutaka bwasizwe n’ababyeyi babo buherereye mu Mudugudu wa Rurenge mu Kagari ka Nyabigega mu Murenge wa Kirehe, ariko ubuyobozi buza gutuzamo abandi Banyarwanda kuko bwari buzi ko abo mu muryango wa Nkurunziza [se wa Nyiranziza] bose bishwe.

Nyiranziza avuga ko yaje kwiyambaza ubuyobozi ngo bumuhe ubutaka bwe, ariko bukamusubiza ko afite ubutaka buhahije ntahandi yahabwa, mu gihe we avuga ko ubwo bakeka ko ari ubwe yabuhawe n’abamureze.

Ati “Nahereye mu nzego z’ibanze mbagezaho ikibazo cyanjye, kugeza n’uyu munsi aho ngisiragira njya ku Karere ntibampe igisubizo gifatika.”

Akomeza avuga ko muri uku kwezi aherutse gusubira ku buyobozi “bahita bambwira ngo basanze mfite imitungo ihagije, ngo nkomeze nyibyaze umusaruro, ngo nta bundi butaka bampa.”

Nyamirembe Adalberthe wari uturanye n’uyu muryango ukomokamo Nyiranziza, avuga ko uyu muturanyi wabo atari akwiye kwimwa uburenganzira ku butaka yasigiwe n’ababyeyi be, kandi ko mu gihe bwahawe abandi, ubuyobozi bwari bukwiye gufata ikindi cyemezo, akaba yahabwa ingurane.

Bamwe mu batujwe muri iri tongo ry’iwabo wa Nyiranziza bemera ko batujwe mu butaka butari ubwabo. ariko kandi ngo babuhawe na Leta bagasaba ubuyobozi bw’Akarere gushaka aho bwaguranira uyu muturage.

Musabyeyezu Celine ati “Aha hantu nahatujwe na Leta mu 1999. Ahantu ntuye harimo uruhande rumwe rwo kwa Nkurunziza no kwa Ndasumbwa. Ni ukuvuga n’uriya mwana w’umukobwa (Nyiranziza) kimwe na musaza we nibagire icyo babafasha.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Kirehe Ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage, Mukandayisenga Janviere yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo cyahawe itsinda rigomba kugishakira umuti.

INKURU MU MASHUSHO

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Ndirwanda jdd says:
    3 years ago

    Uwo munyarwanda ndumva afite amasambu menshi akwiye gusaranganya nsbandi banyarwanda nkuko babandi babigenjeje. Niba ashaka itongo ryaho avuka naguranire abo banyarwanda nabo batujwe na Leta yubumwe bwabanyarwanda. Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + 3 =

Previous Post

Umugabo akurikiranyweho gutema umugore we nyuma yo kumugira inama yubaka

Next Post

Ibyagaragaye ubwo hatabururwaga umubiri w’umuhanzi wari ukunzwe muri Afurika byateye urujijo

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyagaragaye ubwo hatabururwaga umubiri w’umuhanzi wari ukunzwe muri Afurika byateye urujijo

Ibyagaragaye ubwo hatabururwaga umubiri w’umuhanzi wari ukunzwe muri Afurika byateye urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.