Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo gifitwe n’Abanyarwanda- Perezida Kagame abajijwe niba ariwe mukandida wujuje ibikenewe

radiotv10by radiotv10
12/02/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo gifitwe n’Abanyarwanda- Perezida Kagame abajijwe niba ariwe mukandida wujuje ibikenewe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu gihe cy’amatora, abaturage ari bo bemeza niba umukandida ari we wujuje ibikenewe ku cyo bamutorera, bityo ko na we bazabigaragaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe mu mpeshyi y’uyu mwaka.

Perezida Paul Kagame yabitangarije mu kiganiro yatangiye i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gashyantare 2024, mu Ihuriro ry’abagize za Guverinoma ku Isi rizwi nka ‘World Governments Summit’

Iki kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’Umunyamakuru wa CNN, Eleni Giokos; cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirebana n’imiyoborere y’u Rwanda, amasomo rwakuye mu mateka ashaririye rwanyuzemo, ndetse n’icyo Umukuru w’u Rwanda abona Isi ikwiye kurwigiraho.

Uwo iki kiganiro cyarimo gihumuza, umunyamakuru Eleni Giokos yagarutse ku biherutse gutangazwa na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Joe Biden wifuza manda ya kabiri, wavuze ko ari we mukandida ushoboye kurusha abandi bifuza kuyobora iki Gihugu.

Uyu munyamakuru yagize ati “Mu Rwanda hateganyijwe amatora muri uyu mwaka, na we urahamya ko ari wowe mukandida wujuje ibikenewe kurusha abandi kuri izo nshingano?”

Perezida Kagame yasubije agira ati “Ubundi amatora, ni ah’abaturage kwemeza niba umuntu bari gutora ari we wujuje ibisabwa ku nshingano bamutoreye. Ubwo rero tuzareba.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje avuga ko ibyo umuntu yakoze na byo byagira uruhare mu mahitamo y’abaturage, ariko ko byose bizagaragazwa n’Abanyarwanda mu gihe cy’amatora.

Perezida Kagame mu kiganiro cy’uyu munsi

Amatora y’Umukuru w’Igihugu ateganyijwe tariki 14 Nyakanga 2024, akaba yarahujwe n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko, ari na bwo bwa mbere azaba abaye ahujwe.

Perezida Paul Kagame, mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique muri Nzeri umwaka ushize, yabajijwe niba yiteguye kuzongera kwiyamamaza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu nyuma y’uko Umuryango wa RPF-Inkotanyi wari umaze kongera kumutorera kuba Chairman wawo ku majwi 99,8%.

Icyo gihe Umunyamakuru yamubajije agira ati “Mu maso ya benshi, ibyo bituma uzaba Umukandida w’Ishyaka mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba mu gihe kitageze ku mwaka. Ese ni cyo bivuze?”

Perezida Kagame yamusubije agira ati “Urabyivugiye ko ari ibigararira amaso ya rubanda. Rero ni ko bimeze. Nishimira icyizere Abanyarwanda bangirira. Nzabakorera igihe cyose nzaba nkibishoboye. Yego ni byo rwose ndi umukandida udashidikanywaho kandi wujuje ibikenewe.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − three =

Previous Post

Somalia: Umutwe wagabye igitero cy’ubwiyahuzi cyaguyemo abiganjemo abasirikare wamenyekanye

Next Post

FARDC yamanuye batayo z’abakomando benshi n’ibifaru nyuma y’ikikango

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenge wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani watangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda....

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Rwanda National Police has announced that it has begun following up on the issue of other foreigners who appeared in...

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

by radiotv10
20/11/2025
0

Umuhanda uhuza Uturere twa Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo, na Bugesera na Ngoma mu y’Iburasirazuba, uraza kumara amasaha arindwi (kuva saa...

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

by radiotv10
20/11/2025
0

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yatangiye gukurikirana ikibazo cy’abandi banyamahanga bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo abamotari mu Mujyi wa Kigali....

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

by radiotv10
20/11/2025
0

Umugabo wo mu murenge wa Kamembe wari wibwe terefone n’abasore babiri bamutekeye umutwe ngo bakamutega ikizingo cy’amakoma azinze neza nk’amafaranga...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
FARDC yamanuye batayo z’abakomando benshi n’ibifaru nyuma y’ikikango

FARDC yamanuye batayo z’abakomando benshi n’ibifaru nyuma y’ikikango

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.