Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo gihabwa abafitiye urujijo umushinga bategerezanyije amatsiko cyumvikanamo ko bagifite igihe cyo gutegereza

radiotv10by radiotv10
04/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisubizo gihabwa abafitiye urujijo umushinga bategerezanyije amatsiko cyumvikanamo ko bagifite igihe cyo gutegereza
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe, bavuga ko umushinga wa Mahama II wo kuhira imyaka ku buso bunini wadindiye kuko wagombaga gutangira mu mpera z’umwaka ushize, none n’ubu amaso yaheze mu kirere kandi ntibazi n’icyabiteye, mu gihe ubuyobozi buvuga ko ahubwo ushobora kuzatangira mu mpera z’uyu mwaka.

Byari biteganyijwe ko uyu mushinga wagombaga gutangira mu mpera z’umwaka ushize wa 2024, ndetse abatuye mu Murenge wa Mahama bari batangiye kumwenyura bumva ko imyaka yabo itazongera kwicwa n’izuba, ariko icyizere cyaraje amasinde.

Musafiri Alexandre ati “Twabonye bije turishima none twarategereje turaheba, tubona bitagenda neza kandi amapfa aturuka ku izuba.”

Mukamana Philomene  na we ati “Uyu mushinga wo kuhira rero wari gukemura ibibazo mu buryo bw’izuba duhorana rya buri gihe. Iyaba wakoraga neza twagombye kuba tubona imyaka, none inzara itwica uko bwije n’uko bucyeye kubera wananiwe gukora vuba.”

Aba baturage bavuga ko uyu mushinga wari kubakura mu bukene bakiteza imbere kuko ngo muri aka gace hakunze kwibasira n’izuba ryinshi rituma bateza.

Dusabimana Christine ati “Igihe twari twiteze ko bizaba byarakoze ntabwo ari cyo byakozwe. N’ubu turategereje ariko tuba tubona ari ibintu byadindiye byatinze cyane birenze. Twari tuzi ko ubwo bije birahita bishyirwa mu bikorwa bikore, twari tuzi ko nyine ikibazo cy’ubukene cyagiye.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno avuga ko uyu mushinga wadindiye kuko habanje gushakwa aho mazi azajya aturuka.

Ati “Habayemo gusubiramo umushinga cyane cyane aho bazakura amazi mu mugezi w’Akagera. Ni umushinga dufatanyije urimo RAB, MINAGRI hamwe na Exim Bank yo mu Buhinde. Muri uko kuvugurura bituma hongerwa igihe, ariko ubu ngubu imirimo yarasubukuwe.”

Umuyobozi w’Akarere avuga ko hari icyizere ko nyuma yuko hasubukuwe ibikorwa by’uyu mushinga, uzatangira gukora mu mpera z’uyu mwaka.

Uyu mushinga wa Mahama II wagomga gutanga uburyo bwo kuhira ku buso bungana na hegitari 2 669 ku bahinzi barenga 4 000, wagombaga gushorwamo Miliyari 27 Frw.

Ni umushinga bari batangiye kwishimira
N’ubu impombo ziracyasamye
Barategereje amaso ahera mu kirere

Imyaka yabo yarumye kandi ngo ubu yakagombye kuba itoshye

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

M23 yafashe icyemezo kigamije koroshya ibikorwa by’ubutabazi inatanga umucyo ku gufata Bukavu

Next Post

Umunyamakuru wigereye i Goma urugamba rugihumuza yatubwiye ibyo yiboneye

Related Posts

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

by radiotv10
08/11/2025
0

Nteziryimana Alfred w’imyaka 70 wari utuye mu mudugudu wa Rwahi mu kagari ka Gatsiro mu murenge wa Gihundwe yasanzwe mu...

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
08/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Muyira na Kigoma mu karere ka Nyanza bavuga ko hashize umwaka urenga babariwe agaciro...

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

by radiotv10
07/11/2025
0

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Felix Namuhoranye, yifashishije ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamuhamagaye kuri telefone saa cyenda z’ijoro, yavuze...

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

Ngoma: Inyubako z’Akarere bakoreramo ngo na bo ubwabo zibatera isoni

by radiotv10
07/11/2025
0

Abafite ibikorwa by’ubucuruzi mu Murenge wa Kibungo bakorera mu nzu z’Akarere kabo ka Ngoma, bavuga ko zisa nabi, ku buryo...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru wigereye i Goma urugamba rugihumuza yatubwiye ibyo yiboneye

Umunyamakuru wigereye i Goma urugamba rugihumuza yatubwiye ibyo yiboneye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.