Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Igisubizo kirimo urujijo cy’umutoza w’Amavubi ku kongererwa amasezerano

radiotv10by radiotv10
20/11/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Igisubizo kirimo urujijo cy’umutoza w’Amavubi ku kongererwa amasezerano
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Torsten Frank Spittler avuga ko nta byinshi yavuga ku kuba azongererwa amasezerano ye agana ku musozo, icyakora akavuga ko yagejejweho imbanzirizamushinga y’amasezerano avuguruye, ariko kuri we ntacyo yawubonyemo cyatuma awuha agaciro.

Torsten Frank Spittler yabitangaje mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10 ubwo ikipe y’Igihugu yari ikubutse muri Nigeria kuri uyu wa Kabiri tariki 19 Ugushyingo 2024.

Ni mu gihe amasezerano y’uyu Mutoza Mukuru w’Amavubi azarangira mu kwezi gutaha, aho bikomeje kwibazwa niba azongererwa igihe cyo gukomeza gutoza iyi kipe.

Ubwo yari abajijwe uko bihagaze hagati ye n’abagomba kumwongerera amasezerano, Torsten Frank Spittler yagize ati “Bambwiye ko bifuza kongera amasezerano, ndetse banampaye ibyifuzo bikubiye mu masezerano mashya, ariko mu by’ukuri sinavuga ko bifatika, sinigeze mbyitaho cyane.”

Uyu mutoza avuga ko hari ibyo yasabwe n’abagomba kumwongerera amasezerano, ariko ko yabibonyemo amananiza ku buryo byamuciye intege.

Ati “Bansabye kubagaragariza umusaruro wanye. Niba bakeneye ko dukomezanya, ntibagombaga kumpa ibintu nk’ibyo.”

Abajijwe niba ku bwe yifuza kongererwa amasezerano yo gukomeza gutuza Amavubi, Torsten Frank Spittler yagize ati “Ntacyo nifuza kubivugaho.”

Uretse uyu mukino wa Nigeria, uyu mutoza yatsinze ariko Ikipe y’u Rwanda ntibashe kubona itike yo kwerecyeza mu gikombe cya Afurika, ni no ku nshuro ya mbere u Rwanda rugize amanota umunani muri iyi mikino yo mu matsinda yo gushaka iyi tike.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 8 =

Previous Post

Ibyavuye mu ibazwa ry’ukekwaho kwica nyakwigendera Pauline wari wararokotse Jenoside

Next Post

Amakuru agezweho ku munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda byavugwaga ko yashimuswe

Related Posts

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Uwari Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, Brigadier General Déo RUSANGANWA, ntakiri kuri uyu mwanya kubera izindi nshingano z’akazi ke ka...

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Rutahizamu wa Police FC n’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Byiringiro Lague yifurije umugore we isabukuru nziza y’imyaka ine bamaze bakoze ubukwe bemeranyijwe...

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

by radiotv10
09/12/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje itariki izakinirwaho umukino wa Super Cup uzahuza ikipe ya APR FC na Rayon...

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Ikipe ya Police FC yanganyije na APR FC 0-0 mu mukino wari uryoheye ijisho w’umunsi wa 10 wa Shampiyona y’Icyiciro...

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

Ikibazo cya Bus, umwenda wa miliyoni 260Frw,…-Ubuyobozi bushya bwa Rayon bwatangaje byinshi by’uko bayisanze

by radiotv10
05/12/2025
0

Nyuma y’ihererekanyabubasha, Perezida wa Komite y'Inzibacyuho ya Rayon Sports, Murenzi Abdallah, yatangaje ko bahawe ikipe ifite amadeni arenga miliyoni 260...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda byavugwaga ko yashimuswe

Amakuru agezweho ku munyapolitiki utavuga rumwe n'ubutegetsi bwa Uganda byavugwaga ko yashimuswe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.