Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari bigamije kubyutsa umubano urimo igitotsi, byakomwe mu nkokora n’amahitamo mabi y’u Burundi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’igitangazamakuru cyitwa Ukwelitimes, cyagarutse ku mubano w’u Rwanda n’Ibihugu by’ibituranyi birimo n’u Burundi, aho byari byatangiye ibiganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri hagati y’ibi Bihugu.

Ambasaderi Olivier Nduhungirehe avuga ko nyuma y’intambara zo muri Congo, mu bice bya Goma na Bukavu, ubwo M23 yafataga iyi mijyi yombi, hari ibiganiro byahuje u Rwanda n’u Burundi ku busabe bw’iki Gihugu cy’igituranyi.

Avuga ko ibi biganiro byari bigamije gucururutsa umwuka mubi wari umaze igihe hagati y’Ibihugu byombi, ndetse n’icyifuzo cyo kuba hafungurwa imipaka.

Ati “Ariko ubirebye icyo kibazo cy’umupaka nta n’bwo ari cyo cyari icy’ingenzi, ahubwo ikibazo cy’ingenzi, ni uruhare ingabo [z’u Burundi] zifite mu ntambara y’Uburasirazuba bwa Congo, aho izo ngabo zifatanya n’ingabo za Congo ariko n’indi mitwe nk’uw’abajenosideri wa FDLR, imitwe ya Wazalendo mu guhungabanya umutekano wa hariya iburasirazuba bwa Congo.”

Avuga ko mu mezi ya Gashyantare na Werurwe uyu mwaka, habayeho ibi biganiro, ariko bikaza guhagarara kubera imyitwarire y’u Burundi muri ibi bibazo.

Ati “Kubera ingabo z’u Burundi zariyongereye mu burasirazuba bwa Congo, Guverinoma [y’u Burundi] yohereje izindi ngabo, tukaba rero twumva atari inzira nziza kuko bibangamiye ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Washington kuko avuga iby’agahenge, avuga yuko ibibazo byakemuka ku buryo bw’ibiganiro, mu buryo bwa politiki, hari n’inzira yashyizweho kugira ngo amakimbirane n’intambara mu burasirazuba bwa Congo birangire.”

Minisitiri Nduhungirehe avuga ko u Burundi bwirengagije ibi byose bukongera umubare w’ingabo zabwo muri Congo, ndetse ko ubu bumaze kugirayo abasirikare barenga ibihumbi 10, ndetse umujyi wa Bujumbura ukaba ukoreshwa nk’icyicaro cy’ibikoresho bya gisirikare bijya kwifashishwa muri iriya ntambara.

Ati “Ni aho ibibazo bigeze, ntabwo ibibazo birakemuka ariko icyo twifuza ni uko u Burundi bwakora intambwe yo gushyigikira ibiganiro biriho, no kwirinda gushyira amavuta ku muriro kuko bitatuganisha mu nzira nziza.”

Leta y’u Burundi ijya gufata icyemezo cyo gufunga imipaka, yashinjaga u Rwanda gufasha umutwe wa RED-Tabara uyirwanya, gusa Nduhungirehe akabihakana yivuye inyuma, akavuga ko ahubwo ari ugushaka kuyobya uburari byw’ibyo kiriya Gihugu kiri gukora.

Ati “Ibyo ni ibinyoma byambaye ubusa. Byatangajwe inshuro nyinshi ariko nta na kimwe gifatika bashobora kugaragaza. Ni bya bindi bazi ibyo bakora mu burasirazuba bwa Congo, mu gushaka guhindura ikiganiro bakavuga ibyo bya RED-Tabara ngo n’uko dushaka guhungabanya umutekano w’u Burundi. Ibyo ntabwo ari byo.”

Nduhungirehe avuga ko nubwo u Rwanda n’u Burundi bihuriye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ndetse n’indi nk’uwa Afurika Yunze Ubumwe, ariko nta muhuza n’umwe uri gufasha ibi Bihugu kugira ngo umubano wabyo usubire ku murongo.

Avuga ko ubusanzwe ibi Bihugu biba bishobora kwicara bikaganira, kuko uretse kuba ari ibituranyi, binahuje ururimi “ariko kugeza ubu nta biganiro, byaba ibya EAC cyangwa undi muhuza uwo ari we wese bihari hagati y’u Rwanda n’u Burundi.”

U Rwanda rwakunze kuvuga kenshi ko rwifuza kubana neza n’Ibihugu byose, byumwihariko iby’ibituranyi, kandi ko igihe cyose haba hari ibibazo biri hagati yarwo n’ikindi Gihugu, ruhora rwiteguye kubishakira umuti binyuze mu biganiro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − six =

Previous Post

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Next Post

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Related Posts

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

Nyamagabe: Bahawe ibikoresho babitanze amafaranga bakoboke none icyo babizaniye ntibakibonye

by radiotv10
10/11/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bahawe amatara akoresha imirasire y’izuba, nyuma...

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

Amakuru agezweho ku gusuzumisha ibinyabiziga bya moto bigiye kubaho bwa mbere mu Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

Ikigo gisuzuma ubuziranenge bw'Ibinyabiziga by’umwihariko ibirimo moto zidakoresha amashanyarazi zizajya zipimwa imyuka zisohora, kigiye gutangira gukora, kikaba giherereye mu Murenge...

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

Top 3 market-ready skills for young women in Rwanda

by radiotv10
10/11/2025
0

In today’s fast-changing world, having a degree alone isn’t enough. Many opportunities require practical skills that schools don’t always teach....

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Umwarimukazi wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kibare I rwo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma, wafashwe yahishe akadishi...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Guhangana biruta gusabiriza- Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda icyo badakwiye kugirira ubwoba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.