Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Igisubizo ku kibazo cy’Ivuriro bagaragaje kenshi cyazagamo cyizere ariko cyabaye ikiraza amasinde

radiotv10by radiotv10
26/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Igisubizo ku kibazo cy’Ivuriro bagaragaje kenshi cyazagamo cyizere ariko cyabaye ikiraza amasinde
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bo mu Murenge wa Karembo mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batahwemye gusaba ubuyobozi ko bakwegerezwa ivuriro rito kuko bivuriza kure, ndetse bukabizeza ko kigiye gukemurwa, ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Gukora ingendo ndende ndetse rimwe na rimwe hakaba n’ababyarira mu ngo bataragezwa ku Kigo Nderabuzima, nibyo abatuye i Mpinga mu Kagari ka Aziba mu Murenge wa Karembo baheraho bavuga ko bagorwa no kwivuza.

Aba baturage bavuga ko ari kenshi bagiye babigaragariza ubuyobozi ndetse bukabaha igisubizo kibaremamo icyizere, gusa na n’ubu ntakirakorwa.

Nyagatare Annanias wo mu Mudugudu w’Impinga ati “Na Meya araza tukabimubwira yaza ati ‘Ndabibemereye’, yabitwemerera ntibijye mu bikorwa.”

Aba baturage bavuga ko kugira ngo bagere ku ivuriro bakwita ko ribegereye, harimo urugendo rurerure ku buryo bategesha 5 000 Frw.

Mukadisi Verena na we ati “Hari ukuntu duhamagara moto, wayihamagara igatinda bigafata ko umubyeyi ahita abyarira aho ngaho. Njye ntuye hirya iriya Nkimbyi, rero ni kure kugira ngo rero moto izaze ije gufata umubyeyi kugira ngo ajye kujya kubyara isanga yanabyaye iyo yakererewe.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie yavuze ko aba baturage bubakiwe Ikigo Nderabuzima kandi ngo atari kure ariko nanone abasaba gutegereza igihe ubushobozi bw’Akarere buzaba bubonetse.

Ati “Ntayihari (Poste de Sante) ariko hari izindi bakoresha, twazareba nitubona ingengo y’imari mu myaka ikurikiraho kuko twabahaye Ikigo Nderabuzima kandi ntabwo kiri kure mu by’ukuri. Twarebaga cyane abandi bari kure cyane kurenza abo mu Akaziba. Ubwo kubera gahunda ihari ya Poste de Sante mu Kagari mu myaka ikurikiyeho na bo bazayibona bitewe n’ingengo y’imari yabonetse cyangwa twabonye abafatanyabikorwa badufasha.”

Gahunda ya Leta mu kwita ku buzima n’imibereho myiza y’abaturage iteganya ko ku bufatanye n’izindi nzego, nibura buri Kagari mu Rwanda kazashyirwamo Ivuriro rito (Poste de Sante).

Bavuga ko batumva ikibura ngo begerezwe ivuriro

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + eleven =

Previous Post

Dore abakinnyi b’amazina azwi bagiye kwirukanwa n’ikipe ya Manchester United

Next Post

Talk More, Pay Less: MTN Rwanda Introduces DesaDe, a new MTN-to-MTN voice pack for Just Rwf 200

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Talk More, Pay Less: MTN Rwanda Introduces DesaDe, a new MTN-to-MTN voice pack for Just Rwf 200

Talk More, Pay Less: MTN Rwanda Introduces DesaDe, a new MTN-to-MTN voice pack for Just Rwf 200

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.