Tuesday, November 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo Min.Nduhungirehe yahaye Umudepite w’u Bubiligi wagaragarije u Rwanda ishyari

radiotv10by radiotv10
22/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo Min.Nduhungirehe yahaye Umudepite w’u Bubiligi wagaragarije u Rwanda ishyari
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yagaragarije Umudepite wo mu Bubiligi wanenze kuba u Rwanda rwarahawe kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare, ko yari akwiye mbere ya byose guterwa ishema no kuba Ababiligi benewabo bari kwitwara neza, bari no gufanwa n’abanyagihugu bagenzi babo mu Rwanda bishimiyemo, ati “ubundi unywe utuzi dushyushye biragenda neza.”

Ni nyuma yuko Depite Lydia Mutyebele Ngoi w’i Bruxelles yanditse ubutumwa kuri X agaragaza ko atishimiye kuba u Rwanda rwarahawe kwakira irushangwa mpuzamahanga ryo gusiganwa ku magare ryatangiye i Kigali kuri iki Cyumweru tariki 21 Nzeri 2025.

Lydia Mutyebele Ngoi yanditse agira ati “Hakumiriwe u Burusiya kubera ibyaha bwabwo, ariko mu Rwanda harambuwe tapis rouge [ashaka kugaragaza ko uko u Burusiya bwahawe ibihano ngo ari na ko u Rwanda rwari rukwiye gukomwa kuri byose birimo n’iri rushanwa].”

Uyu Mudepite akomeza ashinja uburyarya abahaye u Rwanda kwakira iri rushanwa, ngo kuko iki Gihugu kibangamira uburenganzira bwa muntu.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, asubiza uyu Mudepite, yamugaragarije ko ibyo yavuze bitari bikwiye, ndetse ko mbere ya byose yari akwiye kubanza kureba uburyo Ababiliri mu Rwanda bishimiye iri rushanwa, ndetse baje no gufana bene wabo dore ko ku munsi wa mbere Umubiligi yanegukanye umudali wa zahabu.

Yagize ati “Madamu Depite, wagombye kubanza kuramutsa Ababiligi bene wanyu bari Kigali. Umukinnyi rurangira wanyu Remco Evenepoel yanatsinze ku nshuro ya gatatu yikurikiranya mu cyiciro cyo gusiganwa ku giti cy’umuntu.”

Minisitiri Nduhungirehe yasoje ubutumwa bwe, akoresheje imvugo irimo urwenya, asa nk’ucyebura uriya munyapolitiki ko ibyo yatangaje bitari bikwiye, ati “Ubundi unywe utuzi dushyushye, rwose biraza kumera neza.”

Ubu butumwa bwa Amb. Nduhungirehe kandi buherekejwe n’amafoto agaragaza Ababiligi benshi bazamuye amabendera y’Igihugu cyabo bari gufana abakinnyi baturutse iwabo, barimo Remco Evenepoel wegukanye Umudali wa Zahabu mu gusiganwa ku giti cy’umuntu (Individual Time Trial) mu cyiciro cy’abagabo bakuru, wanatwaye uyu mwanya wa mbere ku nshuro ya gatatu yikurikiranya muri iyi shampiyona y’Isi.

Nduhungirehe kandi yanagaragarije uyu Mudepite, ko iri rushanwa riri kubera mu Rwanda ryanitabiriwe n’Ibihugu 108 birimo n’icyabo, rikaba ririmo abakinnyi 769.

Uriya Mudepite washatse kuvanga Politiki na Siporo, yatanze ubutumwa mu gihe i Kigali mu Rwanda, hari Ababiligi benshi bari no gufana abakinnyi benshi baturutse muri kiriya Gihugu cy’i Burayi, banagaragaje akanyamuneza ko kuba bishimiye kuba bari mu Gihugu kibafashe neza, gitekanye.

U Bubiligi, Igihugu cyagize uruhare runini mu icengezamatwa ryagejeje ku mateka mabi yabaye mu Rwanda, cyakomeje kubanira nabi iki Gihugu bwanakolonije, ariko biba akarusho mu bihe bitambutse bya vuba aha aho cyazamuye ibirego byinshi kigendeye ku binyoma byahimbwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kinagisabira ibihano mu mahanga yose.

Ibi byatumye muri Werurwe uyu mwaka, Guverinoma y’u Rwanda ica umubano n’iki Gihugu, inategeka Abadipolomate bacyo bari bahari, kuva mu Rwanda.

Minisitiri Olivier Ndhungirehe
Nduhungirehe yagaragaje ko Ababiligi bishimye mu Rwanda ndetse n’amabendera y’Igihugu cyabo bari kuyahazamura ntacyo bikanga
Yanerekanye ko Umukinnyi w’Umubiligi Remco Evenepoel na we ameze neza ndetse ari kwegukana imidali ya zahabu i Kigali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

He came from America to visit parts of Rwanda and built an amazing school

Next Post

Kigali, on top of the UCI World

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

by radiotv10
11/11/2025
0

Sosiyete y’Igihigu Ishinzwe Ingufu-REG yasobanuye ko ibura ry’umuriro w’amashanyarazi ryabaye ku Cyumweru mu bice hafi ya byose by’Igihugu, ryaturutse ku...

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

Hagaragajwe igipimo cy’imvura igiye kugwa mu Rwanda hanatangwa ubujyanama ku Baturawanda

by radiotv10
11/11/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere cyatangaje ko muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi k’Ugushyingo, mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hejuru y’isanzwe...

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

Intego y’ibiganiro byahuje Abapadiri n’Ababikira bo mu Rwanda, Congo n’u Burundi

by radiotv10
11/11/2025
0

Abapadiri n’Ababikira ba Kiliziya Gatulika yo mu Rwanda, mu Burundi no muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuye mu biganiro...

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

Hasabwe ibisobanuro ku ihagarara ry’umushinga wari gufasha Abanyarwanda kugira imyumvire ku iteganyagihe

by radiotv10
11/11/2025
0

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bavuga ko batumva icyatumye umushinga wari watangijwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubumenyi bw’Ikirere wo guhugura...

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusaza w’imyaka 72 wo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, wakoraga akazi ko gucukura imva, bamusanze ku nzira...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa
AMAHANGA

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

by radiotv10
11/11/2025
0

Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

Eng.-Tshisekedi arrests two Generals including John Tshibangu who once vowed to get rid of M23

11/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

11/11/2025
Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

Ibivugwa ku itabwa muri yombi ry’Abajenerali babiri mu Congo barimo uwakunze kwigaragaza nk’umunyabubasha

11/11/2025
Uganda: Ibyo Museveni yavuze ku mugambi unugwanugwa byatumye bamwe bari bawurimo bisubiraho

Museveni yaburiye Abanya-Uganda bashobora gutekereza kuzigana Abanya-Tanzania bakazigaragambya mu bihe by’amatora

11/11/2025
Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

Amakuru agezweho y’uko imirwano yifashe muri Congo hagati ya AFC/M23 n’uruhande bahanganye

11/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali, on top of the UCI World

Kigali, on top of the UCI World

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa nyuma yo gufungurwa

Eng.-Tshisekedi arrests two Generals including John Tshibangu who once vowed to get rid of M23

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.