Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo Min.Nduhungirehe yahaye Umudepite w’u Bubiligi wagaragarije u Rwanda ishyari

radiotv10by radiotv10
22/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo Min.Nduhungirehe yahaye Umudepite w’u Bubiligi wagaragarije u Rwanda ishyari
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri Olivier Nduhungirehe yagaragarije Umudepite wo mu Bubiligi wanenze kuba u Rwanda rwarahawe kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare, ko yari akwiye mbere ya byose guterwa ishema no kuba Ababiligi benewabo bari kwitwara neza, bari no gufanwa n’abanyagihugu bagenzi babo mu Rwanda bishimiyemo, ati “ubundi unywe utuzi dushyushye biragenda neza.”

Ni nyuma yuko Depite Lydia Mutyebele Ngoi w’i Bruxelles yanditse ubutumwa kuri X agaragaza ko atishimiye kuba u Rwanda rwarahawe kwakira irushangwa mpuzamahanga ryo gusiganwa ku magare ryatangiye i Kigali kuri iki Cyumweru tariki 21 Nzeri 2025.

Lydia Mutyebele Ngoi yanditse agira ati “Hakumiriwe u Burusiya kubera ibyaha bwabwo, ariko mu Rwanda harambuwe tapis rouge [ashaka kugaragaza ko uko u Burusiya bwahawe ibihano ngo ari na ko u Rwanda rwari rukwiye gukomwa kuri byose birimo n’iri rushanwa].”

Uyu Mudepite akomeza ashinja uburyarya abahaye u Rwanda kwakira iri rushanwa, ngo kuko iki Gihugu kibangamira uburenganzira bwa muntu.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, asubiza uyu Mudepite, yamugaragarije ko ibyo yavuze bitari bikwiye, ndetse ko mbere ya byose yari akwiye kubanza kureba uburyo Ababiliri mu Rwanda bishimiye iri rushanwa, ndetse baje no gufana bene wabo dore ko ku munsi wa mbere Umubiligi yanegukanye umudali wa zahabu.

Yagize ati “Madamu Depite, wagombye kubanza kuramutsa Ababiligi bene wanyu bari Kigali. Umukinnyi rurangira wanyu Remco Evenepoel yanatsinze ku nshuro ya gatatu yikurikiranya mu cyiciro cyo gusiganwa ku giti cy’umuntu.”

Minisitiri Nduhungirehe yasoje ubutumwa bwe, akoresheje imvugo irimo urwenya, asa nk’ucyebura uriya munyapolitiki ko ibyo yatangaje bitari bikwiye, ati “Ubundi unywe utuzi dushyushye, rwose biraza kumera neza.”

Ubu butumwa bwa Amb. Nduhungirehe kandi buherekejwe n’amafoto agaragaza Ababiligi benshi bazamuye amabendera y’Igihugu cyabo bari gufana abakinnyi baturutse iwabo, barimo Remco Evenepoel wegukanye Umudali wa Zahabu mu gusiganwa ku giti cy’umuntu (Individual Time Trial) mu cyiciro cy’abagabo bakuru, wanatwaye uyu mwanya wa mbere ku nshuro ya gatatu yikurikiranya muri iyi shampiyona y’Isi.

Nduhungirehe kandi yanagaragarije uyu Mudepite, ko iri rushanwa riri kubera mu Rwanda ryanitabiriwe n’Ibihugu 108 birimo n’icyabo, rikaba ririmo abakinnyi 769.

Uriya Mudepite washatse kuvanga Politiki na Siporo, yatanze ubutumwa mu gihe i Kigali mu Rwanda, hari Ababiligi benshi bari no gufana abakinnyi benshi baturutse muri kiriya Gihugu cy’i Burayi, banagaragaje akanyamuneza ko kuba bishimiye kuba bari mu Gihugu kibafashe neza, gitekanye.

U Bubiligi, Igihugu cyagize uruhare runini mu icengezamatwa ryagejeje ku mateka mabi yabaye mu Rwanda, cyakomeje kubanira nabi iki Gihugu bwanakolonije, ariko biba akarusho mu bihe bitambutse bya vuba aha aho cyazamuye ibirego byinshi kigendeye ku binyoma byahimbwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kinagisabira ibihano mu mahanga yose.

Ibi byatumye muri Werurwe uyu mwaka, Guverinoma y’u Rwanda ica umubano n’iki Gihugu, inategeka Abadipolomate bacyo bari bahari, kuva mu Rwanda.

Minisitiri Olivier Ndhungirehe
Nduhungirehe yagaragaje ko Ababiligi bishimye mu Rwanda ndetse n’amabendera y’Igihugu cyabo bari kuyahazamura ntacyo bikanga
Yanerekanye ko Umukinnyi w’Umubiligi Remco Evenepoel na we ameze neza ndetse ari kwegukana imidali ya zahabu i Kigali

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

He came from America to visit parts of Rwanda and built an amazing school

Next Post

Kigali, on top of the UCI World

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali, on top of the UCI World

Kigali, on top of the UCI World

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.