Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo Perezida Kagame yahaye uwakunze kuvuga ko yifuza gutera u Rwanda

radiotv10by radiotv10
01/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Igisubizo Perezida Kagame yahaye uwakunze kuvuga ko yifuza gutera u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko nta na rimwe u Rwanda rujya rwifuza intambara kuko ruzi ingaruka zayo, agira inama uwakunze kuvuga ko yifuza kurutera, yazamubaza iby’intambara kuko afite icyo ayiziho kandi ko nta kiza cyayo kuko ikiruta byose ari amahoro.

Umukuru w’u Rwanda yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ugushyingo 2022, mu muhango wo kwakira indahiro z’abayobozi bashya binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda.

Mu butumwa yatanze nyuma yo kuyobora uyu muhango, yagarutse birambuye ku bibazo bimaze iminsi biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aho iki Gihugu cyakunze gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufasha umutwe wa M23.

Perezida Kagame yavuze ko mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, habarirwa imitwe yitwaje intwaro irenga 100 kandi ko iyo yose itabayeho kubera u Rwanda nkuko rutwererwa M23.

Nubwo ibi bibazo bireba Congo Kinshasa ndetse ari na yo ikwiye kubikemura ariko u Rwanda rwemera kuba rwatanga ubufasha mu kubishakira umuti.

Ati “Kuko twakungukira mu ituze ry’umuturanyi. Amahoro muri Congo cyangwa mu burasirazuba bwa Congo, ni amahoro kuri twe.”

Yavuze ko u Rwanda rutifuza intambara na rimwe kuko ruzi neza ingaruka zayo, mu gihe abavuga ko bayifuza, batazizi.

Perezida Paul Kagame agaruka ku byagiye bitangazwa na Perezida Felix Tshiskedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku bitangazamakuru mpuzamahanga ko yifuza gutera u Rwanda, yavuze ko hari hakwiye gutekerezwa uburyo Ibihugu byombi byakomeza umubano no gukorana aho gutekereza intambara.

Ati “Iyo nza kugira inama uwo muntu wakunze kuvuga ibi, nakamugiriye inama ko dukeneye gukorana no kubana mu mahoro, kuko niba wifuza umuntu uzi iby’intambara, rwose uzaze umbaze kuko hari icyo nyiziho kandi nzi uburyo ari mbi kandi nzi neza ko ntakiruta kugira amahoro.”

 

Hari impamvu nyinshi zo kujya muri Congo

Agaruka ku birego byo gushinja u Rwanda ko rujya muri Congo Kinshasa, Perezida Kagame yagize ati “nibajije ikibazo nti ‘kubera iki? Kuki u Rwanda rwajya muri Congo’ nkeka ko wanabona igisubizo kuko hari impamvu zatuma tujyayo.”

Yatanze urugero rwo kuba muri 2019 umutwe wa FDLR waragabye ibitero mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, uturutse muri Congo, ukanica bamwe mu Banyarwanda, ndetse no muri uyu mwaka hakaba hari ibisasu by’ibibombe byarashwe mu Rwanda.

Ati “Ibyo ubwabyo ni ubushotoranyi bwagombye gutuma twambuka umupaka. Nasabye Perezida inshuro nyinshi ko yatwemerera tugakorana n’inzego zabo mu gukemura ikibazo cya FDLR, arabyanga, nkomeza kwibaza impamvu yabyanze. Ndamubwira nti ‘wanze ko dukorana ariko tuzabyikorera’.”

Yakomeje avuga ko muri ibyo biganiro, ibitero bya FDLR byakomeje no muri uyu mwaka ubwo haterwaga biriya bisasu.

Ati “Ndamubwira nti ‘ubu ni ubutumire buhagije’, nabibwiye Perezida wa Congo. Mu gihe nari ndiho nshaka ubutumire bwo gufatanya na bo mu gukemura ikibazo, mu byukuri kurasa ibisasu byambukiranya umupaka ku butaka bwacu, ni ubutumire bwuzuye. Ubwo butumwa buracyariho.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko abahora bavuga ko kubaha ubusugire bwa Congo na we ari ko abyemera ariko ko n’ubw’u Rwanda butagomba kuvogerwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 1 =

Previous Post

IFOTO: Abaperezida b’Ibihugu bibiri bikomeye na ba Madamu bishimye bari gusangira umuvinyo

Next Post

Intuma z’Itsinda ry’ingabo ziteguye gutabara aho rukomeye zaganiriye n’umuyobozi muri RDF

Related Posts

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

The Hidden Signs of Mental Exhaustion People Ignore

by radiotv10
07/01/2026
0

Mental exhaustion doesn’t always look like a breakdown or tears. Most of the time, it shows up quietly in ways...

IZIHERUKA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda
MU RWANDA

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

Hatangajwe umubare munini w’impunzi z’Abanyekongo zapfiriye mu Burundi mu gihe gito

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Intuma z’Itsinda ry’ingabo ziteguye gutabara aho rukomeye zaganiriye n’umuyobozi muri RDF

Intuma z’Itsinda ry’ingabo ziteguye gutabara aho rukomeye zaganiriye n’umuyobozi muri RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.