Uwasabye Polisi y’u Rwanda ko yazaha amafaranga Umupolisi yo kugura Fanta nk’agashimwe k’imikorere myiza, yamusubije ko atari ngomwa, kuko ishimwe ry’umuntu ukora neza, ari uko abantu banyurwa na serivisi yabahaye, kandi ko bitemewe guha umupolisi ‘tip’ (agahimbazamusyi).
Umwe mu bakoresha Urubuga nkoranyambaga rwa X, ukoresha Konti yitwa Kirumuna, yavuze ko yifuza kuzaha umupolisi amafaranga yo kugura Fanta nk’agashimwe k’imikorere myiza.
Uyu wiyita Kirumuna kuri X, yagize ati “Ese hano mu Rwanda biremewe ko naparika imodoka ku ruhande nkavamo nkasuhuza umupolisi uri mu kazi byanaba ngombwa nkaba namugurira amazi, urugero nkavuga ngo nkunda abapolisi akira 30k uze kunywa fanta usoje akazi.”
Iki kibazo yari yabajije Polisi y’u Rwanda, uru rwego rushinzwe umutekano w’abantu n’ibyabo, rwamusubije, rumwereka ko ibyo yasabye bitemewe.
Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, bukoresheje konti yabwo kuri X, bwasubije uyu muturage, bugira buti “Ishimwe ry’umuntu wese ukora neza, ni ukubona abo aha serivisi banyuzwe na yo. Ubundi na we akabona ibyo agenewe n’amategeko kandi akazi ka Polisi nta gahunda za tip zibamo.”
Polisi y’u Rwanda ikunze kubazwa ibibazo nk’ibi ku mbuga nkoranyambaga, aho iki kije nyuma y’iminsi micye hari undi muturage uyisabiye ko yazamujyana mu Kigo Ngororamuco cy’Iwawa ngo kuko ubuzima bwo hanze bwanze.
Kuri iki cyifuzo cy’uyu muturage, Polisi y’u Rwanda yari yabwiye uyu muturage ko “hano hanze nta muteto nshuti” imugira inama yo kugana amasomo y’imyuga n’ubumenyi-ngiro kugira ngo azabashe kwihangira umurimo.
RADIOTV10