Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

radiotv10by radiotv10
19/05/2025
in MU RWANDA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano byo ku Mugabane wa Afurika, hagiye hahangwa amaso ku mahanga, ariko ko ubu buryo butigeze butanga umusaruro, bityo ko Ibihugu byo kuri uyu Mugabane bikwiye kujya byishakamo ibisubizo by’ibibazo byabyo.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 19 Gicurasi 2025 ubwo yafunguraga ku mugaragaro Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (ISCA) iteraniye i Kigali.

Perezida Kagame yavuze ko mu bihe byatambutse Umutekano w’Abanyafurika wakomeje kugirwamo ijambo n’Ibihugu by’amahanga, akaba ari byo biza gukemura ibibazo by’umutekano byabaga biri mu Bihugu byo kuri uyu Mugabane, ariko ko uko ibihe byagiye biha ibindi, byagaragaye ko bidakwiye.

Yavuze kandi rimwe na rimwe ibyo byakorwaga, bitajyanye n’imiterere y’ibibazo byabaga biri mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika cyangwa ngo bibe byanatanze uburenganzira, bityo ko uyu Mugabane ukwiye kwishakamo ibisubizo binyuze mu nama nk’iyi iteraniye i Kigali.

Ati “Ubu buryo ntibwabashije gutanga umusaruro ku mpande zombi, yaba kuri Afurika ndetse no ku Isi yose. Igitangirijwe hano birenze kuba ari inama, ni imbaraga z’ubushishozi zo guhindura imyumbire ndetse na gihamya yuko Afurika ijyana n’imiterere y’ibibazo by’umutekano ku Isi.”

Perezida Kagame yavuze ko Umugabane wa Afurika ukwiye gukorana n’abafatanyabikorwa bizewe kandi bashoboye mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano byaba biwugarije.

Yavuze ko kugira ngo kandi Ibihugu bya Afurika bibashe kugera kuri iyi ntego, bigomba gushyira imbaraga mu nkingi eshatu z’ingenzi, zirimo kumva ko bigomba kugira ibyabyo (ownership) ibibazo bibyugarije.

Ati “Ntitugomba kwitotombera uruhare rw’Ibihugu by’amahanga mu bibazo by’umutekano wacu, mu gihe n’ubundi turi kugira uruhare mu gutuma bibaho.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko Ubusugire bw’Igihugu, butareba gusa kurinda imipaka, ahubwo ko “ni no gufata inshingano ku mutekano wacu ku mpande zombi yaba ku Gihugu ndetse no ku rwego duhuriyeho nk’Umugabane.”

Perezida Kagame wavuze ko kwirengagiza izi nshingano biha icyuho abagomba kuzinjiramo, yavuze kandi ko Afurika ikwiye guha imbaraga n’icyizere inzego zayo zirimo Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ndetse n’akanama kayo gashinzwe amahoro n’Umutekano, mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano bigenda bivuka.

Indi nkingi, ni imikoranire ya hafi hagati ya Guverinoma ndetse n’inzego z’Umutekano, aho Umukuru w’u Rwanda yavuze ko “Iyo rumwe rufite intege nke, urundi rurahazaharira. Zombi zidakora neza, nta cyizere kiba gihari ndetse nta n’intambwe ifatika yaterwa.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko umutekano utavuze kuba hatariho impungenge z’ibyawuhungabanya, ahubwo ko icyo abayobozi ba Afurika bakwiye gukora, ari uko abaturage b’ibyo Bihugu bagomba kubaho bafite ituze, bahabwa uburenganzira bwabo, ubundi bakagira icyizere cy’ahazaza ntacyo bikanga.

Inkingi ya gatatu y’imikoranire hagati y’Ibihugu, Perezida Kagame yavuze ko nta Gihugu gishobora kubyigezaho kabone nubwo cyaba gifite inzego zishikamye.

Ati “Nubwo waba ufite inzego zishikamye z’imbere mu Gihugu, nta Gihugu na kimwe muri iki gihe gishobora kwihaza mu mutekano kigize nyamwigendaho. Nta na kimwe.”

Yatanze ingero z’ibishobora kubera imbogamizi umutekano, nk’ibikorwa by’iterabwoba, ibyorezo, ibyaha by’ikoranabuhanga, bisaba guhangana na byo habayeho ubufatanye bw’Ibihugu.

Ati “Mu mikoranire, hashobora kubaho gusangizanya amakuru cyangwa gushyiraho komisiyo zihuriweho. Bigomba gukoranwa ubushishozi, ubushake ndetse no mu buryo burimo guhanga udushya.”

Perezida Kagame yavuze ko ubushobozi bwa Afurika bwo kubasha guhangana n’ibibazo by’umutekano, bigomba kuzagaragazwa n’ibisubizo bishakwa n’uyu Mugabane ubwawo, bityo ko Ibihugu biwugize bigomba kurushaho guha imbaraga ubushobozi inzego zabyo, aho buri ari bucye, Ibihugu bikikebuka bikamenya ko iki ari cyo gihe cyo kubwubaka.

Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro kuri uyu wa Mbere
Yagaragaje ibyagiye bituma gushaka umuti w’ibibazo byo ku Mugabane wa Afurika bidashoboka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − seven =

Previous Post

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Next Post

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Related Posts

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro akurikiranyweho kwica ateraguye ibyuma umugore bari bamaranye amezi abiri babana,...

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

IZIHERUKA

RIB yafunze Animateri wiyemerera ko yakubise inshyi mu matwi umunyeshuri bikamuviramo kuvamo amaraso
MU RWANDA

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

by radiotv10
14/06/2025
0

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

14/06/2025
Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

14/06/2025
Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

Perezida wa Afurika y’Epfo yakirijwe amarira ubwo yasuraga abaturahe bagize ibyago

14/06/2025
Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

13/06/2025
Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umugabo arakekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito amuziza ukuri yari amubwije

Korali yatumiye mu gitaramo cyayo iyo muri rindi Torero rikayangira yatanze ubutumwa

Trump yabaye nk’ukina ku mubyimba Iran ku bitero rurangiza byayishegeshe bikanahitana abasirikare bakuru bayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.