Monday, July 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo Trump yahaye uwamubajije ku by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
31/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo Trump yahaye uwamubajije ku by’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze za America, Donald Trump, yavuze ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abizi ko bikomeye, ariko ko muri iki gihe adafite byinshi yabivugaho.

Trump yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 30 Mutarama 2025 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho umwe mu banyamakuru yamubajije ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byazamuye umwuka mubi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Uyu munyamakuru yagize ati “Ibibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bikomeje kuba bibi cyane, ndetse na João Lourenço yagerageje inzira z’ubuhuza hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuko arifuza ko amahoro n’ituze bigaruka, ariko ibibazo biri kurushaho gukara, nifuzaga kumenya niba hari umugambi ufite mu bihe biri imbere ku kugarura amahoro muri DRC.”

Mu kumusubiza mu buryo bwihuse, Donald Trump yagize ati “Urabaza ikibazo cy’u Rwanda, ndabizi ni ikibazo gikomeye cyane rwose ndabyemera, ariko sintekereza ko ari ikibazo cyo kuvugaho nonaha, ariko ndabizi ni ikibazo kiremereye.”

Hirya y’ejo hashize, tariki 29 Mutarama, Perezida Paul Kagame yatangaje ko yagiranye ikiganiro kuri telefone n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, cyibanze ku ngingo zirimo icyakorwa ngo impande zihanganye mu burasirazuba bwa DRC zihagarike imirwano.

Umukuru w’u Rwanda yaboneyeho kandi kuvuga ko yiteguye gukorana n’ubutegetsi bw’iki Gihugu cya USA, mu byatuma mu karere haboneka amahoro n’umutekano.

Yari yagize ati “Niteguye kuzakomeza gukorana n’ubuyobozi bwa Trump mu kuzanira amahoro n’umutekano abaturage akarere kacu bakwiye kugira.”

Ubutegetsi bwa Leta Zunze za America bucyuye igihe, bwari buyobowe na Joe Biden, bwakunze kubogama no kugwa mu mutego w’ikinyoma cy’ibirego byegetswe ku Rwanda, na bwo bugashinja iki Gihugu gufasha umutwe wa M23, gusa bwakunze kuvuga ko bushyigikiye ko umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC ntahandi wava atari uko ubutegetsi bw’iki Gihugu buzemera kuganira n’umutwe wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Icyemezo cy’ubuyobozi cyatumye umwana afungiranwa mu nzu cyazamuye urunturuntu hagati yabwo n’abaturage

Next Post

Umuhanzi Meddy yashyize igorora abari bakumbuye ibihangano bye

Related Posts

Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

by radiotv10
28/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riranenga Radio Okapi iterwa inkunga n’Umuryango w’Abibumbye, riyishinja kubogama no kutariha umwanya mu byo iritangazaho biryibasira, rikavuga ko...

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

by radiotv10
28/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryamaganye ubwicanyi bwakozwe n’umutwe w’iterabwoba wa ADF/NALU bwakorewe abaturage b’abasivile 47 biciwe muri Kiliziya ya Komanda iherereye muri...

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

by radiotv10
25/07/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba yavuze ko umuntu wese ukorana n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u...

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

Kabila wabaye Perezida wa DRCongo aratangira kuburanishwa n’Urukiko rwa Gisirikare ku byaha bikomeye

by radiotv10
25/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ruratangira kuburanisha urubanza ruregwamo Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu...

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

Umupasiteri uri mu bakunzwe yashatse undi mugore hatarashira umwaka apfushije uwa mbere

by radiotv10
24/07/2025
0

Pasiteri Marcelo Tunasi wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uri mu bakozi b’Imana bakurikirwa na benshi muri Afurika, yashyingiranywe...

IZIHERUKA

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi
IMYIDAGADURO

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

28/07/2025
Mu mujinya mwinshi AFC/M23 yageneye ubutumwa ubutegetsi bwa Congo inaburira igisirikare cy’u Burundi

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

28/07/2025
Why many African parents fear talking to their children about sex life?

Why many African parents fear talking to their children about sex life?

28/07/2025
Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

Huye: Abahinzi barashinja aborozi gutuma batagira icyo bakura mu mirima yabo

28/07/2025
AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

AFC/M23 yatangaje gahunda yiyemeje nyuma yuko abantu 47 bicanywe ubugome ndengakamere

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Meddy yashyize igorora abari bakumbuye ibihangano bye

Umuhanzi Meddy yashyize igorora abari bakumbuye ibihangano bye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AFC/M23 yihanangirije kimwe mu bitangazamakuru bikomeye muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.