Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo Trump yahaye uwamubajije ku by’u Rwanda na Congo

radiotv10by radiotv10
31/01/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo Trump yahaye uwamubajije ku by’u Rwanda na Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Leta Zunze za America, Donald Trump, yavuze ko ibibazo biri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, abizi ko bikomeye, ariko ko muri iki gihe adafite byinshi yabivugaho.

Trump yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 30 Mutarama 2025 mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, aho umwe mu banyamakuru yamubajije ku bibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byazamuye umwuka mubi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda.

Uyu munyamakuru yagize ati “Ibibazo biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bikomeje kuba bibi cyane, ndetse na João Lourenço yagerageje inzira z’ubuhuza hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuko arifuza ko amahoro n’ituze bigaruka, ariko ibibazo biri kurushaho gukara, nifuzaga kumenya niba hari umugambi ufite mu bihe biri imbere ku kugarura amahoro muri DRC.”

Mu kumusubiza mu buryo bwihuse, Donald Trump yagize ati “Urabaza ikibazo cy’u Rwanda, ndabizi ni ikibazo gikomeye cyane rwose ndabyemera, ariko sintekereza ko ari ikibazo cyo kuvugaho nonaha, ariko ndabizi ni ikibazo kiremereye.”

Hirya y’ejo hashize, tariki 29 Mutarama, Perezida Paul Kagame yatangaje ko yagiranye ikiganiro kuri telefone n’Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, cyibanze ku ngingo zirimo icyakorwa ngo impande zihanganye mu burasirazuba bwa DRC zihagarike imirwano.

Umukuru w’u Rwanda yaboneyeho kandi kuvuga ko yiteguye gukorana n’ubutegetsi bw’iki Gihugu cya USA, mu byatuma mu karere haboneka amahoro n’umutekano.

Yari yagize ati “Niteguye kuzakomeza gukorana n’ubuyobozi bwa Trump mu kuzanira amahoro n’umutekano abaturage akarere kacu bakwiye kugira.”

Ubutegetsi bwa Leta Zunze za America bucyuye igihe, bwari buyobowe na Joe Biden, bwakunze kubogama no kugwa mu mutego w’ikinyoma cy’ibirego byegetswe ku Rwanda, na bwo bugashinja iki Gihugu gufasha umutwe wa M23, gusa bwakunze kuvuga ko bushyigikiye ko umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC ntahandi wava atari uko ubutegetsi bw’iki Gihugu buzemera kuganira n’umutwe wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − five =

Previous Post

Icyemezo cy’ubuyobozi cyatumye umwana afungiranwa mu nzu cyazamuye urunturuntu hagati yabwo n’abaturage

Next Post

Umuhanzi Meddy yashyize igorora abari bakumbuye ibihangano bye

Related Posts

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

Impanuka ikomeye muri Uganda yahitanye benshi

by radiotv10
22/10/2025
0

Impanuka ikomeye y’imodoka zagonganye zirimo bisi ebyiri zitwara abagenzi, yabereye muri Uganda, yahitanye abantu 63, abandi benshi barakomereka. Iyi mpanuka...

Amakuru mashya y’urugamba rwa M23 yongeye kuvugwamo icyagaragayemo gifatwa nk’icyatunguranye

Amakuru agezweho mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC

by radiotv10
22/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rugizwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’impande zigifasha, rukomeje kurenga ku...

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Byongeye gukomera hagati ya AFC/M23 na FARDC uruhande rumwe rwongera gukoresha intwaro za rutura

by radiotv10
21/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo FARDC rwongeye kurenga ku gahenge rukarasana ubugome bukabije rukoresheje indege z’intambara mu bice...

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

Uko uwabaye Perezida w’u Bufaransa yageze kuri Gereza agiye gufungirwamo nyuma yo gukatirwa

by radiotv10
21/10/2025
0

Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa, yageze kuri Gereza ya La Santé i Paris muri iki Gihugu yayoboye, kugira ngo...

IZIHERUKA

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa
IBYAMAMARE

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

24/10/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

24/10/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

24/10/2025
Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

Umuhanzikazi Marina yavuze amahirwe yagize agatuma akabya inzozi amaranye imyaka 8

23/10/2025
Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

Ntibumva icyatumye ingo zabo zisimbukwa mu guhabwa umuriro w’amashanyarazi

23/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Meddy yashyize igorora abari bakumbuye ibihangano bye

Umuhanzi Meddy yashyize igorora abari bakumbuye ibihangano bye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Annette Murava na Bishop Gafaranga bagaragaye basohokanye umwe agenera undi ubutumwa

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.