Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

radiotv10by radiotv10
12/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza afungurwa vuba na bwangu, ko u Rwanda rwamaze kwigobotora ubukoloni, rudashobora kugendera ku gitutu cya mpatse Ibihugu yabaye amateka.

Ni nyuma yuko Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ifashe ibyemezo kuri uyu wa Kane tariki 11 Nzeri 2025 birimo ibireba u Rwanda, bijyanye na Ingabire Victoire Umuhoza umaze igihe afungiwe ibyaha birimo gushyiraho umutwe w’Abagizi ba nabi.

Mu myanzuro yafashwe n’Inteko Ishinga Amategeko ya EU, harimo ireba Ibihugu nka Cyprus, Togo n’u Rwanda rwasabwe ngo gufungura byihuse uyu munyapolitiki.

Mu nyandiko iri ku rubuga rw’Inteko ya EU, ku birebana n’u Rwanda, iyi nteko yasabye ko “habaho kurekura byihuse kandi nta mananiza Victoire Ingabire, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’u Rwanda, akaba na Perezida w’Ishyaka Dalfa-Umurinzi.”

Abagize iyi Nteko bavuze ko hari ibidakwiye ngo byagiye bikorerwa abatavuga rumwe n’u Rwanda, abanyamakuru ndetse n’abo mu miryango itari iya Leta, ngo bagiye bandagazwa, abandi bagafungwa.

Iki cyemezo cyo kurekura Ingabire Victoire Umuhoza, cyatowe ku bwiganze bw’amajwi 549 batoye bagishyigikiye, mu gihe babiri batoye bacyanga, n’abandi 41 bifashe.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga agira icyo avuga kuri ibi byatangajwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’u Burayi, yagize ati “Ndashaka kwibuza Inteko y’Ubumwe bw’u Burayi ko, niba barabyibagiwe, u Rwanda n’Igihugu gifite ubusugire kandi cyigenga kuva ubukoloni bw’Abanyaburayi bwashyirwaho akadomo. Nta mwanzuro w’Ubukoloni bushya (Neocolonial) ushobora guhindura ibintu bifatika.”

Iyi Nteko Ishinga Amategeko y’ubumwe bw’u Burayi irasabira Ingabire kurekurwa, mu gihe ataranaburana mu mizi, dore ko yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Uyu munyapolitiki Ingabire Victoire wiyemerera ko atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, akurikiranyweho icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha, guteza imvururu, gukwirakwiza amakuru atari yo cyangwa icengezamatwara rigamije kwangisha Leta y’u Rwanda mu Bihugu by’amahanga, gucura umugambi wo gukora ibyaha byo kugirira nabi ubutegetsi buriho ndetse n’icyo kwigaragambya.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Emile says:
    5 months ago

    Reka reka ntarekurwe twe turatekanye nabanze aryozwe Ibyo guhingabanya umutuzo wu Rwanda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − three =

Previous Post

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Next Post

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.