Wednesday, February 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

radiotv10by radiotv10
12/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza afungurwa vuba na bwangu, ko u Rwanda rwamaze kwigobotora ubukoloni, rudashobora kugendera ku gitutu cya mpatse Ibihugu yabaye amateka.

Ni nyuma yuko Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ifashe ibyemezo kuri uyu wa Kane tariki 11 Nzeri 2025 birimo ibireba u Rwanda, bijyanye na Ingabire Victoire Umuhoza umaze igihe afungiwe ibyaha birimo gushyiraho umutwe w’Abagizi ba nabi.

Mu myanzuro yafashwe n’Inteko Ishinga Amategeko ya EU, harimo ireba Ibihugu nka Cyprus, Togo n’u Rwanda rwasabwe ngo gufungura byihuse uyu munyapolitiki.

Mu nyandiko iri ku rubuga rw’Inteko ya EU, ku birebana n’u Rwanda, iyi nteko yasabye ko “habaho kurekura byihuse kandi nta mananiza Victoire Ingabire, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’u Rwanda, akaba na Perezida w’Ishyaka Dalfa-Umurinzi.”

Abagize iyi Nteko bavuze ko hari ibidakwiye ngo byagiye bikorerwa abatavuga rumwe n’u Rwanda, abanyamakuru ndetse n’abo mu miryango itari iya Leta, ngo bagiye bandagazwa, abandi bagafungwa.

Iki cyemezo cyo kurekura Ingabire Victoire Umuhoza, cyatowe ku bwiganze bw’amajwi 549 batoye bagishyigikiye, mu gihe babiri batoye bacyanga, n’abandi 41 bifashe.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga agira icyo avuga kuri ibi byatangajwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’u Burayi, yagize ati “Ndashaka kwibuza Inteko y’Ubumwe bw’u Burayi ko, niba barabyibagiwe, u Rwanda n’Igihugu gifite ubusugire kandi cyigenga kuva ubukoloni bw’Abanyaburayi bwashyirwaho akadomo. Nta mwanzuro w’Ubukoloni bushya (Neocolonial) ushobora guhindura ibintu bifatika.”

Iyi Nteko Ishinga Amategeko y’ubumwe bw’u Burayi irasabira Ingabire kurekurwa, mu gihe ataranaburana mu mizi, dore ko yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Uyu munyapolitiki Ingabire Victoire wiyemerera ko atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, akurikiranyweho icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha, guteza imvururu, gukwirakwiza amakuru atari yo cyangwa icengezamatwara rigamije kwangisha Leta y’u Rwanda mu Bihugu by’amahanga, gucura umugambi wo gukora ibyaha byo kugirira nabi ubutegetsi buriho ndetse n’icyo kwigaragambya.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Emile says:
    5 months ago

    Reka reka ntarekurwe twe turatekanye nabanze aryozwe Ibyo guhingabanya umutuzo wu Rwanda

    Reply

Leave a Reply to Emile Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Next Post

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Related Posts

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

by radiotv10
04/02/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’inzoga z’inkorano bahimbye izina 'Nyirantare', bavuga...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

by radiotv10
04/02/2026
0

Ngendahayo Evariste wari ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Batura mu kagari ka Karenge ho mu murenge wa Rwimbogo mu Karere...

Why many marriages are ending in divorce

Why many marriages are ending in divorce

by radiotv10
04/02/2026
0

Divorce is not something that happens overnight. In most cases, it is the result of problems that grow slowly over...

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

by radiotv10
03/02/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yatanze ubufasha burimo ibiribwa n’imiti nyuma y’ibiza by’imyuzure byibasiye iki Gihugu byasize abakabakaba ibihumbi 400 badafite aho...

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
03/02/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yibukije abantu ko kuba ababyeyi bitabaha uburenganzira bwo guhohotera abana babo,...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 confirms it launched an attack to destroy FARDC military installations in Kisangani
AMAHANGA

Eng.-AFC/M23 confirms it launched an attack to destroy FARDC military installations in Kisangani

by radiotv10
04/02/2026
0

Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

04/02/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko yagabye igitero cyo gusenya ibikorwa bya Gisirikare bya FARDC i Kisangani

04/02/2026
Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

04/02/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

04/02/2026
Why many marriages are ending in divorce

Why many marriages are ending in divorce

04/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AFC/M23 confirms it launched an attack to destroy FARDC military installations in Kisangani

Umunyarwenya 5k Etienne yambitse impeta umukunzi we nyuma y’igihe gito amugaragaje

AFC/M23 yemeje ko yagabye igitero cyo gusenya ibikorwa bya Gisirikare bya FARDC i Kisangani

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.