Wednesday, May 6, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

radiotv10by radiotv10
12/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
1
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza afungurwa vuba na bwangu, ko u Rwanda rwamaze kwigobotora ubukoloni, rudashobora kugendera ku gitutu cya mpatse Ibihugu yabaye amateka.

Ni nyuma yuko Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ifashe ibyemezo kuri uyu wa Kane tariki 11 Nzeri 2025 birimo ibireba u Rwanda, bijyanye na Ingabire Victoire Umuhoza umaze igihe afungiwe ibyaha birimo gushyiraho umutwe w’Abagizi ba nabi.

Mu myanzuro yafashwe n’Inteko Ishinga Amategeko ya EU, harimo ireba Ibihugu nka Cyprus, Togo n’u Rwanda rwasabwe ngo gufungura byihuse uyu munyapolitiki.

Mu nyandiko iri ku rubuga rw’Inteko ya EU, ku birebana n’u Rwanda, iyi nteko yasabye ko “habaho kurekura byihuse kandi nta mananiza Victoire Ingabire, umuyobozi w’abatavuga rumwe n’u Rwanda, akaba na Perezida w’Ishyaka Dalfa-Umurinzi.”

Abagize iyi Nteko bavuze ko hari ibidakwiye ngo byagiye bikorerwa abatavuga rumwe n’u Rwanda, abanyamakuru ndetse n’abo mu miryango itari iya Leta, ngo bagiye bandagazwa, abandi bagafungwa.

Iki cyemezo cyo kurekura Ingabire Victoire Umuhoza, cyatowe ku bwiganze bw’amajwi 549 batoye bagishyigikiye, mu gihe babiri batoye bacyanga, n’abandi 41 bifashe.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga agira icyo avuga kuri ibi byatangajwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’u Burayi, yagize ati “Ndashaka kwibuza Inteko y’Ubumwe bw’u Burayi ko, niba barabyibagiwe, u Rwanda n’Igihugu gifite ubusugire kandi cyigenga kuva ubukoloni bw’Abanyaburayi bwashyirwaho akadomo. Nta mwanzuro w’Ubukoloni bushya (Neocolonial) ushobora guhindura ibintu bifatika.”

Iyi Nteko Ishinga Amategeko y’ubumwe bw’u Burayi irasabira Ingabire kurekurwa, mu gihe ataranaburana mu mizi, dore ko yafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Uyu munyapolitiki Ingabire Victoire wiyemerera ko atavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda, akurikiranyweho icyaha cyo gutangaza amakuru y’ibihuha, guteza imvururu, gukwirakwiza amakuru atari yo cyangwa icengezamatwara rigamije kwangisha Leta y’u Rwanda mu Bihugu by’amahanga, gucura umugambi wo gukora ibyaha byo kugirira nabi ubutegetsi buriho ndetse n’icyo kwigaragambya.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Emile says:
    8 months ago

    Reka reka ntarekurwe twe turatekanye nabanze aryozwe Ibyo guhingabanya umutuzo wu Rwanda

    Reply

Leave a Reply to Emile Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Next Post

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

by radiotv10
05/05/2026
0

Mu bihano byakatiwe Umuvangamiziki Shema Arnold de Bosscher uzwi nka Dj Toxxyk, harimo icy'imirimo y'inyungu rusange, aho itegeko riteganya iki...

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

by radiotv10
05/05/2026
0

Ubuyobozi bw'lkigo cy'lgihugu cyo Kubungabunga Ibidukikije (REMA), bwatangaje ko serivisi zitangirwa ku biro byacyo, zabaye zihagaze mu gihe kitazwi, kikamenyesha...

Rwanda plans to convert fuel vehicles to electric and gas

Rwanda plans to convert fuel vehicles to electric and gas

by radiotv10
05/05/2026
0

The Ministry of Infrastructure has announced plans to convert vehicles that use petroleum products (petrol and diesel) into ones powered...

Eng.-Rwanda seeks re-election for the fifth term to the ITU Council

Eng.-Rwanda seeks re-election for the fifth term to the ITU Council

by radiotv10
05/05/2026
0

Rwanda has submitted its candidacy to be re-elected to the Council of the International Telecommunication Union (ITU) for the fifth...

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

Hatangajwe umubare w’abana bose banditswe mu irangamimerere mu Rwanda muri 2025

by radiotv10
05/05/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko mu mwaka wa 2025, umubare w’abana banditswe mu irangamimerere mu Rwanda ari 356 838,...

IZIHERUKA

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa
AMAHANGA

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

by radiotv10
05/05/2026
0

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

05/05/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

05/05/2026
Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

Indege y’umunyapolitiki uri muri Guverinoma ya Congo imaze imyaka 19 iparitse i Burayi byarangiye ifatiriwe

05/05/2026
Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

Umunyemari Lugumi yagaragaje ikindi kimenyetso ntashidikanywaho ko ari mu rukundo na Alliah Cool

05/05/2026
Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

Nyuma ya RDB ikindi kigo cyatangaje ko cyahagaritse by’agateganyo serivisi zitangirwa ku biro byacyo

05/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imvugo z’ivanguramoko zagaragaye zatumye AFC/M23 itanga umuburo wihutirwa

Iby’ingenzi wamenya ku gihano nsimburagifungo cy’imirimo y’inyungu rusange ivugwa mu gihano nk’icyakatiwe DJ Toxxyk

Abarwanyi ba AFC/M23 bigaruriye agace nyuma y’imirwano ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.