Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Igitekerezo cya Shaddyboo cyatumye bamwe bamwatsaho umuriro kubera ijambo rimwe rikirimo

radiotv10by radiotv10
23/03/2023
in IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Igitekerezo cya Shaddyboo cyatumye bamwe bamwatsaho umuriro kubera ijambo rimwe rikirimo
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu ngingo yazamuye impaka, ni igitekerezo cyatanzwe na bamwe mu Badepite bavuze ko ikiruhuko gihabwa umubyeyi wabyaye gikwiye kuva ku mezi atatu kikaba atandatu. Shaddyboo we yamaganye abari kubyamagana ariko ntibyamworoheye.

Ku wa Kabiri tariki 21 Werurwe 2023, ubwo Minisitiri w’Umurimo n’Abakozi ba Leta, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan yajyaga mu Nteko Ishinga Amategeko, bamwe mu Badepite bagaragaje igitekerezo ko ikirukuko gihabwa umukozi w’umubyeyi wabyaye, gikwiye kuva ku mezi atatu, kikaba amezi atandatu.

Izi ntumwa za rubanda kandi zavuze ko ikiruhuko gihabwa abagabo bafite abagore babyaye, gikwiye kuva ku minsi ine (4) kikaba ukwezi kumwe.

Ni igitekerezo cyateje impaka, aho bamwe bagaragaje ko amezi atandatu ari menshi ku babyeyi, harimo n’abataratinye kuvuga ko abagore bazajya basubira mu kazi barakibagiwe.

Mbabazi Shadia uzwi nka Shaddyboo uzwiho gukoresha imbuga nkoranyambaga, we yamaganye aba bamagana iki gitekerezo cy’Abadepite.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, uyu mubyeyi Mbabazi Shadia usanzwe afite abana, yagize ati “Abagabo muri gutanga ibitekerezo ku bagore, ku itegeko ry’ikiruhuko, muzi uburyo gutwita amezi 9 bigoye?”

Shaddyboo yakomeje akoresha imvugo isa nko kwibasira abagabo bamaganye kiriya gitekerezo, ababaza agira ati “Cyangwa inda za byeri ni zo ziri kubavugisha?”

Abatanze ibitekerezo kuri iki cya Shaddyboo, bamugaragarije ko yatangiye neza igitekerezo cye ariko akagisoza nabi.

Uwitwa Benjamin Imfur kuri Twitter yagize ati “Ariko uba utangiye neza ugasoza nabi, igitekerezo cyawe kigahita kiba impfabusa.”

Sindy Bosco na we yagize ati “Ako kantu ka byeri buriya iyo ukareka sibwo byari kuba byiza Chadia we!”

Undi witwa Gusto Smith yagize ati “Kuko uvuganye ubwenge budahagije uzanamo byeri reka nkwibutse ko imikurire y’abana b’u Rwanda idashingiye ku kuruhuka amezi 6! kuko dore nawe warakuze kandi mama wawe yari umuhinzi.”

Abatanze ibitekerezo kuri iki cya Shaddyboo kandi bagaragaje ko abagabo na bo baba bahuye n’ingorane nyinshi ku buryo mu gihe cyo gutekerezo ababyeyi b’abagore, bakwiye no kwibuka ab’abagabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 1 =

Previous Post

Abakunzi ba ruhago bagiye kongera kwinjira mu bihe by’ibyishimo

Next Post

Amakuru yihariye y’ingenzi ku cyorezo gifite ubukana cyabonetse mu baturanyi b’u Rwanda

Related Posts

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

IZIHERUKA

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
22/12/2025
0

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

Polisi y’u Rwanda yungutse abapolisi 1.900 barimo 330 b’igitsinagore

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru yihariye y’ingenzi ku cyorezo gifite ubukana cyabonetse mu baturanyi b’u Rwanda

Amakuru yihariye y'ingenzi ku cyorezo gifite ubukana cyabonetse mu baturanyi b’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.