Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Igitekerezo cya Shaddyboo cyatumye bamwe bamwatsaho umuriro kubera ijambo rimwe rikirimo

radiotv10by radiotv10
23/03/2023
in IMYIDAGADURO, UDUSHYA
0
Igitekerezo cya Shaddyboo cyatumye bamwe bamwatsaho umuriro kubera ijambo rimwe rikirimo
Share on FacebookShare on Twitter

Imwe mu ngingo yazamuye impaka, ni igitekerezo cyatanzwe na bamwe mu Badepite bavuze ko ikiruhuko gihabwa umubyeyi wabyaye gikwiye kuva ku mezi atatu kikaba atandatu. Shaddyboo we yamaganye abari kubyamagana ariko ntibyamworoheye.

Ku wa Kabiri tariki 21 Werurwe 2023, ubwo Minisitiri w’Umurimo n’Abakozi ba Leta, Rwanyindo Kayirangwa Fanfan yajyaga mu Nteko Ishinga Amategeko, bamwe mu Badepite bagaragaje igitekerezo ko ikirukuko gihabwa umukozi w’umubyeyi wabyaye, gikwiye kuva ku mezi atatu, kikaba amezi atandatu.

Izi ntumwa za rubanda kandi zavuze ko ikiruhuko gihabwa abagabo bafite abagore babyaye, gikwiye kuva ku minsi ine (4) kikaba ukwezi kumwe.

Ni igitekerezo cyateje impaka, aho bamwe bagaragaje ko amezi atandatu ari menshi ku babyeyi, harimo n’abataratinye kuvuga ko abagore bazajya basubira mu kazi barakibagiwe.

Mbabazi Shadia uzwi nka Shaddyboo uzwiho gukoresha imbuga nkoranyambaga, we yamaganye aba bamagana iki gitekerezo cy’Abadepite.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter ye, uyu mubyeyi Mbabazi Shadia usanzwe afite abana, yagize ati “Abagabo muri gutanga ibitekerezo ku bagore, ku itegeko ry’ikiruhuko, muzi uburyo gutwita amezi 9 bigoye?”

Shaddyboo yakomeje akoresha imvugo isa nko kwibasira abagabo bamaganye kiriya gitekerezo, ababaza agira ati “Cyangwa inda za byeri ni zo ziri kubavugisha?”

Abatanze ibitekerezo kuri iki cya Shaddyboo, bamugaragarije ko yatangiye neza igitekerezo cye ariko akagisoza nabi.

Uwitwa Benjamin Imfur kuri Twitter yagize ati “Ariko uba utangiye neza ugasoza nabi, igitekerezo cyawe kigahita kiba impfabusa.”

Sindy Bosco na we yagize ati “Ako kantu ka byeri buriya iyo ukareka sibwo byari kuba byiza Chadia we!”

Undi witwa Gusto Smith yagize ati “Kuko uvuganye ubwenge budahagije uzanamo byeri reka nkwibutse ko imikurire y’abana b’u Rwanda idashingiye ku kuruhuka amezi 6! kuko dore nawe warakuze kandi mama wawe yari umuhinzi.”

Abatanze ibitekerezo kuri iki cya Shaddyboo kandi bagaragaje ko abagabo na bo baba bahuye n’ingorane nyinshi ku buryo mu gihe cyo gutekerezo ababyeyi b’abagore, bakwiye no kwibuka ab’abagabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 1 =

Previous Post

Abakunzi ba ruhago bagiye kongera kwinjira mu bihe by’ibyishimo

Next Post

Amakuru yihariye y’ingenzi ku cyorezo gifite ubukana cyabonetse mu baturanyi b’u Rwanda

Related Posts

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Bosco Nshuti uri mu bitaramo bizenguruka u Burayi, yararikiye abatuye muri Finland kwitegura...

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

by radiotv10
05/06/2025
0

Karomba Gaël uzwi nka Coach Gaël mu ishoramari ry’imyidagaduro mu Rwanda, uherutse gutangaza ko yifuza kuzana mu Rwanda umuhanzi Chris...

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

Ibivugwa nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye muri Label ya 1:55 AM

by radiotv10
03/06/2025
0

Nyuma yuko umuhanzi Kenny Sol asezeye mu nzu ifasha abahanzi ya 1: 55 AM, biravugwa ko yaba agiye kwerecyeza muri...

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

Umuhanzi Nyarwanda uherutse guca amarenga yo kuva muri ‘Label’ yamufashaga byarangiye afashe icyemezo

by radiotv10
03/06/2025
0

Umuhanzi Kenny Sol yamaze gutandukana n’inzu ifasha abahanzi ya 1:55 AM, nyuma yo kubicaho amarenga ko ashobora kuba agiye kuyivamo....

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

by radiotv10
31/05/2025
0

Ibitaramo bizenguruka Igihugu mu iserukiramuco rizwi nka ‘MTN-Iwacu Muzika Festival’ bigiye kongera kuba nk’uko byatangajwe n’abasanzwe babitegura. Sosiyete ya EAP...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru yihariye y’ingenzi ku cyorezo gifite ubukana cyabonetse mu baturanyi b’u Rwanda

Amakuru yihariye y'ingenzi ku cyorezo gifite ubukana cyabonetse mu baturanyi b’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.