Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

radiotv10by radiotv10
20/11/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa Ukraine, nk’uko Leta ya Ukraine yabitangaje.

Ibi bitero byaje bikurikira ibindi u Burusiya bwagabye kuri Ukraine mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri, nabyo byakomerekeje abantu 66 ndetse byangiza ibikorwa remezo by’ingufu n’ubwikorezi, ibyatumye umuriro w’amashanyarazi ubura mu turere tumwe na tumwe mu gihe Ukraine ubu iri mu gihe cy’ubukonje bukabije.

U Burusiya bwagabye ibitero bya drone zirenga 470 n’ibisasu bya misile birenga 48 nk’uko ubuyobozi muri Ukraine bwabitangaje.

Ibi byatumye igihugu cya Pologne, gisanzwe ari umunyamuryango wa OTAN giherereye ku mupaka w’Uburengerazuba bwa Ukraine, gihagarika ingendo zo mu kirere by’agateganyo ndetse cyohereza indege zacyo ngo zirinde ikirere cy’icyo gihugu.

Perezida Volodymyr Zelenskiy, wagombaga kugirira ibiganiro muri Turkiya mu rwego rwo kongera kuzahura ibiganiro by’amahoro n’Uburusiya, yemeje ko inzu z’abaturage nyinshi zo mu mujyi wa Ternopil zarashwe, ndetse avuga ko hashobora kuba hari abandi bantu benshi bakiri munsi y’ibikuta by’izo nzu.

Perezida Zelenskiy yasabye ibihugu by’inshuti na Ukraine kongera igitutu ku Burusiya kugira ngo burangize intambara imaze hafi imyaka ine, ndetse no guha Kyiv misile nyinshi kurushaho zo kurinda ikirere cyayo.

Yagize ati: “Buri gitero cy’ubugome kigabwa kigamije guhitana ubuzima bw’abaturage b’abasivile cyerekana ko igitutu gishyirwa ku Burusiya gikwiye. Ibihano bikaze no guha ubufasha Ukraine ni byo bishobora guhindura ibi.”

Ingano y’ibyangijwe n’ibyo bitero ntiramenyekana, icyakora hashyizweho ingamba zo gusaranganya amashanyarazi ku baturage hirya no hino mu gihugu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 1 =

Previous Post

Eng.-One of the roads connecting two Provinces in Rwanda to be closed for seven hours

Next Post

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.