Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IHOHOTERA: “Banyicaje ku mbabura yaka umuriro” ubuhamya bwa Umutoni-MIGEPROF ibibona ite?

radiotv10by radiotv10
16/07/2021
in MU RWANDA
0
IHOHOTERA: “Banyicaje ku mbabura yaka umuriro” ubuhamya bwa Umutoni-MIGEPROF ibibona ite?
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuhamya bwa bamwe burerekana ko ihohotera rishingiye kukubaza umubiri ritavugwa nk’uko iryo gusambanya abana rivugwa,bityo abarikorewe bagasaba ubukangurambaga kuri iri hohotera.

Umwe mubo RADIOTV10 yasuye mu mujyi wa Kigali mu murenge wa Gatenga asaba ko iri hohotera inzego zarishyiramo ubukangurambaga kandi rigahanishwa ibihano bikomeye.

Umutoni amazina twamuhaye kubw’umutekano we, ni urugero rumwe mu bahuye n’ihohotera ribabaza umubiri, aravuga ko umubyeyi umubyara yamubyaye asambanijwe maze nawe ageze ku myaka umunani gusa uwamureraga amukorera ihohotera ryo ku mubiri nubwo we atarazi ko ibyo akorewe ari ihohotera.

Arabwira umunyamakuru wa RADIOTV10 uko byagenze:

“Umubyeyi wanderaga yazanye umugabo bajya gukora imibonano mpuzabitsina,noneho njya kubarunguruka hamwe n’undi mwana twarikumwe,icyo gihe narimfite imyaka 8 hari mu mwaka w’2000,uwo mumama yahise aza anyicaza kumbabura yariri hanze yaka umuriro ikibuno kirashya cyane”

Umutoni avuga ko ihohotera yakorewe ryamugizeho ingaruka zirimo n’izitarangira ngo kuko Imbabura yicajweho yaka umuriro yamuteye kumugara  kuburyo amabuno ye atareshya.

“Birandenga ,najyaga kumva nkumva umuntu arambwiye ngo ese ko amabuno yawe atangana,bikambabaza cyane kuko ubwo nicaranga kuri ya mbabura narahiye cyane ubu hacitsemo n’umwobo wanze gusibangana ndetse ntanubwo hareshya. Byanteye ubumuga buhoraho”

Image

Ubuhamya bw’uwahohotewe wahaye ubuhamya RadioTV10

Umutoni yishimira ko magingo aya abasha gutanga ubuhamya bigakunda ngo kuko mbere yaturikaga akarira bikamurenga ariko nyuma akivuza akabona ubujyanama binyuze mu mushinga wa shirimpumpu w’abahuye n’ihohotera ritandukanye bihuje ngo baganire bashire intimba.

“Narinziko ntacyatuma nkira agahinda nagize ariko aho ngereye muri Shirimpumpu nkaganira n’abandi bafite ibibazo bias nibyanjye ndetse n’ibiruta ibyange byatumye ngenda nkira ibikomere. Nkubu sinashoboraga kuvuga ibyambayeho kuko nabitangiraga ngahita nturika nkarira,ariko ubu urabona ko ikiganiro kigiye kurangira bitambayeho.”

Umutoni kandi hari icyo yisabira inzego zifata ibyemezo zikwiye kwitaho mu bukangurambaga zikora ndetse no gushyiraho amategeko.

“Iyo uvuze ko wakorewe ihohotera ribabaza umubiri usanga batakumva kimwe n’uwasambanijwe kandi byose ni ihohotera,icyo nakwisabira abayobozi ni uko bashyiriaho ubukangurambaga bumenyekanisha amoko yose yihohotera kandi ntibavuga ngo uwasambanije umwana  ni gufungwa imyaka 25  gusa,ahubwo icyo gihano kijye no kuyandi moko y’ihohotera”

Batamuriza Mireille umuyobozi mukuru ushinzwe iterambere ry’umuryango no kurengera abana muri MIGEPROF avuga ko ubukangurambaga bukorwa ku moko yose y’ihohotera nubwo hari ibigira umwihariko bitewe n’imibare igaragaza ahari icyuho kinini, kandi ngo amategeko ahana ibi byaha arahagije n’ubwo bigaragajwe ko harimo inenge yavugururwa.

Image

Batamuriza Mireille umuyobozi mukuru ushinzwe iterambere ry’umuryango no kurengera abana muri MIGEPROF

Magingo aya umutoni wahuye n’ihohotera ry’inkubirane kuko yaje no gusambanywa, ubu ni umubyeyi w’abana 2 n’umugabo umwe kandi ngo yashyize imbaraga mu kwigisha abana be ibijyanye n’ubuzima imyororokere.

Ihuriro rya shirimpumpu rihuriramo abahuye n’ihohotera ritandukanye ngo baganire kubyababayeho babashe gukira ubu rihuriramo abantu 20, bakaba harimo abagabo n’abagore.

Inkuru ya: Vedaste Kubwimana/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 2 =

Previous Post

APR FC basobanuye uko byagenze ngo Manishimwe Djabel ahabwe akayabo ka miliyoni 45

Next Post

Abarenga 80 bahitanwe n’umwuzure wadukiriye Abadage

Related Posts

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

IZIHERUKA

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)
MU RWANDA

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarenga 80 bahitanwe n’umwuzure wadukiriye Abadage

Abarenga 80 bahitanwe n’umwuzure wadukiriye Abadage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.