Saturday, December 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

IHOHOTERA: “Banyicaje ku mbabura yaka umuriro” ubuhamya bwa Umutoni-MIGEPROF ibibona ite?

radiotv10by radiotv10
16/07/2021
in MU RWANDA
0
IHOHOTERA: “Banyicaje ku mbabura yaka umuriro” ubuhamya bwa Umutoni-MIGEPROF ibibona ite?
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuhamya bwa bamwe burerekana ko ihohotera rishingiye kukubaza umubiri ritavugwa nk’uko iryo gusambanya abana rivugwa,bityo abarikorewe bagasaba ubukangurambaga kuri iri hohotera.

Umwe mubo RADIOTV10 yasuye mu mujyi wa Kigali mu murenge wa Gatenga asaba ko iri hohotera inzego zarishyiramo ubukangurambaga kandi rigahanishwa ibihano bikomeye.

Umutoni amazina twamuhaye kubw’umutekano we, ni urugero rumwe mu bahuye n’ihohotera ribabaza umubiri, aravuga ko umubyeyi umubyara yamubyaye asambanijwe maze nawe ageze ku myaka umunani gusa uwamureraga amukorera ihohotera ryo ku mubiri nubwo we atarazi ko ibyo akorewe ari ihohotera.

Arabwira umunyamakuru wa RADIOTV10 uko byagenze:

“Umubyeyi wanderaga yazanye umugabo bajya gukora imibonano mpuzabitsina,noneho njya kubarunguruka hamwe n’undi mwana twarikumwe,icyo gihe narimfite imyaka 8 hari mu mwaka w’2000,uwo mumama yahise aza anyicaza kumbabura yariri hanze yaka umuriro ikibuno kirashya cyane”

Umutoni avuga ko ihohotera yakorewe ryamugizeho ingaruka zirimo n’izitarangira ngo kuko Imbabura yicajweho yaka umuriro yamuteye kumugara  kuburyo amabuno ye atareshya.

“Birandenga ,najyaga kumva nkumva umuntu arambwiye ngo ese ko amabuno yawe atangana,bikambabaza cyane kuko ubwo nicaranga kuri ya mbabura narahiye cyane ubu hacitsemo n’umwobo wanze gusibangana ndetse ntanubwo hareshya. Byanteye ubumuga buhoraho”

Image

Ubuhamya bw’uwahohotewe wahaye ubuhamya RadioTV10

Umutoni yishimira ko magingo aya abasha gutanga ubuhamya bigakunda ngo kuko mbere yaturikaga akarira bikamurenga ariko nyuma akivuza akabona ubujyanama binyuze mu mushinga wa shirimpumpu w’abahuye n’ihohotera ritandukanye bihuje ngo baganire bashire intimba.

“Narinziko ntacyatuma nkira agahinda nagize ariko aho ngereye muri Shirimpumpu nkaganira n’abandi bafite ibibazo bias nibyanjye ndetse n’ibiruta ibyange byatumye ngenda nkira ibikomere. Nkubu sinashoboraga kuvuga ibyambayeho kuko nabitangiraga ngahita nturika nkarira,ariko ubu urabona ko ikiganiro kigiye kurangira bitambayeho.”

Umutoni kandi hari icyo yisabira inzego zifata ibyemezo zikwiye kwitaho mu bukangurambaga zikora ndetse no gushyiraho amategeko.

“Iyo uvuze ko wakorewe ihohotera ribabaza umubiri usanga batakumva kimwe n’uwasambanijwe kandi byose ni ihohotera,icyo nakwisabira abayobozi ni uko bashyiriaho ubukangurambaga bumenyekanisha amoko yose yihohotera kandi ntibavuga ngo uwasambanije umwana  ni gufungwa imyaka 25  gusa,ahubwo icyo gihano kijye no kuyandi moko y’ihohotera”

Batamuriza Mireille umuyobozi mukuru ushinzwe iterambere ry’umuryango no kurengera abana muri MIGEPROF avuga ko ubukangurambaga bukorwa ku moko yose y’ihohotera nubwo hari ibigira umwihariko bitewe n’imibare igaragaza ahari icyuho kinini, kandi ngo amategeko ahana ibi byaha arahagije n’ubwo bigaragajwe ko harimo inenge yavugururwa.

Image

Batamuriza Mireille umuyobozi mukuru ushinzwe iterambere ry’umuryango no kurengera abana muri MIGEPROF

Magingo aya umutoni wahuye n’ihohotera ry’inkubirane kuko yaje no gusambanywa, ubu ni umubyeyi w’abana 2 n’umugabo umwe kandi ngo yashyize imbaraga mu kwigisha abana be ibijyanye n’ubuzima imyororokere.

Ihuriro rya shirimpumpu rihuriramo abahuye n’ihohotera ritandukanye ngo baganire kubyababayeho babashe gukira ubu rihuriramo abantu 20, bakaba harimo abagabo n’abagore.

Inkuru ya: Vedaste Kubwimana/RadioTV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

APR FC basobanuye uko byagenze ngo Manishimwe Djabel ahabwe akayabo ka miliyoni 45

Next Post

Abarenga 80 bahitanwe n’umwuzure wadukiriye Abadage

Related Posts

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

IZIHERUKA

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
AMAHANGA

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
06/12/2025
0

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abarenga 80 bahitanwe n’umwuzure wadukiriye Abadage

Abarenga 80 bahitanwe n’umwuzure wadukiriye Abadage

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.