Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

radiotv10by radiotv10
27/01/2026
in MU RWANDA
0
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo n’ibisazi by’imbwa biterwa no kurumwa n’imbwa, aho hagaragajwe ko mu mwaka wa 2025 gusa, abariwe na zo mu Rwanda bageze mu 3 200.

Abagera kuri 40% by’abahitanwa n’indwara y’ibisazi by’imbwa ni abana bari munsi y’imyaka 15. Ari yo mpamvu Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), ku bufatanye na Rwanda NGOs Forum, bari mu bukangurambaga bugamije gukumira indwara zititaweho, zirimo n’ibisazi by’imbwa, hasobanurirwa abaturage uburyo bakwirinda kurumwa n’imbwa, cyane cyane hibandwa ku bana bakiri bato.

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Ngoma, mu Murenge wa Remera, bavuga ko igitiza umurindi iki kibazo ari imbwa zizerera mu baturage, zititabwaho n’abazifite, bigatuma ziruma abantu hirya no hino.

Mukamana Chantal avuga ko iki kibazo kibahangayikishije, ati “Hari imbwa usanga zirirwa zitembera mu ngo z’abantu. Aha zijya ziruma abaturage, hari n’abahasiga ubuzima, kuko hari uherutse kwitaba Imana mu Murenge wacu wa Remera azize kurumwa n’imbwa.”

Nsengiyumva Jean Claude, na we avuga ko imbwa zizerera zibangamira umutekano w’abaturage, ati “Hari imbwa ziba zitagira ba nyirazo zigenda mu mihanda, zikajya no mu ngo. Zigeze kuruma umuturanyi wanjye, biraduhangayikishije. Hagize igikorwa gifatwa ku mbwa zizerera byadufasha.”

Umuyobozi Wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Ngoma, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, yatangaje ko hafashwe ingamba zo gukumira kurumwa n’imbwa.

Ati “Zimwe mu ngamba twafashe harimo kubarura imbwa zose, zigakingirwa, izidafite ba nyirazo zikamenyekana, ndetse no guhana abatita ku mbwa zabo.”

Umukozi mu gashami gashinzwe kurwanya indwara zititaweho mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Hitiyaremye Nathan, asaba buri wese kubigira ibye mu kurwanya indwara y’ibisazi by’imbwa dore ko ihangayikishije.

Yagize ati “Abafite imbwa barasabwa kuzirinda kuzerera no kuzibaruza bakazikingiza, kwirinda gushotora imbwa kugira ngo itakuruma. Igihe irumye umuntu, uwo yarumwe agomba koza igikomere n’amazi meza n’isabune mu gihe cy’iminota 15 no kwihutira kujya kwa muganga mbere y’amasaha 24.”

Imibare iheruka yo mu mwaka ushize wa 2025 igaragaza ko mu Gihugu hose habarurwa abantu barenga 3 000 barumwe n’imbwa.

Akarere ka Nyagatare kaza ku mwanya wa mbere, aho abariwe n’imbwa ari 392, Huye ku mwanya wa kabiri ho habarwa 352, Gasabo ikaza ikurikira aho habarwa 249.

Imbwa zitagira ba nyirazo na zo ziri mu ziteye impungenge

Prince Théogène NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − ten =

Previous Post

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Next Post

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Related Posts

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

IZIHERUKA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye
MU RWANDA

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

27/01/2026
Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

26/01/2026
Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.