• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

radiotv10by radiotv10
27/01/2026
in MU RWANDA
0
Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Karere ka Huye baravuga ko igishanga cya Mukura cyari kibafatiye runini mu mibereho ya buri munsi, haba mu buhinzi no mu buhahirane bwabahuzaga n’abo mu yindi Mirenge, cyangiritse bikabije, bagasaba ko hagira igikorwa.

Aba baturage bavuga ko nyuma yo kwangirika bikabije kw’iki gishanga, bahuye n’ibihombo bikomeye kuko cyari isoko y’amafaranga n’ibiribwa ku miryango myinshi.

Ntirenganya Sylvestre, umuturage wo mu Murenge wa Mukura, avuga ko iki gishanga cyamufashaga kubona umusaruro uhagije.

Ati: “Iki gishanga cyadufashaga guhinga imboga n’umuceri, tukabona amafaranga yo kwishyura ishuri ry’abana n’ibindi bikenerwa mu rugo. Ubu cyarangiritse, igice kinini cyatwawe n’isuri.”

Mukamana Chantal, umubyeyi utuye hafi y’iki gishanga, avuga ko n’ubuhahirane bwari bwarateye imbere bwahagaze.

Ati: “Hari abantu baturukaga mu yindi mirenge baza guhaha hano kubera umusaruro wabonekaga. Ubu nta bantu bakiza, nta buhinzi bukibaho, bityo ubukungu bwacu bwarahungabanye, ndetse n’ikiraro cyabahuzaga cyaragiye, ubu ntacyo kimaze.”

Undi muturage witwa Habimana Jean Pierre avuga ko gutunganya iki gishanga birenze ubushobozi bw’abaturage.

Ati: “Niba nta gikorwa gikorwa vuba, iki gishanga kizagenda gitwarwa buhoro buhoro. Kugisana biradusaba ubushobozi tudafite, ni yo mpamvu dusaba ubuyobozi kudufasha.”

Ku ruhande rw’ubuyobozi, Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Ange Sebutege, avuga ko hari gahunda yo kubanza kurwanya isuri ku misozi ikikije iki gishanga.

Ati: “Icy’ibanze ni ugufata ingamba zo kurwanya isuri ku misozi ikikije iki gishanga, hanyuma hakazashakwa ingengo y’imari kugira ngo nacyo gitunganywe neza.”

Aba baturage bavuga ko mu gihe iki gishanga kitakorwa, kizakomeza gutwarwa n’isuri bigatuma ubutaka n’imyaka yabo bikomeza kwangirika, bityo bakagira impungenge ku mibereho yabo n’ejo hazaza.

Iki gishanga cyarangiritse bikabije
Bavuga ko cyari kibafatiye runini
None imibereho yabo yajemo ibibazo

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − four =

Previous Post

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

Next Post

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y'uko gihagaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.