Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ikibazo cyugarije urubyiruko cyongeye guhagurutsa inzobere zigitangaho ibitekerezo bishya

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ikibazo cyugarije urubyiruko cyongeye guhagurutsa inzobere zigitangaho ibitekerezo bishya
Share on FacebookShare on Twitter

Inzobere mu guteza imbere umurimo mu Bihugu byo muri Afurika, zivuga ko kuba urubyiruko rwugarijwe n’ubushomeri bigira ingaruka ku mibereho yarwo no ku iterambere ry’Ibihugu, zikavuga ko hakenewe impinduka mu guhangana n’iki kibazo.

Izi nzobere mu Bihugu bitandukanye ku isi, zigaragaza ko kubona imirimo ishobora gutunga abayikora bikiri ikibazo gikomeye. Umubare munini w’abaturage wiganje mu mirimo itanditse, ibafasha gucuma iminsi ariko ntibashobore gutera imbere.

Hendrina Doroba uyobora ishami rishinzwe uburezi no gukarishya ubwenge muri Banki Nyafurika itsura amajyambere, yagize ati “Ni ingezi cyane kuzirikana ingaruka z’ubushomeri bwugarije urubyiruko rwa Afurika. Umubare w’urubyiruko uriyongera, ariko isoko ry’umurimo ntirihura n’abayikeneye. Tuzi ko 83% by’urubyiruko rungana na miliyoni 18 binjira ku isoko ry’umurimo buri mwaka mu Bihugu byo munsi y’ubutayu bwa Sahara; babura akazi.”

André Bogui umuyobozi mukuru wungirije w’umuryango mpuzamahanga ushizwe umurimo; avuga ko iki kibazo gikomeye kubera ko bituma uru rubyiruko rugorwa n’imibereho.

Ati “Ikibazo gikomeye uyu munsi, ni uko hari miliyoni nyinshi z’urubyiruko ruzahajwe n’ubushomeri. Abenshi bajya mu mirimo itanditse kandi idashobora kubateza imbere. Ubuzima bwabo burangirika kubera ko badafite amashuri yabahesha ubumenyi bw’umwuga.”

Ku ruhande rw’u Rwanda Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Fanfan Rwanyindo Kayirangwa avuga ko n’imirimo micye ihari itagira abayikora kubera ubumenyi bucye bafite.

Ati “Reka mbibutse ko ubumenyi budahuye n’isoko ry’umurimo bukomeje kuba imbogamizi mu guhanga imirimo no gutanga umusaruro. Ndetse binagira n’ingaruka zikomeye ku bukungu bw’Ibihugu byacu. Ubushakashatsi bugaragaza ko abakoresha batatu muri bane bavuga ko batigeze banyurwa n’ubushobozi bw’abakozi babo.”

Umunyemari Karere Denis, na we aherutse kubivugira imbere y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame mu Nama y’Igihugu y’Umushikirano yabaye mu mpera za Gashyantare 2023.

Yagize ati “Ariko abantu bafite impamyabumenyi ntabwo bazi kwandika inyandiko zisaba akazi. Ku bantu icumi bagusaba akazi, hanyuramo nk’umwe na we aba ari muri za 60%. Ndibaza ireme ry’uburezi ryagiye hehe?”

Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya yavuze ko bitaragera ku rwego babivugaho, icyakora na we yemeye ko hari ikigomba gukorwa.

Ati “Tubivuze muri rusange tukavuga ko ireme ntarihari, ngira ngo twese twaba tuvuga ko twicaye aha nta reme dufite cyangwa ntacyo dushobora gukora. Ntirihari ku rugero rushimishije. Ni yo mpamvu urwego rw’uburezi bisaba byinshi mu kubaka ubushobozi bw’abakora muri urwo rwego cyane cyane duhereye kuri mwarimu.”  

Perezida Kagame yabitanzeho umurongo, agira ati “Ugize abantu benshi bize badafite akazi ni ikibazo. Ariko ni ikibazo kimwe ugomba gukemura. Ikibazo kimwe ugomba gukemura ni uguhuza ubwo bumenyi n’akazi. Ni cyo kibazo gusa ufite. Ariko kugira abatize badafite akazi, ni ibibazo bibiri. […] Na none ntibivuze ko uzarangiza kwiga wese azabona akazi. Ariko hari n’ubwo bitari ngombwa kukabona kuko akazi abantu iyo bize bashobora kwihangira imirimo.  Ariko utize kwihangira imirimo biragoye.” 

Abashinzwe umurimo bavuga ko inzego zifata ibyemezo zigomba gushora amafaranga menshi mu guhanga imiromo no gufasha urubyiruko kugira ubumenyi buhuye n’igihe cy’ikoranabuhanga.

URwanda rufite umuhigo wo guhanga imirimo ingana na miliyoni imwe n’igice bitarenze mu mwaka wa 2024. Icyo ngo ni kimwe mu bisubizo by’ubushomeri bukomeje kwibasira urubyiruko.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 13 =

Previous Post

Icyemezo cya mbere cy’Urukiko cyafatiwe Moses Turahirwa cyatangajwe

Next Post

Iby’umuneke wagurishwaga milliyoni 120Frw mu imurikagurisha uko byarangiye byateye urujijo

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’umuneke wagurishwaga milliyoni 120Frw mu imurikagurisha uko byarangiye byateye urujijo

Iby’umuneke wagurishwaga milliyoni 120Frw mu imurikagurisha uko byarangiye byateye urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.