Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ikibazo cyugarije urubyiruko cyongeye guhagurutsa inzobere zigitangaho ibitekerezo bishya

radiotv10by radiotv10
16/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ikibazo cyugarije urubyiruko cyongeye guhagurutsa inzobere zigitangaho ibitekerezo bishya
Share on FacebookShare on Twitter

Inzobere mu guteza imbere umurimo mu Bihugu byo muri Afurika, zivuga ko kuba urubyiruko rwugarijwe n’ubushomeri bigira ingaruka ku mibereho yarwo no ku iterambere ry’Ibihugu, zikavuga ko hakenewe impinduka mu guhangana n’iki kibazo.

Izi nzobere mu Bihugu bitandukanye ku isi, zigaragaza ko kubona imirimo ishobora gutunga abayikora bikiri ikibazo gikomeye. Umubare munini w’abaturage wiganje mu mirimo itanditse, ibafasha gucuma iminsi ariko ntibashobore gutera imbere.

Hendrina Doroba uyobora ishami rishinzwe uburezi no gukarishya ubwenge muri Banki Nyafurika itsura amajyambere, yagize ati “Ni ingezi cyane kuzirikana ingaruka z’ubushomeri bwugarije urubyiruko rwa Afurika. Umubare w’urubyiruko uriyongera, ariko isoko ry’umurimo ntirihura n’abayikeneye. Tuzi ko 83% by’urubyiruko rungana na miliyoni 18 binjira ku isoko ry’umurimo buri mwaka mu Bihugu byo munsi y’ubutayu bwa Sahara; babura akazi.”

André Bogui umuyobozi mukuru wungirije w’umuryango mpuzamahanga ushizwe umurimo; avuga ko iki kibazo gikomeye kubera ko bituma uru rubyiruko rugorwa n’imibereho.

Ati “Ikibazo gikomeye uyu munsi, ni uko hari miliyoni nyinshi z’urubyiruko ruzahajwe n’ubushomeri. Abenshi bajya mu mirimo itanditse kandi idashobora kubateza imbere. Ubuzima bwabo burangirika kubera ko badafite amashuri yabahesha ubumenyi bw’umwuga.”

Ku ruhande rw’u Rwanda Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Fanfan Rwanyindo Kayirangwa avuga ko n’imirimo micye ihari itagira abayikora kubera ubumenyi bucye bafite.

Ati “Reka mbibutse ko ubumenyi budahuye n’isoko ry’umurimo bukomeje kuba imbogamizi mu guhanga imirimo no gutanga umusaruro. Ndetse binagira n’ingaruka zikomeye ku bukungu bw’Ibihugu byacu. Ubushakashatsi bugaragaza ko abakoresha batatu muri bane bavuga ko batigeze banyurwa n’ubushobozi bw’abakozi babo.”

Umunyemari Karere Denis, na we aherutse kubivugira imbere y’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Paul Kagame mu Nama y’Igihugu y’Umushikirano yabaye mu mpera za Gashyantare 2023.

Yagize ati “Ariko abantu bafite impamyabumenyi ntabwo bazi kwandika inyandiko zisaba akazi. Ku bantu icumi bagusaba akazi, hanyuramo nk’umwe na we aba ari muri za 60%. Ndibaza ireme ry’uburezi ryagiye hehe?”

Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya yavuze ko bitaragera ku rwego babivugaho, icyakora na we yemeye ko hari ikigomba gukorwa.

Ati “Tubivuze muri rusange tukavuga ko ireme ntarihari, ngira ngo twese twaba tuvuga ko twicaye aha nta reme dufite cyangwa ntacyo dushobora gukora. Ntirihari ku rugero rushimishije. Ni yo mpamvu urwego rw’uburezi bisaba byinshi mu kubaka ubushobozi bw’abakora muri urwo rwego cyane cyane duhereye kuri mwarimu.”  

Perezida Kagame yabitanzeho umurongo, agira ati “Ugize abantu benshi bize badafite akazi ni ikibazo. Ariko ni ikibazo kimwe ugomba gukemura. Ikibazo kimwe ugomba gukemura ni uguhuza ubwo bumenyi n’akazi. Ni cyo kibazo gusa ufite. Ariko kugira abatize badafite akazi, ni ibibazo bibiri. […] Na none ntibivuze ko uzarangiza kwiga wese azabona akazi. Ariko hari n’ubwo bitari ngombwa kukabona kuko akazi abantu iyo bize bashobora kwihangira imirimo.  Ariko utize kwihangira imirimo biragoye.” 

Abashinzwe umurimo bavuga ko inzego zifata ibyemezo zigomba gushora amafaranga menshi mu guhanga imiromo no gufasha urubyiruko kugira ubumenyi buhuye n’igihe cy’ikoranabuhanga.

URwanda rufite umuhigo wo guhanga imirimo ingana na miliyoni imwe n’igice bitarenze mu mwaka wa 2024. Icyo ngo ni kimwe mu bisubizo by’ubushomeri bukomeje kwibasira urubyiruko.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Icyemezo cya mbere cy’Urukiko cyafatiwe Moses Turahirwa cyatangajwe

Next Post

Iby’umuneke wagurishwaga milliyoni 120Frw mu imurikagurisha uko byarangiye byateye urujijo

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’umuneke wagurishwaga milliyoni 120Frw mu imurikagurisha uko byarangiye byateye urujijo

Iby’umuneke wagurishwaga milliyoni 120Frw mu imurikagurisha uko byarangiye byateye urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.