Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikiganiro cya mbere cya Jado Castar kuva yafungurwa: Yizeje kongera kumvikana vuba

radiotv10by radiotv10
16/05/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Ikiganiro cya mbere cya Jado Castar kuva yafungurwa: Yizeje kongera kumvikana vuba
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka Jado Castar warangije igihano yari yarakatiwe, yizeje ko mu gihe cya vuba agaruka mu mwuga w’itangazamakuru kandi ko afite ingufu nyinshi zo gukomeza ibyo yakoraga.

Bagirishya Jean de Dieu AKA Jado Castar wahoze ari Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe Amarushanwa mu Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Volleyball (FRVB), aherutse gusohoka muri Gereza arangije igihano cy’amezi umunani yari yarakatiwe.

Mu kiganiro cyakozweho inkuru na RADIOTV10, Jado Castar yagiranye Radio B&B FM Umwezi asanzwe anakorera, yagarutse ku ifungwa rye, avuga ko yagize ibyago akagongana n’amategeko ariko ko yabonye ubutabera.

Ati “Kugongana n’itegeko ni ikintu cyoroshye ngira ngo nanakubwire ngo kugongana n’itegeko ntabwo bigira umuntu umunyabyaha, umunyabyaha ni ikindi kindi.”

Yagarutse ku buzima bwe muri Gereza amazemo amezi umunani, avuga ko hariya hari abantu “ndetse b’abagabo kurenza uko mwe muri hanze mwanabyumva nkaba ntanashidikanya ko igihe bazaba baje muri sosiyete bazaba abantu b’ingirakamaro […] abenshi ndetse bari hariya nibagaruka muri sosiyete ni abantu bazabyara umusaruro.”

Jado Castar wanashimiye imikorere y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, yavuze ko isura yinjiranye muri Gereza atari yo yahasanze.

Uyu mugabo yahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano kugira ngo yuzuze inshingano, ubwo yashakiraga ibyangombwa bamwe mu bakinnyi bakiniye ikipe y’Igihugu y’abagore ya Volleyball mu Gikombe cya Afurika cyabereye mu Rwanda umwaka ushize bigatuma u Rwanda ruhagarikwa ndetse rukanafatirwa ibihano.

Jado Castar waburanye yemera icyaha, muri iki kiganiro yongeye kubisubiramo ko yemera icyaha yakoze, aboneraho kongera gusaba imbabazi Perezida wa Repubulika n’Abanyarwanda bose muri rusange.

Ati “Nshimira Abanyarwanda ko batananteye amabuye cyane. Iryo ni isomo rero ryo kuvuga ngo twese ibyo dukora tuba duharanira inyungu, ishema n’ibyiza by’Igihugu ariko isomo rya mbere ugomba kubikora wirinda kugongana n’amategeko.”

Jado Castar ukomeza avuga ko azakomeza guharanira ishema n’ibyiza by’Igihugu ariko anyuze mu nzira zemewe n’amategeko, yavuze ko nta gihe kinini kiri bushire atongeye kumvikana mu biganiro yakoraga, aboneraho gushimira uburyo yakiriwe muri Gereza n’abantu bari basanzwe bamuzi kubera byo.

Ati “Byaba ari ubugwari kuba batarantereranye, ngo njye nge kubatererana. Ndahari.”

Yavuze ko kubera aya mezi umunani ashize ari muri Gereza, bimusaba gukora cyane ku buryo agiye kwagura ibyo yakoraga ariko ko umwanya wa mbere ari uw’itangazamakuru.

Jado Castar yavuze ko agiye gufata icyumweru kimwe akaruhuka akabasha no kwita ku muryango, ubundi agasubira mu mirimo.

Ati “Icyo nabwira Abanyarwanda ni uko mu ngufu zose n’ibyo nakoraga byose, mfite ingufu, mfite confidence, nta muntu n’umwe mfitiye uguhora cyangwa akangononwa, umutima wanjye urabohotse, ntewe ishema n’Igihugu cyanjye…”

Jado Castar ushima ubutabera yahawe, yari yabanje gukatirwa igifungo cy’imyaka ibiri n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, ajuririra mu Rukiko Rukuru rwamugabanyirije igihano rukamukatira amezi umunani.

Abakorana na Jado Castar bamuhaye ikaze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 1 =

Previous Post

Dosiye y’ikirego cya Miss Iradukunda Elsa yazamuwe

Next Post

Paris: Uwabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu 1992-1993 yiyambajwe mu rubanza rwa Bucyibaruka

Related Posts

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ubwo u Burundi bwari bukomeje kongera umubare w’Ingabo muri DRC, ndetse zimwe zijya gushinga ibirindiro...

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

by radiotv10
11/12/2025
0

The President of the Republic, Paul Kagame, said that the fighting that has been taking place in parts of South...

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

by radiotv10
11/12/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abakomeje kwikoreza u Rwanda ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bakwiye kwibuka ko atari...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

IZIHERUKA

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

by radiotv10
11/12/2025
0

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

11/12/2025
Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

11/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Paris: Uwabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu 1992-1993 yiyambajwe mu rubanza rwa Bucyibaruka

Paris: Uwabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu 1992-1993 yiyambajwe mu rubanza rwa Bucyibaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yavuze uko yahamagaye Ndayishimiye w’u Burundi ku biteye impungenge yabonaga n’icyo yamusubije

President Kagame dismisses claims of violating the recent Washington Accords

Ntabwo u Rwanda rwaremwe n’abantu-Perezida Kagame yageneye ubutumwa abikoreza u Rwanda imitwaro y’abandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.