Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikiganiro cya mbere cya Jado Castar kuva yafungurwa: Yizeje kongera kumvikana vuba

radiotv10by radiotv10
16/05/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Ikiganiro cya mbere cya Jado Castar kuva yafungurwa: Yizeje kongera kumvikana vuba
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka Jado Castar warangije igihano yari yarakatiwe, yizeje ko mu gihe cya vuba agaruka mu mwuga w’itangazamakuru kandi ko afite ingufu nyinshi zo gukomeza ibyo yakoraga.

Bagirishya Jean de Dieu AKA Jado Castar wahoze ari Visi Perezida wa Kabiri ushinzwe Amarushanwa mu Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wa Volleyball (FRVB), aherutse gusohoka muri Gereza arangije igihano cy’amezi umunani yari yarakatiwe.

Mu kiganiro cyakozweho inkuru na RADIOTV10, Jado Castar yagiranye Radio B&B FM Umwezi asanzwe anakorera, yagarutse ku ifungwa rye, avuga ko yagize ibyago akagongana n’amategeko ariko ko yabonye ubutabera.

Ati “Kugongana n’itegeko ni ikintu cyoroshye ngira ngo nanakubwire ngo kugongana n’itegeko ntabwo bigira umuntu umunyabyaha, umunyabyaha ni ikindi kindi.”

Yagarutse ku buzima bwe muri Gereza amazemo amezi umunani, avuga ko hariya hari abantu “ndetse b’abagabo kurenza uko mwe muri hanze mwanabyumva nkaba ntanashidikanya ko igihe bazaba baje muri sosiyete bazaba abantu b’ingirakamaro […] abenshi ndetse bari hariya nibagaruka muri sosiyete ni abantu bazabyara umusaruro.”

Jado Castar wanashimiye imikorere y’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, yavuze ko isura yinjiranye muri Gereza atari yo yahasanze.

Uyu mugabo yahamijwe icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano kugira ngo yuzuze inshingano, ubwo yashakiraga ibyangombwa bamwe mu bakinnyi bakiniye ikipe y’Igihugu y’abagore ya Volleyball mu Gikombe cya Afurika cyabereye mu Rwanda umwaka ushize bigatuma u Rwanda ruhagarikwa ndetse rukanafatirwa ibihano.

Jado Castar waburanye yemera icyaha, muri iki kiganiro yongeye kubisubiramo ko yemera icyaha yakoze, aboneraho kongera gusaba imbabazi Perezida wa Repubulika n’Abanyarwanda bose muri rusange.

Ati “Nshimira Abanyarwanda ko batananteye amabuye cyane. Iryo ni isomo rero ryo kuvuga ngo twese ibyo dukora tuba duharanira inyungu, ishema n’ibyiza by’Igihugu ariko isomo rya mbere ugomba kubikora wirinda kugongana n’amategeko.”

Jado Castar ukomeza avuga ko azakomeza guharanira ishema n’ibyiza by’Igihugu ariko anyuze mu nzira zemewe n’amategeko, yavuze ko nta gihe kinini kiri bushire atongeye kumvikana mu biganiro yakoraga, aboneraho gushimira uburyo yakiriwe muri Gereza n’abantu bari basanzwe bamuzi kubera byo.

Ati “Byaba ari ubugwari kuba batarantereranye, ngo njye nge kubatererana. Ndahari.”

Yavuze ko kubera aya mezi umunani ashize ari muri Gereza, bimusaba gukora cyane ku buryo agiye kwagura ibyo yakoraga ariko ko umwanya wa mbere ari uw’itangazamakuru.

Jado Castar yavuze ko agiye gufata icyumweru kimwe akaruhuka akabasha no kwita ku muryango, ubundi agasubira mu mirimo.

Ati “Icyo nabwira Abanyarwanda ni uko mu ngufu zose n’ibyo nakoraga byose, mfite ingufu, mfite confidence, nta muntu n’umwe mfitiye uguhora cyangwa akangononwa, umutima wanjye urabohotse, ntewe ishema n’Igihugu cyanjye…”

Jado Castar ushima ubutabera yahawe, yari yabanje gukatirwa igifungo cy’imyaka ibiri n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo, ajuririra mu Rukiko Rukuru rwamugabanyirije igihano rukamukatira amezi umunani.

Abakorana na Jado Castar bamuhaye ikaze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 2 =

Previous Post

Dosiye y’ikirego cya Miss Iradukunda Elsa yazamuwe

Next Post

Paris: Uwabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu 1992-1993 yiyambajwe mu rubanza rwa Bucyibaruka

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Paris: Uwabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu 1992-1993 yiyambajwe mu rubanza rwa Bucyibaruka

Paris: Uwabaye Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda mu 1992-1993 yiyambajwe mu rubanza rwa Bucyibaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.