Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye

radiotv10by radiotv10
14/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigega Agaciro Development Fund (AgDF) cyashoye imari ya Miliyoni 8 USD (Miliyari 8 Frw) mu isoko ry’imari n’imigabane rya Banki y’Ubucuruzi n’Iterambere ya Afurika y’Iburasirazuba n’iya’Amajyepfo, bituma iki kigega kiba umwe mu banyamigabane b’iyi Banki.

Perezida w’Ikigo TDB Group gifite iyi banki ya Eastern and Southern African Trade and Development Bank (TDB), Admassu Tadesse yashimiye Agaciro Development Fund kuba iki kigega kibaye icya mbere cyashibutse mu kwigira kw’Abanyagihugu gishoye imari mu isoko ry’imari ry’iyi banki.

Yagize ati “Ibi biratwereka ko iri shoramari rikomeje gukuza urwunguko ndetse n’icyizere ibigo by’abashoramari bafitiye amahirwe ya TDB.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund, Gilbert Nyatanyi, yagarutse ku mateka y’iki Kigega cyatangiye abantu bitanga ku bushake bwabo yaba Abanyarwanda ndetse n’inshuti zabo, kikaza gutangira gushora imari kugira ngo ayo mafaranga y’Abanyarwanda abyare inyungu.

Yagize ati “Ni yo mpamvu mu cyiciro giherutse gutangizwa cyo gushora imari mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ikigega kugira ngo haboneke urwunguko. Gushora imari muri TDB biri muri uwo murongo.”

Kuva iyi banki yatangira, ibigo by’ishoramari, byayishoyemo miliyoni zikabakaba 258 USD.

Iyi banki isanzwe ifite abanyamigabane b’ibihugu 23 by’ibinyamuryango ndetse n’ibindi bibiri bitari mu banyamuryango ariko bikaba ari abanyamigabane, mu gihe kugeza ubu ifite ibigo 19 birimo ikigega Agaciro Development Fund ari na cyo giheruka kwinjiramo.

Ibyo bigo birimo ibyo ku Mugabane wa Afurika ndetse n’ibindi byo ku yindi Migabane nk’u Burayi na Asia birimo iby’ubwiteganyirize n’iby’ubwishingizi, iby’iterambere ry’ubukungu n’iki cyo kwigira kw’Abanyarwanda.

Iyi Banki ya Eastern and Southern African Trade and Development Bank (TDB), yashinzwe mu 1985, aho cyatangiranye n’ibigo 41 by’abanyamigabane ndetse n’imari y’umutungo ya Miliyari 8 USD.

Ikigega Agaciro Development Fund (Agaciro), cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda ubwo Igihugu cyabo cyari gihuye n’ibibazo by’ubukungu kubera ibihano cyari kimaze gufatirwa, cyatangijwe ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame tariki 23 Kanama 2012.

Cyatangiranye miliyoni 18 USD yari avuye mu Banyarwanda n’inshuti zabo bitanze. Kugeza mu mpera za 2021, umutungo w’iki Kigega Agaciro Development Fund, wari umaze kugera kuri Miliyoni 250 USD.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + 11 =

Previous Post

Bwa mbere Jimmy Gatete yavuze icyatumye amara imyaka irenga 10 adakandagira mu Rwanda

Next Post

Umunyaduhigo muri Basketball yagaragaje uko afata umunyabigwi muri Football Jimmy Gatete

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi
AMAHANGA

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

by radiotv10
10/12/2025
0

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

10/12/2025
BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

10/12/2025
Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyaduhigo muri Basketball yagaragaje uko afata umunyabigwi muri Football Jimmy Gatete

Umunyaduhigo muri Basketball yagaragaje uko afata umunyabigwi muri Football Jimmy Gatete

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.