Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye

radiotv10by radiotv10
14/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigega Agaciro Development Fund (AgDF) cyashoye imari ya Miliyoni 8 USD (Miliyari 8 Frw) mu isoko ry’imari n’imigabane rya Banki y’Ubucuruzi n’Iterambere ya Afurika y’Iburasirazuba n’iya’Amajyepfo, bituma iki kigega kiba umwe mu banyamigabane b’iyi Banki.

Perezida w’Ikigo TDB Group gifite iyi banki ya Eastern and Southern African Trade and Development Bank (TDB), Admassu Tadesse yashimiye Agaciro Development Fund kuba iki kigega kibaye icya mbere cyashibutse mu kwigira kw’Abanyagihugu gishoye imari mu isoko ry’imari ry’iyi banki.

Yagize ati “Ibi biratwereka ko iri shoramari rikomeje gukuza urwunguko ndetse n’icyizere ibigo by’abashoramari bafitiye amahirwe ya TDB.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund, Gilbert Nyatanyi, yagarutse ku mateka y’iki Kigega cyatangiye abantu bitanga ku bushake bwabo yaba Abanyarwanda ndetse n’inshuti zabo, kikaza gutangira gushora imari kugira ngo ayo mafaranga y’Abanyarwanda abyare inyungu.

Yagize ati “Ni yo mpamvu mu cyiciro giherutse gutangizwa cyo gushora imari mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ikigega kugira ngo haboneke urwunguko. Gushora imari muri TDB biri muri uwo murongo.”

Kuva iyi banki yatangira, ibigo by’ishoramari, byayishoyemo miliyoni zikabakaba 258 USD.

Iyi banki isanzwe ifite abanyamigabane b’ibihugu 23 by’ibinyamuryango ndetse n’ibindi bibiri bitari mu banyamuryango ariko bikaba ari abanyamigabane, mu gihe kugeza ubu ifite ibigo 19 birimo ikigega Agaciro Development Fund ari na cyo giheruka kwinjiramo.

Ibyo bigo birimo ibyo ku Mugabane wa Afurika ndetse n’ibindi byo ku yindi Migabane nk’u Burayi na Asia birimo iby’ubwiteganyirize n’iby’ubwishingizi, iby’iterambere ry’ubukungu n’iki cyo kwigira kw’Abanyarwanda.

Iyi Banki ya Eastern and Southern African Trade and Development Bank (TDB), yashinzwe mu 1985, aho cyatangiranye n’ibigo 41 by’abanyamigabane ndetse n’imari y’umutungo ya Miliyari 8 USD.

Ikigega Agaciro Development Fund (Agaciro), cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda ubwo Igihugu cyabo cyari gihuye n’ibibazo by’ubukungu kubera ibihano cyari kimaze gufatirwa, cyatangijwe ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame tariki 23 Kanama 2012.

Cyatangiranye miliyoni 18 USD yari avuye mu Banyarwanda n’inshuti zabo bitanze. Kugeza mu mpera za 2021, umutungo w’iki Kigega Agaciro Development Fund, wari umaze kugera kuri Miliyoni 250 USD.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + twelve =

Previous Post

Bwa mbere Jimmy Gatete yavuze icyatumye amara imyaka irenga 10 adakandagira mu Rwanda

Next Post

Umunyaduhigo muri Basketball yagaragaje uko afata umunyabigwi muri Football Jimmy Gatete

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years
IMYIDAGADURO

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

by radiotv10
09/01/2026
0

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

09/01/2026
Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

Ibyo kwitega mu mikino imaze kwigarurira imitima ya benshi mu Rwanda yagarutse

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyaduhigo muri Basketball yagaragaje uko afata umunyabigwi muri Football Jimmy Gatete

Umunyaduhigo muri Basketball yagaragaje uko afata umunyabigwi muri Football Jimmy Gatete

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Fashion Trends Always Come Back After Many Years

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.