Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye

radiotv10by radiotv10
14/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI, UBUKUNGU
0
Ikigega cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda cyashoye Miliyari 8Frw muri Banki ikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigega Agaciro Development Fund (AgDF) cyashoye imari ya Miliyoni 8 USD (Miliyari 8 Frw) mu isoko ry’imari n’imigabane rya Banki y’Ubucuruzi n’Iterambere ya Afurika y’Iburasirazuba n’iya’Amajyepfo, bituma iki kigega kiba umwe mu banyamigabane b’iyi Banki.

Perezida w’Ikigo TDB Group gifite iyi banki ya Eastern and Southern African Trade and Development Bank (TDB), Admassu Tadesse yashimiye Agaciro Development Fund kuba iki kigega kibaye icya mbere cyashibutse mu kwigira kw’Abanyagihugu gishoye imari mu isoko ry’imari ry’iyi banki.

Yagize ati “Ibi biratwereka ko iri shoramari rikomeje gukuza urwunguko ndetse n’icyizere ibigo by’abashoramari bafitiye amahirwe ya TDB.”

Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund, Gilbert Nyatanyi, yagarutse ku mateka y’iki Kigega cyatangiye abantu bitanga ku bushake bwabo yaba Abanyarwanda ndetse n’inshuti zabo, kikaza gutangira gushora imari kugira ngo ayo mafaranga y’Abanyarwanda abyare inyungu.

Yagize ati “Ni yo mpamvu mu cyiciro giherutse gutangizwa cyo gushora imari mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ikigega kugira ngo haboneke urwunguko. Gushora imari muri TDB biri muri uwo murongo.”

Kuva iyi banki yatangira, ibigo by’ishoramari, byayishoyemo miliyoni zikabakaba 258 USD.

Iyi banki isanzwe ifite abanyamigabane b’ibihugu 23 by’ibinyamuryango ndetse n’ibindi bibiri bitari mu banyamuryango ariko bikaba ari abanyamigabane, mu gihe kugeza ubu ifite ibigo 19 birimo ikigega Agaciro Development Fund ari na cyo giheruka kwinjiramo.

Ibyo bigo birimo ibyo ku Mugabane wa Afurika ndetse n’ibindi byo ku yindi Migabane nk’u Burayi na Asia birimo iby’ubwiteganyirize n’iby’ubwishingizi, iby’iterambere ry’ubukungu n’iki cyo kwigira kw’Abanyarwanda.

Iyi Banki ya Eastern and Southern African Trade and Development Bank (TDB), yashinzwe mu 1985, aho cyatangiranye n’ibigo 41 by’abanyamigabane ndetse n’imari y’umutungo ya Miliyari 8 USD.

Ikigega Agaciro Development Fund (Agaciro), cyashibutse mu kwigira kw’Abanyarwanda ubwo Igihugu cyabo cyari gihuye n’ibibazo by’ubukungu kubera ibihano cyari kimaze gufatirwa, cyatangijwe ku mugaragaro na Perezida Paul Kagame tariki 23 Kanama 2012.

Cyatangiranye miliyoni 18 USD yari avuye mu Banyarwanda n’inshuti zabo bitanze. Kugeza mu mpera za 2021, umutungo w’iki Kigega Agaciro Development Fund, wari umaze kugera kuri Miliyoni 250 USD.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − six =

Previous Post

Bwa mbere Jimmy Gatete yavuze icyatumye amara imyaka irenga 10 adakandagira mu Rwanda

Next Post

Umunyaduhigo muri Basketball yagaragaje uko afata umunyabigwi muri Football Jimmy Gatete

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyaduhigo muri Basketball yagaragaje uko afata umunyabigwi muri Football Jimmy Gatete

Umunyaduhigo muri Basketball yagaragaje uko afata umunyabigwi muri Football Jimmy Gatete

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.