Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikimushimisha ku kuzukuruza, Urubuga nkoranyambaga akunda,…-P.Kagame yasubije ibibazo by’amatsiko

radiotv10by radiotv10
08/11/2023
in MU RWANDA
0
Ikimushimisha ku kuzukuruza, Urubuga nkoranyambaga akunda,…-P.Kagame yasubije ibibazo by’amatsiko
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yabajijwe bimwe mu bibazo by’amatsiko, birimo ikimushimisha kurusha ibindi mu kuba yaruzukuruje, avuga ko ari byose, ndetse n’umugani mugufi w’ikinyarwanda akunda kurusha indi.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Ugushyingo 2023, ubwo hafungurwaga ku mugaragaro ikigo Norrsken Kigali House gifasha ba rwiyemezamirimo b’imishinga y’ikoranabuhanga.

Mu gufungura ku mugaragaro iki kigo cyubatse mu Mujyi wa Rwagati, Perezida Paul Kagame yabajijwe ibibazo bijyanye n’urwego rw’ubukundu n’ishoramari rya Afurika, agaragaza ko uyu Mugabane ari isoko rikomeye, bityo ko abashoramari badakwiye kuwirengagiza.

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yari asoje gusubiza ibibazo by’abitabiriye iki gikorwa biganjemo urubyiruko rufite imishinga y’ikoranabuganga, uwari uyoboye ibi biganiro, na we yavuze ko yifuza gukoresha ayo mahirwe akabaza Perezida Kagame bimwe mu bibazo by’amatsiko, yahereye ku rubuga nkoranyambaga akunda kurusha izindi, asubiza agira ati “Ni Twitter.”

Uyu wari uyoboye ibiganiro yakomeje amubaza ati “Ni ikihe kintu ukunda kurusha ibindi mu kuba waruzukuruje?”, Perezida Kagame amusubiza agira ati “Ni byose.”

Yanamubajijwe ku cyagezweho na Guverinoma y’u Rwanda kitari cyitezwe, avuga ko ari uguhindura imyumvire y’Abanyarwanda.

Ati “Kuva ku guhora bategereje inkunga z’abandi, bakagera ku rwego rwo kwigira ubwacu ariko nanone tukanakorana n’abandi. Ariko kuba imyumvire yarahindutse, ni ingenzi.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yabajijwe inama yagira umutoza Mikel Arteta w’ikipe ya Arsenal asanzwe anakunda, avuga ko ari gukora neza inshingano ze, ahubwo ko yamusaba kongera ndetse no gukomerezaho.

Yanabajijwe umugani mugufi w’ikinyarwanda akunda kurusha iyindi, ati “Hari umugani uvuga ngo ‘uwanze kubwirwa ntabwo yanga kubona’. Bivuze ko tugomba kumva cyane ariko nanone tukumva ko tugomba kwirengera igiciro cy’amakosa twakora, bituma abantu bagomba kurushaho gukora cyane, bagatekereza ingaruka zo gukora ibitaboneye.”

Perezida Kagame yafunguye ikigo Norrsken Kigali House
Yagaragarijwe bimwe mu bikorwa bihakorerwa
Yagiranye ikiganiro n’abitabiriye uyu muhango
Yabajijwe ibibazo by’amatsiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 7 =

Previous Post

Abafana ba AC Milan bakoze igisa n’imyigaragambyo bagaragariza umunyezamu wa PSG ko bakimufitiye inzika

Next Post

Iby’urukundo rwakekwaga hagati y’umuhanzi Nyarwanda n’umukobwa w’uburanga ari kugaragaza byagiye hanze

Related Posts

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’urukundo rwakekwaga hagati y’umuhanzi Nyarwanda n’umukobwa w’uburanga ari kugaragaza byagiye hanze

Iby’urukundo rwakekwaga hagati y’umuhanzi Nyarwanda n’umukobwa w’uburanga ari kugaragaza byagiye hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.