• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikimushimisha ku kuzukuruza, Urubuga nkoranyambaga akunda,…-P.Kagame yasubije ibibazo by’amatsiko

radiotv10by radiotv10
08/11/2023
in MU RWANDA
0
Ikimushimisha ku kuzukuruza, Urubuga nkoranyambaga akunda,…-P.Kagame yasubije ibibazo by’amatsiko
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yabajijwe bimwe mu bibazo by’amatsiko, birimo ikimushimisha kurusha ibindi mu kuba yaruzukuruje, avuga ko ari byose, ndetse n’umugani mugufi w’ikinyarwanda akunda kurusha indi.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Ugushyingo 2023, ubwo hafungurwaga ku mugaragaro ikigo Norrsken Kigali House gifasha ba rwiyemezamirimo b’imishinga y’ikoranabuhanga.

Mu gufungura ku mugaragaro iki kigo cyubatse mu Mujyi wa Rwagati, Perezida Paul Kagame yabajijwe ibibazo bijyanye n’urwego rw’ubukundu n’ishoramari rya Afurika, agaragaza ko uyu Mugabane ari isoko rikomeye, bityo ko abashoramari badakwiye kuwirengagiza.

Ubwo Umukuru w’u Rwanda yari asoje gusubiza ibibazo by’abitabiriye iki gikorwa biganjemo urubyiruko rufite imishinga y’ikoranabuganga, uwari uyoboye ibi biganiro, na we yavuze ko yifuza gukoresha ayo mahirwe akabaza Perezida Kagame bimwe mu bibazo by’amatsiko, yahereye ku rubuga nkoranyambaga akunda kurusha izindi, asubiza agira ati “Ni Twitter.”

Uyu wari uyoboye ibiganiro yakomeje amubaza ati “Ni ikihe kintu ukunda kurusha ibindi mu kuba waruzukuruje?”, Perezida Kagame amusubiza agira ati “Ni byose.”

Yanamubajijwe ku cyagezweho na Guverinoma y’u Rwanda kitari cyitezwe, avuga ko ari uguhindura imyumvire y’Abanyarwanda.

Ati “Kuva ku guhora bategereje inkunga z’abandi, bakagera ku rwego rwo kwigira ubwacu ariko nanone tukanakorana n’abandi. Ariko kuba imyumvire yarahindutse, ni ingenzi.”

Umukuru w’u Rwanda kandi yabajijwe inama yagira umutoza Mikel Arteta w’ikipe ya Arsenal asanzwe anakunda, avuga ko ari gukora neza inshingano ze, ahubwo ko yamusaba kongera ndetse no gukomerezaho.

Yanabajijwe umugani mugufi w’ikinyarwanda akunda kurusha iyindi, ati “Hari umugani uvuga ngo ‘uwanze kubwirwa ntabwo yanga kubona’. Bivuze ko tugomba kumva cyane ariko nanone tukumva ko tugomba kwirengera igiciro cy’amakosa twakora, bituma abantu bagomba kurushaho gukora cyane, bagatekereza ingaruka zo gukora ibitaboneye.”

Perezida Kagame yafunguye ikigo Norrsken Kigali House
Yagaragarijwe bimwe mu bikorwa bihakorerwa
Yagiranye ikiganiro n’abitabiriye uyu muhango
Yabajijwe ibibazo by’amatsiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − three =

Previous Post

Abafana ba AC Milan bakoze igisa n’imyigaragambyo bagaragariza umunyezamu wa PSG ko bakimufitiye inzika

Next Post

Iby’urukundo rwakekwaga hagati y’umuhanzi Nyarwanda n’umukobwa w’uburanga ari kugaragaza byagiye hanze

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Iby’urukundo rwakekwaga hagati y’umuhanzi Nyarwanda n’umukobwa w’uburanga ari kugaragaza byagiye hanze

Iby’urukundo rwakekwaga hagati y’umuhanzi Nyarwanda n’umukobwa w’uburanga ari kugaragaza byagiye hanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.