Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikindi Gihugu cyo muri Afurika cyemeje igihano cy’igifungo ku batinganyi

radiotv10by radiotv10
29/02/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Ikindi Gihugu cyo muri Afurika cyemeje igihano cy’igifungo ku batinganyi
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko ya Ghana yemeje Itegeko rishya riteganya igifungo kuva ku myaka itatu ku muntu wese wahamwe n’icyaha cyerekeye ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje igitsina.

Umushinga w’iri tegeko kandi unateganya igifungo cy’imyaka itanu ku wahamwe n’icyaha cyo gushinga cyangwa gutera inkunga amatsinda y’abaryamana bahuje ibitsina.

Abadepite kandi bateye utwatsi icyifuzo cyo kugerageza gusimbuza icyo gifungo imirimo ifitiye Igihugu akamaro cyangwa gutanga ubujyanama.

Uyu mushinga w’itegeko wari ushyigikiwe n’amashyaka abiri akomeye muri Ghana, ukaba uzatangira gukurikizwa ari uko Perezida Nana Akufo-Addo ashyize umukono kuri iri tegeko, icyakora na we aheruka kuvuga ko azarisinya niba Abarishyigikiye ari benshi.

Kuryamana kw’abahuje ibitsina byari bisanzwe binyuranyije n’amategeko muri Ghana, ndetse bihanishwa igifungo cy’imyaka Itatu.

Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko yababajwe bikomeye n’umushinga w’itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina muri Ghana, ivuga ko ari uguhutaza uburenganzira bwa muntu.

Usibye Leta Zunze Ubumwe za America zababajwe n’iri tegeko, imiryango itandukanye iharanira uburenganzira bwa muntu, yatangaje ko iri tegeko riramutse ryemejwe byaba ari ihohotera no guhutaza uburenganzira bwa muntu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + twenty =

Previous Post

Chad: Hahise hakekwa abari inyuma y’igitero cyagabwe ku biro by’ubutasi n’icyabibateye

Next Post

Abantu batandatu barimo Umunyekongo bafunzwe na RIB ibakurikiranyeho gucura inyandiko zirimo n’izayitiriwe

Related Posts

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

by radiotv10
05/06/2025
0

Edgar Lungu wabaye Perezia wa Zambia, yitabye Imana ku myaka 68 y’amavuko, azize uburwayi aho yivurizaga muri Afurika y’Epfo. Amakuru...

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

Muri DRCongo hazamutse urujijo nyuma y’icyemezo cya Trump gihagarika abo mu Bihugu bimwe kujya muri America

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu baturage bari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, babanje kugira urujijo ku itegeko ryasinywe na Perezida Donald Trump...

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

Menya Ibihugu bizagirwaho ingaruka n’itegeko ryasinywe na Perezida wa America birimo igituranye n’u Rwanda

by radiotv10
05/06/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yashyize umukono ku itegeko rikumira abaturage b’Ibihugu 12 kwinjira muri iki...

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

Congo: Icyemezo kibuza itangazamakuru kuvuga kuri Kabila cyatangiye guhagurukirwa

by radiotv10
05/06/2025
0

Bamwe mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Imiryango iharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu, baramagana icyemezo cyo kubuza...

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abantu batandatu barimo Umunyekongo bafunzwe na RIB ibakurikiranyeho gucura inyandiko zirimo n’izayitiriwe

Abantu batandatu barimo Umunyekongo bafunzwe na RIB ibakurikiranyeho gucura inyandiko zirimo n’izayitiriwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.