Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikindi kirungo mu kwakirana ubwuzu abakiliya muri Banki izwiho kudatenguha abayigana

radiotv10by radiotv10
03/10/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ikindi kirungo mu kwakirana ubwuzu abakiliya muri Banki izwiho kudatenguha abayigana
Share on FacebookShare on Twitter

Banki ya Ecobank iri mu zizwiho umwihariko wo gutanga serivisi zinoze no kwita ku bakiliya, yatangije icyumweru cyahariwe abakiliya bayo, giteganyijwemo ibikorwa binyuranye, birimo kubibutsa gukoresha ikoranabuhanga ubundi bagakomeza kunogerwa na serivisi zayo.

Ni igikorwa cyatangijwe kuri uyu wa Mbere tariki 02 Ukwakira 2023, aho ku cyicaro cyayo, byasaga nk’ibirori ari na ko abakiliya bakomeza kwakiranwa urugwiro rwinshi.

Kuri uyu munsi wa mbere w’icyumweru cyahariwe kwita ku bakiliya ba Ecobank; uwinjiye muri iyi Banki wese yakirizwaga ineza kuva ku bashinzwe umutekano kugeza ku muntu wa nyuma umuha serivisi yamuzanye.

Uko ni ko buri mukiliya winjiraga muri Ecobank byiriwe, ajo amara kwinjira agakomereza ku meza yateguweho ibinyobwa bidasembuye, ubundi akerekeza aho agomba guherwa serivisi imuzanye muri banki. Abakozi baramwakira; bakamuganiriza anafata iryo funguro ryateguriwe abakiliya.

Aline Rwigimba ushinzwe kwita ku bakiliya muri Ecobank, avuga ko ibi bikorwa bigamije kurushaho gusobanurira abakiliya babo serivisi batanga ndetse no kubibutsa kubyaza umusaruro ikoranabuhanga.

Ati “Dufite serivisi nyinshi dushaka kwereka abakiliya bacu muri iki cyumweru. Hari inguzanyo ikomeye yitwa Ellevate ihabwa abagore. Muri iki cyumweru turashaka kwereka abakiliya bacu ko n’abadamu batwegera bazabona iyo nguzanyo.

Iki cyumweru cyose twashyizemo ingufu kugira ngo abakiliya batugana tubasobanurire uko bakoresha ikoranabuhanga. Ikoranabuhanga rigabanya umwanya wo kuza, kuko ashobora kurikoresha agakomeza n’indi mirimo.”

Willison Cyiza, umwe mu bakiliya ba Ecobank, waje kwaka serivisi ku munsi wa mbere w’iki cyumweru cy’abakiliya, avuga ko uko imyaka igenda ishira, iyi banki irushaho kugenda itanga serivisi zinoze.

Yagize ati “Kugeza ubu turashima kandi batanga serivisi nziza. Murabona ko hari serivisi nyinshi bashyizeho. Ubu nshobora gukoresha telephone nkabitsa cyangwa nkabikuza amafaranga ntavuye mu rugo. Twizeye ko muri iki cyumweru hazabo serivisi zinoze kurushaho uko byari bisanzwe.”

Ecobank ivuga ko iki gikorwa ngarukamwaka kimaze gutanga umusaruro, ndetse izi mbaraga zashyizwe mu kunoza imitangire ya serivisi, zigomba guhora zimeze uko no ku mashami yose bafite mu Gihugu.

Umukiliya yazaga akakiranwa ifunguro ubundi akaganirizwa

Umuhango wo gutangiza iki cyumweru

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − three =

Previous Post

Nyamagabe: Abari bafite ikibabaje bari bamaranye imyaka 2 bagarukanye inkuru nziza bavuga n’icyo bayikesha

Next Post

Ufite izina rizwi ku Isi yagaragaje amarangamutima y’ibyo yiboneye mu Rwanda atazibagirwa

Related Posts

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

by radiotv10
18/12/2025
0

Umwarimu wigisha mu ishuri ry’Imyuga n’Ubumenyingiro (TSS) rya Mutenderi mu Karere ka Ngoma, yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa...

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

by radiotv10
18/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko Abapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri pandagari mu Karere ka Rubavu, batangiye gukurikiranwa kuko uburyo babikozemo...

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

Hari Akarere mu Rwanda kagiye kubarura abashomeri badafite akazi bagatuyemo

by radiotv10
17/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwamenyesheje abagatuye ko hagiye gukorwa igikorwa cyo kubarura abashomeri badafite akazi bari hagati y’imyaka 16 na...

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

Umusore akurikiranyweho kwicisha ishoka umukecuru nyuma yo gukora ibitemewe mu Rwanda

by radiotv10
17/12/2025
0

Umusore wo mu Murene wa Runda mu Karere ka Kamonyi, akurikiranyweho kwica umukecuru amukubise ishoka ubwo yamusangaga iwe nyuma yuko...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ufite izina rizwi ku Isi yagaragaje amarangamutima y’ibyo yiboneye mu Rwanda atazibagirwa

Ufite izina rizwi ku Isi yagaragaje amarangamutima y’ibyo yiboneye mu Rwanda atazibagirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.