Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikindi kirungo mu kwakirana ubwuzu abakiliya muri Banki izwiho kudatenguha abayigana

radiotv10by radiotv10
03/10/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ikindi kirungo mu kwakirana ubwuzu abakiliya muri Banki izwiho kudatenguha abayigana
Share on FacebookShare on Twitter

Banki ya Ecobank iri mu zizwiho umwihariko wo gutanga serivisi zinoze no kwita ku bakiliya, yatangije icyumweru cyahariwe abakiliya bayo, giteganyijwemo ibikorwa binyuranye, birimo kubibutsa gukoresha ikoranabuhanga ubundi bagakomeza kunogerwa na serivisi zayo.

Ni igikorwa cyatangijwe kuri uyu wa Mbere tariki 02 Ukwakira 2023, aho ku cyicaro cyayo, byasaga nk’ibirori ari na ko abakiliya bakomeza kwakiranwa urugwiro rwinshi.

Kuri uyu munsi wa mbere w’icyumweru cyahariwe kwita ku bakiliya ba Ecobank; uwinjiye muri iyi Banki wese yakirizwaga ineza kuva ku bashinzwe umutekano kugeza ku muntu wa nyuma umuha serivisi yamuzanye.

Uko ni ko buri mukiliya winjiraga muri Ecobank byiriwe, ajo amara kwinjira agakomereza ku meza yateguweho ibinyobwa bidasembuye, ubundi akerekeza aho agomba guherwa serivisi imuzanye muri banki. Abakozi baramwakira; bakamuganiriza anafata iryo funguro ryateguriwe abakiliya.

Aline Rwigimba ushinzwe kwita ku bakiliya muri Ecobank, avuga ko ibi bikorwa bigamije kurushaho gusobanurira abakiliya babo serivisi batanga ndetse no kubibutsa kubyaza umusaruro ikoranabuhanga.

Ati “Dufite serivisi nyinshi dushaka kwereka abakiliya bacu muri iki cyumweru. Hari inguzanyo ikomeye yitwa Ellevate ihabwa abagore. Muri iki cyumweru turashaka kwereka abakiliya bacu ko n’abadamu batwegera bazabona iyo nguzanyo.

Iki cyumweru cyose twashyizemo ingufu kugira ngo abakiliya batugana tubasobanurire uko bakoresha ikoranabuhanga. Ikoranabuhanga rigabanya umwanya wo kuza, kuko ashobora kurikoresha agakomeza n’indi mirimo.”

Willison Cyiza, umwe mu bakiliya ba Ecobank, waje kwaka serivisi ku munsi wa mbere w’iki cyumweru cy’abakiliya, avuga ko uko imyaka igenda ishira, iyi banki irushaho kugenda itanga serivisi zinoze.

Yagize ati “Kugeza ubu turashima kandi batanga serivisi nziza. Murabona ko hari serivisi nyinshi bashyizeho. Ubu nshobora gukoresha telephone nkabitsa cyangwa nkabikuza amafaranga ntavuye mu rugo. Twizeye ko muri iki cyumweru hazabo serivisi zinoze kurushaho uko byari bisanzwe.”

Ecobank ivuga ko iki gikorwa ngarukamwaka kimaze gutanga umusaruro, ndetse izi mbaraga zashyizwe mu kunoza imitangire ya serivisi, zigomba guhora zimeze uko no ku mashami yose bafite mu Gihugu.

Umukiliya yazaga akakiranwa ifunguro ubundi akaganirizwa

Umuhango wo gutangiza iki cyumweru

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + eleven =

Previous Post

Nyamagabe: Abari bafite ikibabaje bari bamaranye imyaka 2 bagarukanye inkuru nziza bavuga n’icyo bayikesha

Next Post

Ufite izina rizwi ku Isi yagaragaje amarangamutima y’ibyo yiboneye mu Rwanda atazibagirwa

Related Posts

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

by radiotv10
04/12/2025
0

Kigali is quickly becoming one of East Africa’s most exciting hubs for creative talent. From photography and fashion to content...

IZIHERUKA

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi
MU RWANDA

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

04/12/2025
How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

How to start a small creative business in Kigali: Steps, challenges, and success Stories

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ufite izina rizwi ku Isi yagaragaje amarangamutima y’ibyo yiboneye mu Rwanda atazibagirwa

Ufite izina rizwi ku Isi yagaragaje amarangamutima y’ibyo yiboneye mu Rwanda atazibagirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.