Friday, December 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikindi kirungo mu kwakirana ubwuzu abakiliya muri Banki izwiho kudatenguha abayigana

radiotv10by radiotv10
03/10/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Ikindi kirungo mu kwakirana ubwuzu abakiliya muri Banki izwiho kudatenguha abayigana
Share on FacebookShare on Twitter

Banki ya Ecobank iri mu zizwiho umwihariko wo gutanga serivisi zinoze no kwita ku bakiliya, yatangije icyumweru cyahariwe abakiliya bayo, giteganyijwemo ibikorwa binyuranye, birimo kubibutsa gukoresha ikoranabuhanga ubundi bagakomeza kunogerwa na serivisi zayo.

Ni igikorwa cyatangijwe kuri uyu wa Mbere tariki 02 Ukwakira 2023, aho ku cyicaro cyayo, byasaga nk’ibirori ari na ko abakiliya bakomeza kwakiranwa urugwiro rwinshi.

Kuri uyu munsi wa mbere w’icyumweru cyahariwe kwita ku bakiliya ba Ecobank; uwinjiye muri iyi Banki wese yakirizwaga ineza kuva ku bashinzwe umutekano kugeza ku muntu wa nyuma umuha serivisi yamuzanye.

Uko ni ko buri mukiliya winjiraga muri Ecobank byiriwe, ajo amara kwinjira agakomereza ku meza yateguweho ibinyobwa bidasembuye, ubundi akerekeza aho agomba guherwa serivisi imuzanye muri banki. Abakozi baramwakira; bakamuganiriza anafata iryo funguro ryateguriwe abakiliya.

Aline Rwigimba ushinzwe kwita ku bakiliya muri Ecobank, avuga ko ibi bikorwa bigamije kurushaho gusobanurira abakiliya babo serivisi batanga ndetse no kubibutsa kubyaza umusaruro ikoranabuhanga.

Ati “Dufite serivisi nyinshi dushaka kwereka abakiliya bacu muri iki cyumweru. Hari inguzanyo ikomeye yitwa Ellevate ihabwa abagore. Muri iki cyumweru turashaka kwereka abakiliya bacu ko n’abadamu batwegera bazabona iyo nguzanyo.

Iki cyumweru cyose twashyizemo ingufu kugira ngo abakiliya batugana tubasobanurire uko bakoresha ikoranabuhanga. Ikoranabuhanga rigabanya umwanya wo kuza, kuko ashobora kurikoresha agakomeza n’indi mirimo.”

Willison Cyiza, umwe mu bakiliya ba Ecobank, waje kwaka serivisi ku munsi wa mbere w’iki cyumweru cy’abakiliya, avuga ko uko imyaka igenda ishira, iyi banki irushaho kugenda itanga serivisi zinoze.

Yagize ati “Kugeza ubu turashima kandi batanga serivisi nziza. Murabona ko hari serivisi nyinshi bashyizeho. Ubu nshobora gukoresha telephone nkabitsa cyangwa nkabikuza amafaranga ntavuye mu rugo. Twizeye ko muri iki cyumweru hazabo serivisi zinoze kurushaho uko byari bisanzwe.”

Ecobank ivuga ko iki gikorwa ngarukamwaka kimaze gutanga umusaruro, ndetse izi mbaraga zashyizwe mu kunoza imitangire ya serivisi, zigomba guhora zimeze uko no ku mashami yose bafite mu Gihugu.

Umukiliya yazaga akakiranwa ifunguro ubundi akaganirizwa

Umuhango wo gutangiza iki cyumweru

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 2 =

Previous Post

Nyamagabe: Abari bafite ikibabaje bari bamaranye imyaka 2 bagarukanye inkuru nziza bavuga n’icyo bayikesha

Next Post

Ufite izina rizwi ku Isi yagaragaje amarangamutima y’ibyo yiboneye mu Rwanda atazibagirwa

Related Posts

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

by radiotv10
12/12/2025
0

Imodoka y’isuku n’umutekano y’Umurenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, yakoreye impanuka mu Murenge wa Kimisagara,...

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

Kigali: Umugore yafatanywe urumogi rwinshi yari yarahishe mu mayeri adasanzwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugore w’imyaka 40 y’amavuko utuye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi...

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

Minisitiri Maj.Gen.(Rtd) Murasira yeretse abashoramari uko Nyaruguru abereye imboni yababera amahirwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwa by'Ubutabazi, Maj. Gen. (Rtd) Albert Murasira akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyaruguru, yasabye abashoramari gushora imari muri aka Karere,...

IZIHERUKA

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye
IBYAMAMARE

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

12/12/2025
Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

12/12/2025
Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

12/12/2025
Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

Uko byagenze ngo imodoka y’urwego rwa Leta muri Kigali ikore impanuka ikomeye

12/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ufite izina rizwi ku Isi yagaragaje amarangamutima y’ibyo yiboneye mu Rwanda atazibagirwa

Ufite izina rizwi ku Isi yagaragaje amarangamutima y’ibyo yiboneye mu Rwanda atazibagirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Agezweho ku mutoza mushya ushobora gutoza Rayon Sports

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.