Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe ifite abakinnyi bayoboye ruhago y’Isi cyera kabaye igiye kurekuramo umwe

radiotv10by radiotv10
06/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe ifite abakinnyi bayoboye ruhago y’Isi cyera kabaye igiye kurekuramo umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Paris Saint Germain (PSG) ifite abakinnyi bafatwa nk’abayoboye ruhago y’isi y’ubu, barimo babiri bahuriye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi, ishobora gutandukana na Neymar.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru cyitwa Foot Mercato ni uko Paris Saint Germain yaba yiteguye gutandukana na Neymar, ibi bikaba ari umwaka wa 2 bikurikiranya dore ko n’umwaka ushize babigerageje bikanga.

Luis Campos, ushinzwe ibijyanye na Sports (Sporting Director) muri PSG, amakuru avuga ko yamaze gutangira gukurikirana ibisabwa byose kugira ngo barebe ko kurekura Umunya Brazil, Neymar, byazakunda.

Ni nyuma y’uko, mu minsi ishize, bamwe mu bafana ba b’iyi kipe ya PSG bigaragambirije hanze y’inzu, Neymar abamo, iherereye mu gace ka Bougival, bamusaba ko yabavira mu ikipe.

Gusa PSG yanenze ku mugaragaro ibikorwa by’aba bafana, nubwo ngo rwihishwa, ubuyobozi bw’iyi kipe na bwo bushobora kuba bufite ibyifuzo bimwe n’aba bafana by’uko Neymar yagenda.

Ikinyamakuru cya Foot Mercato, muri Werurwe 2022, cyari cyahishuye ko PSG yegereye amakipe atandukanye, ireba ko yagurisha Neymar. Ikindi ni uko kuza muri iyi kipe kwa Luis Campos ntacyo byigeze bihindura, ngo ahubwo na we yagiye agerageza kuba yarekura uyu Kizigenza w’Umunya Brazil, Neymar, ukina asatira, nubwo batigeze babitangaza ku mugaragaro kugira ngo bitagaragara nko kumutesha agaciro.

Amakuru ava muri PSG avuga ko iyi kipe yaba yongeye gushaka uburyo itandukana n’uyu Neymar aho ngo begereye bamwe mu bagurisha abakinnyi (agents) ngo barebe aho uyu mukinnyi yagurishwa, ariko kandi badahenzwe.

Ikipe ya Chelsea ni imwe mu zagiye zivugwaho ko zifuza Neymar mu gihe gishize gusa Ikinyamakuru “Foot Mercato” cyahishuye ko Manchester United iri gukurikiranira hafi iby’uyu mukinnyi, ariko ngo hakaba hari n’andi makipe akomeye amwifuza nubwo yari yarongereye amasezerano ye, muri Paris Saint Germain, biteganyijwe ko azageza muri 2027.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × five =

Previous Post

Hamenyekanye impamvu umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yirukanywe

Next Post

Icyakorewe umuyobozi w’urwego rukomeye i Burundi wahaye urw’amenyo uwagaragaye yegereye Tshisekedi yasinziriye

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

by radiotv10
13/09/2025
0

Umunyamakuru Mucyo Antha Biganiro wamenyekanye mu biganiro bya siporo, yashyize hanze abakinnyi 11 n’umutoza abona b’ibihe byose banyuze mu mupira...

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
12/09/2025
0

Urwego rushinzwe gutegura Shampiyona y’umupira w’Amaguru 'Rwanda Premier League', rwatangaje ibihano bishya bizaja bihabwa abarenga ku mategeko n’amabwiriza mu mwaka...

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

Abakinnyi ba APR bavuye mu makipe y’Ibihugu barimo Mugisha wahesheje umugisha Amavubi dore uko bahagaze (AMAFOTO)

by radiotv10
11/09/2025
0

Abakinnyi ba APR FC bavuye mu makipe y’Ibihugu, bahise basanga bagenzi babo muri Tanzania aho iyi kipe iri mu mikino...

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

Icyo amategeko avuga ku byo Abanyekongo bakoreye muri Sitade n’ibihano bishobora gufatwa

by radiotv10
10/09/2025
0

Ibikorwa bidakwiye byakozwe n’abafana b’Ikipe y’Igihugu ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byo kwangiza Sitade yabo, bishobora gutuma hafatwa ibihano...

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

Hamenyekanye amafaranga Perezida wa FERWAFA yahaye Amavubi nk’agahimbazamusyi ayakuye ku ikofi ye

by radiotv10
10/09/2025
0

Nyuma yuko Perezida mushya w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) Shema Ngoga Fabrice yizeje Amavubi kubakandira akanyenyeri nyuma yo gutsinda Zimbabwe, amakuru...

IZIHERUKA

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda
MU RWANDA

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

by radiotv10
16/09/2025
0

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

Eng.-New electricity tariffs in Rwanda may be announced soon

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

Umusatsi amaranye imyaka 15 watumye yandikwa mu banyaduhigo ku Isi

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyakorewe umuyobozi w’urwego rukomeye i Burundi wahaye urw’amenyo uwagaragaye yegereye Tshisekedi yasinziriye

Icyakorewe umuyobozi w’urwego rukomeye i Burundi wahaye urw’amenyo uwagaragaye yegereye Tshisekedi yasinziriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Over 8,000 vehicles have been tested for harmful emissions in Rwanda

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.