Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe ifite abakinnyi bayoboye ruhago y’Isi cyera kabaye igiye kurekuramo umwe

radiotv10by radiotv10
06/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe ifite abakinnyi bayoboye ruhago y’Isi cyera kabaye igiye kurekuramo umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Paris Saint Germain (PSG) ifite abakinnyi bafatwa nk’abayoboye ruhago y’isi y’ubu, barimo babiri bahuriye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi, ishobora gutandukana na Neymar.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru cyitwa Foot Mercato ni uko Paris Saint Germain yaba yiteguye gutandukana na Neymar, ibi bikaba ari umwaka wa 2 bikurikiranya dore ko n’umwaka ushize babigerageje bikanga.

Luis Campos, ushinzwe ibijyanye na Sports (Sporting Director) muri PSG, amakuru avuga ko yamaze gutangira gukurikirana ibisabwa byose kugira ngo barebe ko kurekura Umunya Brazil, Neymar, byazakunda.

Ni nyuma y’uko, mu minsi ishize, bamwe mu bafana ba b’iyi kipe ya PSG bigaragambirije hanze y’inzu, Neymar abamo, iherereye mu gace ka Bougival, bamusaba ko yabavira mu ikipe.

Gusa PSG yanenze ku mugaragaro ibikorwa by’aba bafana, nubwo ngo rwihishwa, ubuyobozi bw’iyi kipe na bwo bushobora kuba bufite ibyifuzo bimwe n’aba bafana by’uko Neymar yagenda.

Ikinyamakuru cya Foot Mercato, muri Werurwe 2022, cyari cyahishuye ko PSG yegereye amakipe atandukanye, ireba ko yagurisha Neymar. Ikindi ni uko kuza muri iyi kipe kwa Luis Campos ntacyo byigeze bihindura, ngo ahubwo na we yagiye agerageza kuba yarekura uyu Kizigenza w’Umunya Brazil, Neymar, ukina asatira, nubwo batigeze babitangaza ku mugaragaro kugira ngo bitagaragara nko kumutesha agaciro.

Amakuru ava muri PSG avuga ko iyi kipe yaba yongeye gushaka uburyo itandukana n’uyu Neymar aho ngo begereye bamwe mu bagurisha abakinnyi (agents) ngo barebe aho uyu mukinnyi yagurishwa, ariko kandi badahenzwe.

Ikipe ya Chelsea ni imwe mu zagiye zivugwaho ko zifuza Neymar mu gihe gishize gusa Ikinyamakuru “Foot Mercato” cyahishuye ko Manchester United iri gukurikiranira hafi iby’uyu mukinnyi, ariko ngo hakaba hari n’andi makipe akomeye amwifuza nubwo yari yarongereye amasezerano ye, muri Paris Saint Germain, biteganyijwe ko azageza muri 2027.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + 19 =

Previous Post

Hamenyekanye impamvu umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yirukanywe

Next Post

Icyakorewe umuyobozi w’urwego rukomeye i Burundi wahaye urw’amenyo uwagaragaye yegereye Tshisekedi yasinziriye

Related Posts

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

by radiotv10
12/01/2026
0

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yavuze ko ubwo iyi kipe yatsindwaga na mucyeba wayo ibitego 4-1 ku...

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ikipe ya FC Barcelona yatwaye igikombe kiruta ibindi muri Spain (Spanish Super Cup cyangwa Supercopa de España) nyuma yo gutsinda...

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

by radiotv10
10/01/2026
0

In a world full of intense workout trends and gym culture, walking is often overlooked. Many people believe that if...

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Nyuma y’imyitozo ya nyuma bitegura umukino wa nyuma w’Igikombe cya Super Cup, umutoza wa Rayon Sports, Bruno Ferry, yatangaje ko...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyakorewe umuyobozi w’urwego rukomeye i Burundi wahaye urw’amenyo uwagaragaye yegereye Tshisekedi yasinziriye

Icyakorewe umuyobozi w’urwego rukomeye i Burundi wahaye urw’amenyo uwagaragaye yegereye Tshisekedi yasinziriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.