• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe ifite abakinnyi bayoboye ruhago y’Isi cyera kabaye igiye kurekuramo umwe

radiotv10by radiotv10
06/05/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe ifite abakinnyi bayoboye ruhago y’Isi cyera kabaye igiye kurekuramo umwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya Paris Saint Germain (PSG) ifite abakinnyi bafatwa nk’abayoboye ruhago y’isi y’ubu, barimo babiri bahuriye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi, ishobora gutandukana na Neymar.

Amakuru dukesha Ikinyamakuru cyitwa Foot Mercato ni uko Paris Saint Germain yaba yiteguye gutandukana na Neymar, ibi bikaba ari umwaka wa 2 bikurikiranya dore ko n’umwaka ushize babigerageje bikanga.

Luis Campos, ushinzwe ibijyanye na Sports (Sporting Director) muri PSG, amakuru avuga ko yamaze gutangira gukurikirana ibisabwa byose kugira ngo barebe ko kurekura Umunya Brazil, Neymar, byazakunda.

Ni nyuma y’uko, mu minsi ishize, bamwe mu bafana ba b’iyi kipe ya PSG bigaragambirije hanze y’inzu, Neymar abamo, iherereye mu gace ka Bougival, bamusaba ko yabavira mu ikipe.

Gusa PSG yanenze ku mugaragaro ibikorwa by’aba bafana, nubwo ngo rwihishwa, ubuyobozi bw’iyi kipe na bwo bushobora kuba bufite ibyifuzo bimwe n’aba bafana by’uko Neymar yagenda.

Ikinyamakuru cya Foot Mercato, muri Werurwe 2022, cyari cyahishuye ko PSG yegereye amakipe atandukanye, ireba ko yagurisha Neymar. Ikindi ni uko kuza muri iyi kipe kwa Luis Campos ntacyo byigeze bihindura, ngo ahubwo na we yagiye agerageza kuba yarekura uyu Kizigenza w’Umunya Brazil, Neymar, ukina asatira, nubwo batigeze babitangaza ku mugaragaro kugira ngo bitagaragara nko kumutesha agaciro.

Amakuru ava muri PSG avuga ko iyi kipe yaba yongeye gushaka uburyo itandukana n’uyu Neymar aho ngo begereye bamwe mu bagurisha abakinnyi (agents) ngo barebe aho uyu mukinnyi yagurishwa, ariko kandi badahenzwe.

Ikipe ya Chelsea ni imwe mu zagiye zivugwaho ko zifuza Neymar mu gihe gishize gusa Ikinyamakuru “Foot Mercato” cyahishuye ko Manchester United iri gukurikiranira hafi iby’uyu mukinnyi, ariko ngo hakaba hari n’andi makipe akomeye amwifuza nubwo yari yarongereye amasezerano ye, muri Paris Saint Germain, biteganyijwe ko azageza muri 2027.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + twenty =

Previous Post

Hamenyekanye impamvu umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yirukanywe

Next Post

Icyakorewe umuyobozi w’urwego rukomeye i Burundi wahaye urw’amenyo uwagaragaye yegereye Tshisekedi yasinziriye

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Icyakorewe umuyobozi w’urwego rukomeye i Burundi wahaye urw’amenyo uwagaragaye yegereye Tshisekedi yasinziriye

Icyakorewe umuyobozi w’urwego rukomeye i Burundi wahaye urw’amenyo uwagaragaye yegereye Tshisekedi yasinziriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.