Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikipe ikomeye i Burayi ikorana n’u Rwanda iri kurambagiza umutoza w’umunyabigwi

radiotv10by radiotv10
08/05/2023
in AMAHANGA, FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe ikomeye i Burayi ikorana n’u Rwanda iri kurambagiza umutoza w’umunyabigwi
Share on FacebookShare on Twitter

Bikomeje kuvugwa ko Paris Saint Germain (PSG) yifuza umutoza mushya aho José Mourinho, akaba ari mu bahabwa amahirwe menshi yo gutoza iyi kipe isanzwe ikorana n’u Rwanda muri gahunda yo guhamagarira abatuye Isi gusura u Rwanda.

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru cyitwa RMC Sport binyuze muri Diario AS, uyu mutoza w’Umunya Portugal, José Mourinho, na we yaba yishimiye kuva mu ikipe ya AS Roma, atoza kuri ubu, maze akerekeza muri PSG. José Mourinho n’ikipe ya AS Roma bari ku mwanya wa 7 muri Shampiyona y’Ubutaliyani, Serie A, aho barushwa amanota 5 n’ikipe iri ku mwanya wa 4, nibura wabahesha kuzakina UEFA Champions League y’umwaka utaha w’imikino, 2023-2024. Gusa ariko iyi AS Roma, batazira Giallorossi, iri kwitegura umukino wa 1/2 cy’irangiza muri UEFA Europa League izahuramo na Bayer Leverkusen kuri uyu wa 4 w’iki Cyumweru.

Amakuru aravuga ko Umutoza Christophe Galtier, iminsi ye muri Paris Saint Germain iri kugerwa ku mashyi kandi ko Mourinho, nyuma y’uko atabashije kuzana abakinnyi yifuzaga muri AS Roma mu mpeshyi iheruka, kuri ubu byamushimisha kuva muri iyi AS Roma, ikinira kuri Stadio Olimpico y’i Roma, nyamara ayifitemo amasezerano, biteganyijwe ko, azamugeza muri 2024. Ibi bivuze ko byasaba ibiganiro na AS Roma kugira ngo abe yayivamo.

Kugeza ubu, Luis Campos, ushinzwe ibijyanye na Sports (Sporting Director) muri PSG, bivugwa ko yamaze gutangira kugirana ibiganiro na mwene wabo w’Umunya Portugal, José Mourinho, nubwo ngo batabitangaza ku mugaragaro kugeza batwaye igikombe cya Shampiyona y’Ubufaransa, Ligue 1, y’uyu mwaka w’imikino 2022-2023. Ku rundi ruhande ariko bari babanje kwifuza Zinedine Zidane, wahoze atoza ikipe ya Real Madrid, ariko uyu mutoza w’Umufaransa akaba yaragiye abatera utwatsi.

Birasa n’aho Ikinyamakuru dukesha iyi nkuru kidasobanura neza uruhande ikipe ya PSG ihagazemo, dore ko Zidane na Mourinho bafite imitoreze itandukanye, ariko na none birushaho kugaragara ko gutwara igikombe cya UEFA Champions League ari byo byonyine byatuma umutoza wa PSG arambana akazi ke, akaba yarenza umwaka muri iyi kipe.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 13 =

Previous Post

Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yiga ku ngingo irebana n’ibyashenguye benshi

Next Post

DRCongo: Hagaragaye amashusho ababaje y’abo bivugwa ko ari FDLR barasa inka z’Abanyekongo b’Abatutsi

Related Posts

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryakiriye Umunyapolitiki Marcelin Cishambo wigeze kuba Guverineri w’Intara ya Kivu y’Epfo n’abandi banyapolitiki barimo abatavuga rumwe...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

by radiotv10
04/06/2025
0

Ibitangazamakuru ryo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byahawe itegeko ryo kutavuga kuri Joseph Kabila wayoboye iki Gihugu, akaba aherutse...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Amakuru mashya ku cyemezo cyari cyafashwe na M23

AFC/M23 yagaragaje ko ishobora kuba yiteguye urugamba rukomeye

by radiotv10
03/06/2025
0

Ihuriro rya AFC/M23 riravugwaho gukaza imbaraga mu bice byinshi bisanzwe birimo ibirindiro by’abarwanyi baryo birimo ibyo muri Masisi na Walikale,...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hagaragaye amashusho ababaje y’abo bivugwa ko ari FDLR barasa inka z’Abanyekongo b’Abatutsi

DRCongo: Hagaragaye amashusho ababaje y’abo bivugwa ko ari FDLR barasa inka z’Abanyekongo b’Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.