Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikipe ikomeye i Burayi ikorana n’u Rwanda iri kurambagiza umutoza w’umunyabigwi

radiotv10by radiotv10
08/05/2023
in AMAHANGA, FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe ikomeye i Burayi ikorana n’u Rwanda iri kurambagiza umutoza w’umunyabigwi
Share on FacebookShare on Twitter

Bikomeje kuvugwa ko Paris Saint Germain (PSG) yifuza umutoza mushya aho José Mourinho, akaba ari mu bahabwa amahirwe menshi yo gutoza iyi kipe isanzwe ikorana n’u Rwanda muri gahunda yo guhamagarira abatuye Isi gusura u Rwanda.

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru cyitwa RMC Sport binyuze muri Diario AS, uyu mutoza w’Umunya Portugal, José Mourinho, na we yaba yishimiye kuva mu ikipe ya AS Roma, atoza kuri ubu, maze akerekeza muri PSG. José Mourinho n’ikipe ya AS Roma bari ku mwanya wa 7 muri Shampiyona y’Ubutaliyani, Serie A, aho barushwa amanota 5 n’ikipe iri ku mwanya wa 4, nibura wabahesha kuzakina UEFA Champions League y’umwaka utaha w’imikino, 2023-2024. Gusa ariko iyi AS Roma, batazira Giallorossi, iri kwitegura umukino wa 1/2 cy’irangiza muri UEFA Europa League izahuramo na Bayer Leverkusen kuri uyu wa 4 w’iki Cyumweru.

Amakuru aravuga ko Umutoza Christophe Galtier, iminsi ye muri Paris Saint Germain iri kugerwa ku mashyi kandi ko Mourinho, nyuma y’uko atabashije kuzana abakinnyi yifuzaga muri AS Roma mu mpeshyi iheruka, kuri ubu byamushimisha kuva muri iyi AS Roma, ikinira kuri Stadio Olimpico y’i Roma, nyamara ayifitemo amasezerano, biteganyijwe ko, azamugeza muri 2024. Ibi bivuze ko byasaba ibiganiro na AS Roma kugira ngo abe yayivamo.

Kugeza ubu, Luis Campos, ushinzwe ibijyanye na Sports (Sporting Director) muri PSG, bivugwa ko yamaze gutangira kugirana ibiganiro na mwene wabo w’Umunya Portugal, José Mourinho, nubwo ngo batabitangaza ku mugaragaro kugeza batwaye igikombe cya Shampiyona y’Ubufaransa, Ligue 1, y’uyu mwaka w’imikino 2022-2023. Ku rundi ruhande ariko bari babanje kwifuza Zinedine Zidane, wahoze atoza ikipe ya Real Madrid, ariko uyu mutoza w’Umufaransa akaba yaragiye abatera utwatsi.

Birasa n’aho Ikinyamakuru dukesha iyi nkuru kidasobanura neza uruhande ikipe ya PSG ihagazemo, dore ko Zidane na Mourinho bafite imitoreze itandukanye, ariko na none birushaho kugaragara ko gutwara igikombe cya UEFA Champions League ari byo byonyine byatuma umutoza wa PSG arambana akazi ke, akaba yarenza umwaka muri iyi kipe.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yiga ku ngingo irebana n’ibyashenguye benshi

Next Post

DRCongo: Hagaragaye amashusho ababaje y’abo bivugwa ko ari FDLR barasa inka z’Abanyekongo b’Abatutsi

Related Posts

DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

by radiotv10
04/11/2025
0

Umunyapolitiki Jean Marc Kabund, wahoze ari inkoramutima ya Perezida Félix Tshisekedi, waje gushinga ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri DRC, avuga...

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

by radiotv10
04/11/2025
0

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, yabaye nk’uterana urwenya n’umuturage wari mu gikorwa yarimo, wamubwiye ko...

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

by radiotv10
04/11/2025
0

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene...

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

Abazareba umukino uterejwe na benshi mu Rwanda bamenyeshejwe ibiciro bitagira uwo bica intege

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya APR FC izakira umukino uzayihuza na mucyeba wayo Rayon Sports, yatangaje ibiciro byo kuwinjiramo, aho itike ya macye...

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

Ubutumwa Perezida Samia Suluhu yageneye Abanya-Tanzania nyuma yo kurahirira kubayobora

by radiotv10
03/11/2025
0

Perezida Samia Suluhu Hassan uherutse gutorerwa kuyobora Tanzania, yarahiriye kuyobora iki Gihugu, asezeranya abagituye ko inzego z’iperereza ziri kurikora kugira...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hagaragaye amashusho ababaje y’abo bivugwa ko ari FDLR barasa inka z’Abanyekongo b’Abatutsi

DRCongo: Hagaragaye amashusho ababaje y’abo bivugwa ko ari FDLR barasa inka z’Abanyekongo b’Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.