Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

 Ikipe y’u Rwanda U-18  yitabiriye  imikino y’Afurika muri Madagascar

radiotv10by radiotv10
31/07/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
 Ikipe y’u Rwanda U-18  yitabiriye  imikino y’Afurika muri Madagascar
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe  y’u Rwanda mu bahungu batarengeje imyaka 18 iri mu mujyi wa  Antananarivo muri Madagascar ahagiye kubera imikino  y’Afurika  muri  Basketball mu batarengeje imyaka 18 “FIBA U-18 African Championship 2022” kuva  taliki 04 kugeza 14 Kanama 2022.

Ni  irushanwa rizitabirwa n’amakipe 10 arimo ikipe y’u Rwanda, Madagascar, Algeria, Angola, Benin, Misiri, Guinea, Mali, Senegal na Tanzania. Iyi ni inshuro ya kabiri Madagascar igiye kwakira iyi mikino y’Afurika nyuma yo kuyakira bwa mbere muri 2014.

Ikipe y’u Rwanda yahagurutse mu Rwanda mu rukerera rwo ku wa Gatanu taliki 29 Nyakanga 2022. Mbere y’uko iyi kipe ihaguruka, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo “MINISPORTS, Shema Maboko Didier yayishyikirije ibendera ry’igihugu abasaba guhatana bagahesha ishema u Rwanda  bagiye bahagarariye.

Iyi kipe mu kwitegura iyi mikino y’Afurika yakinnye imikino itandukanye ya gicuti aho yatsinze IPRC Kigali amanota 81 kuri 72 inatsinda kandi UGB amanota 68 kuri 60.

Iyi mikino y’Afurika igiye kuba ku nshuro ya 21, amakipe abiri azitwara neza azabona itike yo kuzaserukira Afurika mu mikino y’igikombe cy’Isi mu batarengeje imyaka 19  “FIBA U-19 Basketball World Cup 2023” izabera muri  Hungary.

Ikipe y’u Rwanda U-18 yabonye itike yo kwitabira iyi mikino y’Afurika nyuma yo kwitwara neza aho yegukanye igikombe cy’Akarere ka 5, imikino  yabereye i Kampala muri Uganda kuva taliki 12-18 Kamena 2022.

Iyi kipe y’u Rwanda ni inshuro ya 5 igiye kwitabira imikino y’Afurika . Inshuro 4 ziheruka ni  2010, 2012, 2016 na 2018. Muri 2010 na 2016, iri rushanwa ryabereye mu Rwanda. Ikipe y’u Rwanda yitwaye neza muri  2016 ubwo yasorezaga ku mwanya wa 5 naho ubwo iheruka muri iyi mikino muri 2018 yasoreje ku mwanya wa 6.

Kugeza ubu, ikipe y’u Rwanda  ntirabasha kubona itike y’imikino y’igikombe cy’Isi   “FIBA U-19 Basketball World Cup”. Ku rutonde, ikipe y’u Rwanda U-18 iri ku mwanya wa 51 ku Isi na 09 muri Afurika.

Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda

Aba ni Bahizi Meddy, Kwizera Hubert Sage, Cyiza Nshuti , Kayinamura Emmanuel, Nubaha Ghislain, Karenzi Brian, Rutatika Sano Dick, Rusizana Allan, Mugalu Mike, Ishimwe Samy Arsene, Kabera Prince na Rutsindura Brillant Brave.

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 4 =

Previous Post

Liverpool yatunguye Man City iyitwara FA Community Shield – AMAFOTO

Next Post

Mu gihe Isoko ryenda kuremura Etincelles yaryinjiyemo isinyisha 5 barimo n’uwo muri RDC

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gihe Isoko ryenda kuremura Etincelles yaryinjiyemo isinyisha 5 barimo n’uwo muri RDC

Mu gihe Isoko ryenda kuremura Etincelles yaryinjiyemo isinyisha 5 barimo n’uwo muri RDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.