• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

 Ikipe y’u Rwanda U-18  yitabiriye  imikino y’Afurika muri Madagascar

radiotv10by radiotv10
31/07/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
 Ikipe y’u Rwanda U-18  yitabiriye  imikino y’Afurika muri Madagascar
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe  y’u Rwanda mu bahungu batarengeje imyaka 18 iri mu mujyi wa  Antananarivo muri Madagascar ahagiye kubera imikino  y’Afurika  muri  Basketball mu batarengeje imyaka 18 “FIBA U-18 African Championship 2022” kuva  taliki 04 kugeza 14 Kanama 2022.

Ni  irushanwa rizitabirwa n’amakipe 10 arimo ikipe y’u Rwanda, Madagascar, Algeria, Angola, Benin, Misiri, Guinea, Mali, Senegal na Tanzania. Iyi ni inshuro ya kabiri Madagascar igiye kwakira iyi mikino y’Afurika nyuma yo kuyakira bwa mbere muri 2014.

Ikipe y’u Rwanda yahagurutse mu Rwanda mu rukerera rwo ku wa Gatanu taliki 29 Nyakanga 2022. Mbere y’uko iyi kipe ihaguruka, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo “MINISPORTS, Shema Maboko Didier yayishyikirije ibendera ry’igihugu abasaba guhatana bagahesha ishema u Rwanda  bagiye bahagarariye.

Iyi kipe mu kwitegura iyi mikino y’Afurika yakinnye imikino itandukanye ya gicuti aho yatsinze IPRC Kigali amanota 81 kuri 72 inatsinda kandi UGB amanota 68 kuri 60.

Iyi mikino y’Afurika igiye kuba ku nshuro ya 21, amakipe abiri azitwara neza azabona itike yo kuzaserukira Afurika mu mikino y’igikombe cy’Isi mu batarengeje imyaka 19  “FIBA U-19 Basketball World Cup 2023” izabera muri  Hungary.

Ikipe y’u Rwanda U-18 yabonye itike yo kwitabira iyi mikino y’Afurika nyuma yo kwitwara neza aho yegukanye igikombe cy’Akarere ka 5, imikino  yabereye i Kampala muri Uganda kuva taliki 12-18 Kamena 2022.

Iyi kipe y’u Rwanda ni inshuro ya 5 igiye kwitabira imikino y’Afurika . Inshuro 4 ziheruka ni  2010, 2012, 2016 na 2018. Muri 2010 na 2016, iri rushanwa ryabereye mu Rwanda. Ikipe y’u Rwanda yitwaye neza muri  2016 ubwo yasorezaga ku mwanya wa 5 naho ubwo iheruka muri iyi mikino muri 2018 yasoreje ku mwanya wa 6.

Kugeza ubu, ikipe y’u Rwanda  ntirabasha kubona itike y’imikino y’igikombe cy’Isi   “FIBA U-19 Basketball World Cup”. Ku rutonde, ikipe y’u Rwanda U-18 iri ku mwanya wa 51 ku Isi na 09 muri Afurika.

Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda

Aba ni Bahizi Meddy, Kwizera Hubert Sage, Cyiza Nshuti , Kayinamura Emmanuel, Nubaha Ghislain, Karenzi Brian, Rutatika Sano Dick, Rusizana Allan, Mugalu Mike, Ishimwe Samy Arsene, Kabera Prince na Rutsindura Brillant Brave.

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + twenty =

Previous Post

Liverpool yatunguye Man City iyitwara FA Community Shield – AMAFOTO

Next Post

Mu gihe Isoko ryenda kuremura Etincelles yaryinjiyemo isinyisha 5 barimo n’uwo muri RDC

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Mu gihe Isoko ryenda kuremura Etincelles yaryinjiyemo isinyisha 5 barimo n’uwo muri RDC

Mu gihe Isoko ryenda kuremura Etincelles yaryinjiyemo isinyisha 5 barimo n’uwo muri RDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.