Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

 Ikipe y’u Rwanda U-18  yitabiriye  imikino y’Afurika muri Madagascar

radiotv10by radiotv10
31/07/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
 Ikipe y’u Rwanda U-18  yitabiriye  imikino y’Afurika muri Madagascar
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe  y’u Rwanda mu bahungu batarengeje imyaka 18 iri mu mujyi wa  Antananarivo muri Madagascar ahagiye kubera imikino  y’Afurika  muri  Basketball mu batarengeje imyaka 18 “FIBA U-18 African Championship 2022” kuva  taliki 04 kugeza 14 Kanama 2022.

Ni  irushanwa rizitabirwa n’amakipe 10 arimo ikipe y’u Rwanda, Madagascar, Algeria, Angola, Benin, Misiri, Guinea, Mali, Senegal na Tanzania. Iyi ni inshuro ya kabiri Madagascar igiye kwakira iyi mikino y’Afurika nyuma yo kuyakira bwa mbere muri 2014.

Ikipe y’u Rwanda yahagurutse mu Rwanda mu rukerera rwo ku wa Gatanu taliki 29 Nyakanga 2022. Mbere y’uko iyi kipe ihaguruka, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo “MINISPORTS, Shema Maboko Didier yayishyikirije ibendera ry’igihugu abasaba guhatana bagahesha ishema u Rwanda  bagiye bahagarariye.

Iyi kipe mu kwitegura iyi mikino y’Afurika yakinnye imikino itandukanye ya gicuti aho yatsinze IPRC Kigali amanota 81 kuri 72 inatsinda kandi UGB amanota 68 kuri 60.

Iyi mikino y’Afurika igiye kuba ku nshuro ya 21, amakipe abiri azitwara neza azabona itike yo kuzaserukira Afurika mu mikino y’igikombe cy’Isi mu batarengeje imyaka 19  “FIBA U-19 Basketball World Cup 2023” izabera muri  Hungary.

Ikipe y’u Rwanda U-18 yabonye itike yo kwitabira iyi mikino y’Afurika nyuma yo kwitwara neza aho yegukanye igikombe cy’Akarere ka 5, imikino  yabereye i Kampala muri Uganda kuva taliki 12-18 Kamena 2022.

Iyi kipe y’u Rwanda ni inshuro ya 5 igiye kwitabira imikino y’Afurika . Inshuro 4 ziheruka ni  2010, 2012, 2016 na 2018. Muri 2010 na 2016, iri rushanwa ryabereye mu Rwanda. Ikipe y’u Rwanda yitwaye neza muri  2016 ubwo yasorezaga ku mwanya wa 5 naho ubwo iheruka muri iyi mikino muri 2018 yasoreje ku mwanya wa 6.

Kugeza ubu, ikipe y’u Rwanda  ntirabasha kubona itike y’imikino y’igikombe cy’Isi   “FIBA U-19 Basketball World Cup”. Ku rutonde, ikipe y’u Rwanda U-18 iri ku mwanya wa 51 ku Isi na 09 muri Afurika.

Abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda

Aba ni Bahizi Meddy, Kwizera Hubert Sage, Cyiza Nshuti , Kayinamura Emmanuel, Nubaha Ghislain, Karenzi Brian, Rutatika Sano Dick, Rusizana Allan, Mugalu Mike, Ishimwe Samy Arsene, Kabera Prince na Rutsindura Brillant Brave.

RADIOTV10RWANDA

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 7 =

Previous Post

Liverpool yatunguye Man City iyitwara FA Community Shield – AMAFOTO

Next Post

Mu gihe Isoko ryenda kuremura Etincelles yaryinjiyemo isinyisha 5 barimo n’uwo muri RDC

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

by radiotv10
22/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo n'Imyidagaduro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Didier Budimbu, yashyikirije igihembo cy’imodoka nshyashya yo mu bwoko bwa...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe ya Rayon Sports bwemeje ko bwatandukanye n'Umutoza Wungirije, Haruna Ferouz ku bwumvikane bw’impande zombi, nyuma yuko bivuzwe ko...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu gihe Isoko ryenda kuremura Etincelles yaryinjiyemo isinyisha 5 barimo n’uwo muri RDC

Mu gihe Isoko ryenda kuremura Etincelles yaryinjiyemo isinyisha 5 barimo n’uwo muri RDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.