Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi

radiotv10by radiotv10
25/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) ryatesheje agaciro ikirego cyari cyatanzwe n’Ikipe ya Intare FC nyuma y’isubikwa ry’umukino w’Igikombe cy’Amahoro wagombaga guhuza iyi kipe na Rayon Sports, wanazamuye impaka ndende.

Ni icyemezo cyatanzwe n’Ikipe ya Intare FC nyuma y’isubikwa ry’umukino wagombaga kuba ku ya 8 Werurwe 2023, ukabera kuri stade ya Muhanga, waje kwimurirwa kuri sitade ya Bugesera kuri iyo taliki n’ubundi, aho wari kuba i saa sita n’igice, ukabanziriza umukino na wo w’igikombe cy’Amahoro APR FC yakiriyemo Ivoire Olympic.

Gusa ubwo Rayon Sports yari iri kwerekeza kuri iki kibuga cya Bugesera, bitunguranye, yamenyeshejwe na FWERWAGA ko umukino wayo utakibaye, ahubwo ko wimuriwe ku ya 10 Werurwe 2023.

Ni ibintu bitashimishije iyi kipe dore ko ku ya 12 Werurwe 2023 yari ifite umukino utoroshye wa Shampiyona yari buhuremo na AS Kigali (baje no kunganyamo igitego 1-1), ndetse bituma Rayon itumira ikiganiro n’itangazamakuru imenyesha abakunzi bayo ko ivuye mu irushanwa ry’igikombe cy’Amahoro kubera akajagari n’akavuyo kari mu mitegurire ya FERWAFA.

Ibi byatumye Intare FC, isanzwe ikina mu cyiciro cya 2, yumva ko isekewe n’amahirwe yo gukomeza muri 1/4 cy’irangiza, nyamara yari yaratsinzwe umukino ubanza ibitego 2-1.

Gusa nyuma y’ibiganiro na FERWAFA, ikipe ya Rayon Sports yemeye kugaruka mu gikombe cy’Amahoro, ibintu bitashimishije Intare FC, itari yamenyeshejwe iby’izi mpinduka, bityo ku ya 12 Werurwe, ihita yandikira FERWAFA iyisaba ko Rayon Sports yaterwa mpaga.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Werurwe 2023, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) yateye utwatsi iby’ubu busabe bwa Intare FC, ahubwo iyibwira ko umukino wo kwishyura wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro ifitanye na Rayon Sports uzakinwa kuri uyu wa Mbere, tariki ya 27 Werurwe 2023, ubere kuri sitade ya Bugesera.

Cedric KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + 12 =

Previous Post

Ruhango: Umugabo arakekwa gukorera amahano umugore we agahita yishyikiriza RIB

Next Post

MTN ifitiye inkuru nziza Abanyarwanda bifuza gutunga Smartphone zigezweho za Interineti inyaruka

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina
MU RWANDA

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN ifitiye inkuru nziza Abanyarwanda bifuza gutunga Smartphone zigezweho za Interineti inyaruka

MTN ifitiye inkuru nziza Abanyarwanda bifuza gutunga Smartphone zigezweho za Interineti inyaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.