Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi

radiotv10by radiotv10
25/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikirego cyasabaga ko ikipe ikunzwe mu Rwanda ifatirwa icyemezo gikomeye cyatewe utwatsi
Share on FacebookShare on Twitter

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) ryatesheje agaciro ikirego cyari cyatanzwe n’Ikipe ya Intare FC nyuma y’isubikwa ry’umukino w’Igikombe cy’Amahoro wagombaga guhuza iyi kipe na Rayon Sports, wanazamuye impaka ndende.

Ni icyemezo cyatanzwe n’Ikipe ya Intare FC nyuma y’isubikwa ry’umukino wagombaga kuba ku ya 8 Werurwe 2023, ukabera kuri stade ya Muhanga, waje kwimurirwa kuri sitade ya Bugesera kuri iyo taliki n’ubundi, aho wari kuba i saa sita n’igice, ukabanziriza umukino na wo w’igikombe cy’Amahoro APR FC yakiriyemo Ivoire Olympic.

Gusa ubwo Rayon Sports yari iri kwerekeza kuri iki kibuga cya Bugesera, bitunguranye, yamenyeshejwe na FWERWAGA ko umukino wayo utakibaye, ahubwo ko wimuriwe ku ya 10 Werurwe 2023.

Ni ibintu bitashimishije iyi kipe dore ko ku ya 12 Werurwe 2023 yari ifite umukino utoroshye wa Shampiyona yari buhuremo na AS Kigali (baje no kunganyamo igitego 1-1), ndetse bituma Rayon itumira ikiganiro n’itangazamakuru imenyesha abakunzi bayo ko ivuye mu irushanwa ry’igikombe cy’Amahoro kubera akajagari n’akavuyo kari mu mitegurire ya FERWAFA.

Ibi byatumye Intare FC, isanzwe ikina mu cyiciro cya 2, yumva ko isekewe n’amahirwe yo gukomeza muri 1/4 cy’irangiza, nyamara yari yaratsinzwe umukino ubanza ibitego 2-1.

Gusa nyuma y’ibiganiro na FERWAFA, ikipe ya Rayon Sports yemeye kugaruka mu gikombe cy’Amahoro, ibintu bitashimishije Intare FC, itari yamenyeshejwe iby’izi mpinduka, bityo ku ya 12 Werurwe, ihita yandikira FERWAFA iyisaba ko Rayon Sports yaterwa mpaga.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 24 Werurwe 2023, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru (FERWAFA) yateye utwatsi iby’ubu busabe bwa Intare FC, ahubwo iyibwira ko umukino wo kwishyura wa 1/8 cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro ifitanye na Rayon Sports uzakinwa kuri uyu wa Mbere, tariki ya 27 Werurwe 2023, ubere kuri sitade ya Bugesera.

Cedric KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Ruhango: Umugabo arakekwa gukorera amahano umugore we agahita yishyikiriza RIB

Next Post

MTN ifitiye inkuru nziza Abanyarwanda bifuza gutunga Smartphone zigezweho za Interineti inyaruka

Related Posts

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

by radiotv10
08/05/2025
0

Ikipe ya AS Muhanga yaherukaga mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu Rwanda muri 2014 na Gicumbi FC yagiherukagamo muri...

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

Kiyovu na Gasogi mu nzira yo gucutswa, As Kigali igasigara ku ibere yonyine

by radiotv10
08/05/2025
0

Ubuyozi bw’Umujyi wa Kigali, bugiye gukuraho inkunga bwahaga andi makipe azwi muri ruhago nyarwanda nka Kiyovu Sports na Gasogi United,...

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

by radiotv10
07/05/2025
0

Myugariro w’ikipe y’Igihugu Amavubi na Rayon Sports, Ombolenga Fitina yandikiye iyi kipe iherutse kumugura, ayisaba ko basesa amasezerano kubera kutubahiriza...

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

by radiotv10
07/05/2025
0

Ndayishimiye Thierry wakinaga mu bwugarizi bw’ikipe ya AS Kigali, yahagaritse gukina umupira w’amaguru nk’uwabigize umwuga, aho yerecyeje ku Mugabane w’u...

Volleyball: Amakipe aherutse guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika agiye guhurira mikino y’ishiraniro

Volleyball: Amakipe aherutse guhagararira u Rwanda mu mikino nyafurika agiye guhurira mikino y’ishiraniro

by radiotv10
02/05/2025
0

Mu mikino ya kamarampaka (Playoffs) yo gushaka ikipe izegukana igikombe cya Shampiyona ya 2024-2025 muri Volleyball, mu cyiciro cy’abakobwa, ikipe...

IZIHERUKA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa
MU RWANDA

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Hatangajwe igikekwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ watawe muri yombi

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

08/05/2025
IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

08/05/2025
Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

Igisubuzo Polisi y’u Rwanda yahaye uwayisabiye kumujyana Iwawa kuko ubuzima busanzwe bwanze

08/05/2025
Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

Harimo iyari imaze imyaka 11: Amakipe yazamutse mu cyiciro cya mbere mu Rwanda yamenyekanye

08/05/2025
Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

08/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN ifitiye inkuru nziza Abanyarwanda bifuza gutunga Smartphone zigezweho za Interineti inyaruka

MTN ifitiye inkuru nziza Abanyarwanda bifuza gutunga Smartphone zigezweho za Interineti inyaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Ibyo twamenye bivugwa kuri ‘Bishop Gafaranga’ ukurikiranyweho ihohotera rishingiye ku gitsina

IFOTO: Perezida Kagame na Mushikiwabo barebye imbonankubone umukino wahuje amakipe yombi yamamaza VisitRwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.