Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ikiri gukorwa ku mpamvu nshya yatahuweho gutera rumwe rubyiruko rw’u Rwanda kwanga ishuri

radiotv10by radiotv10
22/01/2024
in MU RWANDA
1
Ikiri gukorwa ku mpamvu nshya yatahuweho gutera rumwe rubyiruko rw’u Rwanda kwanga ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ivuga ko rumwe mu rubyiruko rwanga kwiga kuko hari bagenzi babo barangije amashuri bakabura akazi, ikavuga ko hari ikiri gutekerezwa nk’umuti w’iki kibazo.

Mu gihe hari gukorwa ibikorwa binyuranye byo kwitegura umunsi w’Intwari, urubyiruko runyuranye ruri guhabwa inyigisho zo gukora ibikorwa by’ubutwari birimo n’ibyaruteza imbere bikanateza imbere Igihugu cyarwibarutse.

Gusa bamwe mu basore n’inkumi bavuga ko bitoroshye kuko no kwihangira imirimo bahora basabwa, na byo bibasaba igishoro batapfa kwigongera.

Ni mu gihe Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, ivuga ko nanone muri uko kwihangira imirimo, bishingira ku masomo baba barahawe mu mashuri, ariko hakaba hari imbogamizi za bamwe bari kwanga kwiga.

Imwe mu mpamvu itangwa na rumwe mu rubyiruko rwanze kwiga, ni uko hari bagenzi babo barangije amashuri ariko bakirirwa bababona barabuze ibyo bakora.

Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr. Abdallah Jean Nepo Utumatwishima avuga ko hari gushakwa umuti w’iki kibazo, ukazahera mu masomo atangirwa mu mashuri y’ibanze.

Yagize ati “Ubu turimo kuganira na Minisiteri y’Uburezi ngo isomo ryitwa ‘entrepreneurship’ riba mu mashuri yisumbuye, ribe isomo ryo kwiga umurimo. Urugero niba muri mu Majyaruguru nka Musanze bahinga ibirayi; tuzi neza ko abaturage baho bakeneye urubyiruko rubafasha gutubura imbuto y’ibirayi.”

Nubwo bamwe mu rubyiruko banga ishuri; ngo hari n’abahabwa akazi ariko bakabura ubunyangamugayo ku kazi, nk’uko bitangazwa na bamwe muri ba rwiyemezamirimo.

Umwe ati “Ni byo koko ikibazo cy’umurimo mu rubyiruko kirahari, turakibona. Urubyiruko nta kazi bafite koko, ariko mu kazi kacu abakozi barabuze. Urubyiruko rurangiza kwiga uramuzana mu bucuruzi bwanjye; ukwezi kwa mbere akanyiba. Urubyiruko rwanyu murwigishe indangagaciro ku murimo n’ubunyangamugayo ku mafaranga.”

Bamwe mu rubyiruko na bo bemera ko izi ngeso mbi bavugwaho zigaragara kuri bamwe, ariko ko iyo myitwarire bayiterwa no gushaka gukira vuba.

Umwe ati “Iyo tugiye kwaka akazi badusaba uburambe, tukibaza aho twabukura kandi n’amashuri badusaba twarayize, ariko hari ikintu yavuze ko tugomba gukomeza kwiga kubera ko n’iyi Si ari ishuri.”

Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi ivuga ko mu buryo bwo gufasha urubyiruko gutungwa n’ubumenyi bafite; bemeranyije n’inzego zitandukanye ko imirimo mishya yose izajya ivuka igomba gushyira imbere urubyiruko.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Claude Mivumbi says:
    1 year ago

    Hari nabize iryo Somo muri za kaminuza Kandi bakigaramye Aho ngaho , ikibazo cy’akazi kirimo guhera kumirimo ihangwa n’igihugu abayigenzura bakabikorana umwete muke Kandi bakabikora bavugako bafite ibishoro ugasanga barimo kwerekana za bank statement ziriho cash ariko mubyukuri ayo mafaranga Atari destine kuriyo project izaba launching.
    Leta ikagira byabintu Koko biratanga akazi Kandi atariko biri.
    Nibanze igenzure iki kintu.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 7 =

Previous Post

Senegal: Hatangajwe umubare ubayeho bwa mbere w’abazahatanira umwanya wa Perezida

Next Post

M23 nyuma y’ibitero byahitanye abakomando bayo yahise ishyiraho amabwiriza akarishye aho igenzura

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 nyuma y’ibitero byahitanye abakomando bayo yahise ishyiraho amabwiriza akarishye aho igenzura

M23 nyuma y’ibitero byahitanye abakomando bayo yahise ishyiraho amabwiriza akarishye aho igenzura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.