Monday, November 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Imanishimwe Emmanuel ashobora gusinya imyaka itatu muri FAR Rabat

radiotv10by radiotv10
31/07/2021
in SIPORO
0
Imanishimwe Emmanuel ashobora gusinya imyaka itatu muri FAR Rabat
Share on FacebookShare on Twitter

Emmanuel Imanishimwe ukina inyuma ahagana ibumoso muri APR FC ashobora gusinya amasezerano y’imyaka itatu muri Association Sportive des Forces Armées Royales (AS FAR Rabat) iri mu cyiciro cya mbere muri shampiyona ya Morocco.

Imanishimwe w’imyaka 26 y’amavuko umaze imyaka itandatu muri APR FC, yabaye umukinnyi udasimburwa ku mwanya we ndetse anakomeza kwitwara neza mu ikipe y’igihugu kugeza ubu aho ariwe mahitamo ya mbere ya Mashami Vincent.

Amakuru atanga na RadioTV10 avuga ko uyu mugabo wubatse ahaguruka mu Rwanda mu rucyerera rw’iki Cyumweru cya tariki ya 1 Kanama azafata indege agana muri Morocco kurangizanya.

Imanishimwe bivugwa ko azasinya amasezerano y’imyaka itatu (2021-2024) kugira ngo atangire urugendo mu ikipe ya FAR Rabat itozwa na Sven Vandenbroek wahoze ari umutoza mukuru wa Simba SC n’ubwo amakuru ava muri iki gihugu avuga ko nawe yifuzwa n’ikipe ya Esperence de Tunis yo muri Tunisia.

Association Sportive des Forces Armées Royales (AS FAR Rabat), ni ikipe imaze imyaka 62 ibayeho kuko yashinzwe tariki ya 1 Nzeri 1958 ikaba ibitse ibikombe 12 bya shampiyona birimo icyo iheruka mu mwaka w’imikino 2007-2008.

Mu mwaka w’imikino 2020-2021, AS FAR Rabat yasoje ku mwanya wa gatatu kuri ubu ikaba iri mu mikino ya ½ cy’irangiza mu gikombe cy’igihugu (Moroccan Throne Cup) igikombe iheruka mu 2012.

Mu gihe Imanishimwe yabaye agiye, yaba abaye umukinnyi wa kane APR FC yohereje hanze muri iyi mpeshyi ya 2021 nyuma ya Byiringiro Lague, Manzi Thierry na Mutsinzi Ange.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − four =

Previous Post

Haruna Niyonzima yongeye kwakirwa muri AS Kigali

Next Post

Rutsiro: Abantu 8 barimo King James na Shady Boo bafatiwe mu busabane

Related Posts

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

by radiotv10
31/10/2025
0

Abakinnyi b’ikipe ya Manchester United bagaragaye bambaye barimbye mu myambaro inogeye ijisho, ubwo bari bitabiriye imyitozo bitegura umukino bafite muri...

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

Ibiteye amatsiko ku modoka ya mbere y’imfura ya rurangiranwa muri ruhago Cristiano Ronaldo

by radiotv10
31/10/2025
0

Cristiano Ronaldo Junior, imfura ya rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yerekanye imodoka ye ya mbere atunze ku myaka 15...

Amakuru agezweho: Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi 2 ba APR bagaragaje imyitwarire igayitse hanashyirwa hanze ibyo bakoze

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abakinnyi b’ingenzi ba APR bakorwagaho iperereza ku myitwarire idahwitse bagaragaje

by radiotv10
31/10/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko iperereza ryakorwaga ku bakinnyi b'iyi kipe, Dauda Yussif na Sy Mamadou ku myitwarire idahwite...

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

IZIHERUKA

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere
MU RWANDA

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

by radiotv10
03/11/2025
0

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

03/11/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

03/11/2025
BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

BREAKING: Inkongi y’umuriro bitaramenyekana icyayiteye yibasiye inyubako y’ishuri ry’i Rwamagana

03/11/2025
Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

Kamonyi: Umukwabu wo gushaka abakora ibikorwa bigayitse wageze no bajura b’amatungo

03/11/2025
Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

Perezida w’u Burundi agiye muri Tanzania mu irahira rya Madamu Samia ribera mu muhezo

03/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Abantu 8 barimo King James na Shady Boo bafatiwe mu busabane

Rutsiro: Abantu 8 barimo King James na Shady Boo bafatiwe mu busabane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyagaragajwe n’iperereza ku bagabo batatu barimo uwitwa Shirumuteto bafatanywe imari y’amahembe y’inzovu mu modoka y’Akarere

Stop waiting, start doing: How to beat Procrastination and own your week

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyo ibona cyihishe inyuma y’ubutabazi bwavugiwe mu Bufaransa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.