Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Imanishimwe Emmanuel ashobora gusinya imyaka itatu muri FAR Rabat

radiotv10by radiotv10
31/07/2021
in SIPORO
0
Imanishimwe Emmanuel ashobora gusinya imyaka itatu muri FAR Rabat
Share on FacebookShare on Twitter

Emmanuel Imanishimwe ukina inyuma ahagana ibumoso muri APR FC ashobora gusinya amasezerano y’imyaka itatu muri Association Sportive des Forces Armées Royales (AS FAR Rabat) iri mu cyiciro cya mbere muri shampiyona ya Morocco.

Imanishimwe w’imyaka 26 y’amavuko umaze imyaka itandatu muri APR FC, yabaye umukinnyi udasimburwa ku mwanya we ndetse anakomeza kwitwara neza mu ikipe y’igihugu kugeza ubu aho ariwe mahitamo ya mbere ya Mashami Vincent.

Amakuru atanga na RadioTV10 avuga ko uyu mugabo wubatse ahaguruka mu Rwanda mu rucyerera rw’iki Cyumweru cya tariki ya 1 Kanama azafata indege agana muri Morocco kurangizanya.

Imanishimwe bivugwa ko azasinya amasezerano y’imyaka itatu (2021-2024) kugira ngo atangire urugendo mu ikipe ya FAR Rabat itozwa na Sven Vandenbroek wahoze ari umutoza mukuru wa Simba SC n’ubwo amakuru ava muri iki gihugu avuga ko nawe yifuzwa n’ikipe ya Esperence de Tunis yo muri Tunisia.

Association Sportive des Forces Armées Royales (AS FAR Rabat), ni ikipe imaze imyaka 62 ibayeho kuko yashinzwe tariki ya 1 Nzeri 1958 ikaba ibitse ibikombe 12 bya shampiyona birimo icyo iheruka mu mwaka w’imikino 2007-2008.

Mu mwaka w’imikino 2020-2021, AS FAR Rabat yasoje ku mwanya wa gatatu kuri ubu ikaba iri mu mikino ya ½ cy’irangiza mu gikombe cy’igihugu (Moroccan Throne Cup) igikombe iheruka mu 2012.

Mu gihe Imanishimwe yabaye agiye, yaba abaye umukinnyi wa kane APR FC yohereje hanze muri iyi mpeshyi ya 2021 nyuma ya Byiringiro Lague, Manzi Thierry na Mutsinzi Ange.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Haruna Niyonzima yongeye kwakirwa muri AS Kigali

Next Post

Rutsiro: Abantu 8 barimo King James na Shady Boo bafatiwe mu busabane

Related Posts

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

by radiotv10
17/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi, FIFA, yemeje amafaranga angana na miliyoni 620 z’amayero (€620 M) azagenerwa ibihugu 48 bizitabira igikombe...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Muhammed Kagawa Ssenoga, rutahizamu uca ku ruhande wakiniraga Express yo muri Uganda na Ali Ismael Ahmed EL SAYED Moussa ukomoka...

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

Rayon nyuma yo gutsindwa ihise izana umutoza wungirije uyijemo ku nshuro ya gatatu

by radiotv10
15/12/2025
0

Lomami Marcel wari umaze igihe ari umutoza wungirije muri Etincelles FC, yemejwe nk’umutoza wungirije wa Rayon Sports mu gihe igitegereje...

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

Rayon yibukijwe ibitazibagirana byayibayeho umwaka ushize byatumye igikombe kiyica mu myanya y’intoki

by radiotv10
15/12/2025
0

Bugesera FC yongeye gutsinda Rayon Sports FC mu mukino wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru byibutsa abafana ba...

IZIHERUKA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?
IMIBEREHO MYIZA

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Abantu 8 barimo King James na Shady Boo bafatiwe mu busabane

Rutsiro: Abantu 8 barimo King James na Shady Boo bafatiwe mu busabane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.