• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, July 7, 2026
RADIOTV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Imanishimwe Emmanuel ashobora gusinya imyaka itatu muri FAR Rabat

radiotv10by radiotv10
31/07/2021
in SIPORO
0
Imanishimwe Emmanuel ashobora gusinya imyaka itatu muri FAR Rabat
Share on FacebookShare on Twitter

Emmanuel Imanishimwe ukina inyuma ahagana ibumoso muri APR FC ashobora gusinya amasezerano y’imyaka itatu muri Association Sportive des Forces Armées Royales (AS FAR Rabat) iri mu cyiciro cya mbere muri shampiyona ya Morocco.

Imanishimwe w’imyaka 26 y’amavuko umaze imyaka itandatu muri APR FC, yabaye umukinnyi udasimburwa ku mwanya we ndetse anakomeza kwitwara neza mu ikipe y’igihugu kugeza ubu aho ariwe mahitamo ya mbere ya Mashami Vincent.

Amakuru atanga na RadioTV10 avuga ko uyu mugabo wubatse ahaguruka mu Rwanda mu rucyerera rw’iki Cyumweru cya tariki ya 1 Kanama azafata indege agana muri Morocco kurangizanya.

Imanishimwe bivugwa ko azasinya amasezerano y’imyaka itatu (2021-2024) kugira ngo atangire urugendo mu ikipe ya FAR Rabat itozwa na Sven Vandenbroek wahoze ari umutoza mukuru wa Simba SC n’ubwo amakuru ava muri iki gihugu avuga ko nawe yifuzwa n’ikipe ya Esperence de Tunis yo muri Tunisia.

Association Sportive des Forces Armées Royales (AS FAR Rabat), ni ikipe imaze imyaka 62 ibayeho kuko yashinzwe tariki ya 1 Nzeri 1958 ikaba ibitse ibikombe 12 bya shampiyona birimo icyo iheruka mu mwaka w’imikino 2007-2008.

Mu mwaka w’imikino 2020-2021, AS FAR Rabat yasoje ku mwanya wa gatatu kuri ubu ikaba iri mu mikino ya ½ cy’irangiza mu gikombe cy’igihugu (Moroccan Throne Cup) igikombe iheruka mu 2012.

Mu gihe Imanishimwe yabaye agiye, yaba abaye umukinnyi wa kane APR FC yohereje hanze muri iyi mpeshyi ya 2021 nyuma ya Byiringiro Lague, Manzi Thierry na Mutsinzi Ange.

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − one =

Previous Post

Haruna Niyonzima yongeye kwakirwa muri AS Kigali

Next Post

Rutsiro: Abantu 8 barimo King James na Shady Boo bafatiwe mu busabane

Related Posts

Abakinnyi ba Cape-Verde bakiriwe nk’intwari bageze iwabo

Abakinnyi ba Cape-Verde bakiriwe nk’intwari bageze iwabo

by radiotv10
06/07/2026
0

Abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Cape-Verde yatanze ibyishimo mu mikino y'Igikombe cy'Isi, bakiriwe nk’intwari ubwo bari bageze mu murwa mukuru w’igihugu...

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

by radiotv10
03/07/2026
0

Rurangiranwa mu mupira w’amaguru ku Isi, Cristiano Ronaldo yabajijwe ikibazo n’umunyamakuru w’Umunyarwanda uri muri Canada ahari kubera Igikombe cy’Isi, kirebana...

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

Ikipe ya Police FC yibitseho abakinnyi batanu ku munsi umwe

by radiotv10
03/07/2026
0

Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gusinyisha abakinnyi batanu bashya biganjemo abanyamahanga,n'Umunyarwanda ukina nka myugariro Rushema Chris wari usanzwe...

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

Hagiye kujya hakorwa isuzuma ritunguranye mu Rwanda rishobora gutahura abakinnyi bakoresha ibiyobyabwenge

by radiotv10
03/07/2026
0

Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yatangaje mu guhera mu mwaka w’imikino wa 2026-2026 abakinnyi bazajya bakorerwa isuzuma...

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

Kiyovu Sports ishobora guterwa gapapu n’ikipe ya Etoile de l’Est

by radiotv10
02/07/2026
0

Nyuma y’uko ikipe ya Kiyovu Sports isoje umwaka w’imikino idafite umutoza mukuru, yatangiye kurambagiza uwatozaga Amagaju, gusa amakuru aravuga ko...

Next Post
Rutsiro: Abantu 8 barimo King James na Shady Boo bafatiwe mu busabane

Rutsiro: Abantu 8 barimo King James na Shady Boo bafatiwe mu busabane

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abakinnyi babiri bakiniye amakipe akomeye mu Rwanda bahaye abagore babo impano z’imodoka

Ntihavugwa rumwe kuri bariyeri nyinshi zashyizwe mu majyepfo y’u Burundi

Perezida Kagame yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo nshya muri Loni y’Ubwenge Bukorano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • App Support
  • Cart
  • DOWNLOAD TV10 APP
  • FULL PROGRAMS LINEUP
    • RADIO 10 PROGRAMS
      • MONDAY
    • TV10 PROGRAMS
      • FRIDAY
      • MONDAY
      • SATURDAY
      • SUNDAY
      • THURSDAY
      • TUESDAY
      • WEDNESDAY
  • Hero Section Sample
  • Home 1
  • Home 1 Copy before edit by kader
  • Home 2
  • Home 3
  • Home 4
  • Home 5
  • MANAGMENT
  • MEGA MENU
  • My Home
  • My Home – English
  • Radio
  • RADIO 10 LIVE
  • RADIO10 SHOWS
  • songs_archieve
  • TV 10 LIVE
  • TV10 CAP
  • TV10 LIVE
  • TV10 SHOWS
    • AHABONA
  • Videos

Copyright © 2024 RadioTv10.