Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imbere ya Putin Perezida umwe muri Afurika yatoboye amubwira ikibabaje Isi yose

radiotv10by radiotv10
28/07/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Imbere ya Putin Perezida umwe muri Afurika yatoboye amubwira ikibabaje Isi yose
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama yahuje Abakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika n’uw’u Burusiya Vladimir Putin, umwe mu bo kuri uyu Mugabane, Perezida w’Ibirwa bya Comoros, Azali Assoumani akaba anayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yamusabye guhagarika intambara muri Ukraine, kuko yazaniye akaga Isi yose by’umuhariko Afurika.

Ni inama yabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Nyakanga 2023, igamije guhuza imbaraga hagati y’u Burusiya na Afurika mu kuzamura iterambere ry’uyu Mugabane.

Iyi nama ibaye nyuma y’umwaka n’igice hadutse intambara iri kubera muri Ukraine yashojwe n’u Burusiya, by’umwihariko yatangijwe na Perezida w’iki Gihugu, Vladimir Putin wari uyoboye iyi nama.

Nubwo yari inama yiga ku iterambere, Perezida w’Ibirwa bya Comoros, Azali Assoumani unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yavuze ko Umugabane wa Afurika wugarijwe n’ibibazo birimo itumbagira ry’ibiciro ku isoko, kandi byose bikaba bishinze imizi kuri iriya ntambara.

Ati “Ni yo mpamvu dusaba abo bireba bose ngo boroshye uburyo ingano ziva mu Burusiya na Ukraine zagera mu Bihugu byacu. Ndetse turasaba amahoro arambye hagati y’u Burusiya na Ukraine.”

Yakomeje agira ati “Ubwo ni bwo butumwa mfite ku bwanjye n’umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe. Ibyo ni nabyo twaganiriye na Perezida wa Ukraine. Turasaba Putin gushyira imbere amahoro, kandi twizeye ko ubusabe bwacu bwakiriwe kuko ari cyo ikiremwamuntu gikeneye.”

 

Abaperezida bitabiriye bari mbarwa

Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo ku Mugabane wa Afurika ugizwe n’Ibihugu 54, bitabiriye iyi nama ni 17 nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin.

Bivuze ko Abakuru b’Ibihugu bya Afurika bitabiriye iyi nama, ari 31%, mu gihe ubwo yabaga ku nshuro ya mbere muri 2019 bari ku ijanisha rya 79% kuko bari 43.

Ni inama yabaye mu gihe bamwe mu Bakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika baraciye amarenga ko batazayitabira, nka William Ruto wari wabwiye umuherwe Mo Ibrahim muri Gicurasi 2023; ko we na Perezida Kagame bemeranya ko batazongera kwitabira ubutumire bw’Umukuru w’Igihugu kimwe, ari abo ku Mugabane wose wa Afurika.

Ubutegetsi bw’u Burusiya buvuga ko Abanyaburayi na Amerika ari bo batumye Abakuru b’Ibihugu bya Afurika batajya muri iyi nama, bubishingira ko bose bahawe ubutumire.

Icyakora abasesengura bavuga ko intambara iki Gihugu kimazemo umwaka muri Ukraine ari yo yatumye Ibihugu byinshi bifata umwanzuro wo kuzigama ikiguzi cy’urugendo rw’i St Petersburg.

 

U Burusiya na Afurika babanye neza

Mu ijambo rye, Perezida w’u Burusiya, Vladimir V Putin yavuze ko imikoranire isanzwe hagati y’Igihugu cye n’Umugabane wa Afurika; ihagaze neza anababwira ibyo bifuza kurushaho gushyimo ambaraga.

Bwana Putin yasubiyemo ko atigeze yibeshya ku ngingo yo kwitambika amasezerano na Ukraine yo kohereza ingano mu Bihugu bikennye.

Ingingo imwe isa n’iyakoze ku mitima y’aba Aakuru b’ibihugu; ni ubufasha bw’ingano Perezida Putin yababizeje ko mu mezi macye azatangira gufasha ibihugu byo muri Afurika bikennye kurusha ibindi.

Yagize ati “Mu mezi nka biri cyangwa atatu ari imbere tuzaha ingano Ibihugu bya Burkinafaso, Zimbabwe, Mali, Somalia, Repubulika ya Centrafrique, na Eritrea.”

Putin yavuze ko buri Gihugu kizahabwa toni ziri hagati y’Ibihumbi 25 na 50, ndetse u Burusiya bunishyure ikiguzi cy’ubwikorezi bwo kugezayo ibi binyampeke.

Putin muri iyi nama

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 2 =

Previous Post

Ikipe ikomeye mu Rwanda irakangutse nyuma yo kwibazwaho

Next Post

Perezida Kagame yaganiriye n’Abajenerali muri RDF n’abayobozi mu zindi nzego z’umutekano (AMAFOTO)

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yaganiriye n’Abajenerali muri RDF n’abayobozi mu zindi nzego z’umutekano (AMAFOTO)

Perezida Kagame yaganiriye n’Abajenerali muri RDF n’abayobozi mu zindi nzego z’umutekano (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.