Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imbere ya Putin Perezida umwe muri Afurika yatoboye amubwira ikibabaje Isi yose

radiotv10by radiotv10
28/07/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Imbere ya Putin Perezida umwe muri Afurika yatoboye amubwira ikibabaje Isi yose
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama yahuje Abakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika n’uw’u Burusiya Vladimir Putin, umwe mu bo kuri uyu Mugabane, Perezida w’Ibirwa bya Comoros, Azali Assoumani akaba anayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yamusabye guhagarika intambara muri Ukraine, kuko yazaniye akaga Isi yose by’umuhariko Afurika.

Ni inama yabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Nyakanga 2023, igamije guhuza imbaraga hagati y’u Burusiya na Afurika mu kuzamura iterambere ry’uyu Mugabane.

Iyi nama ibaye nyuma y’umwaka n’igice hadutse intambara iri kubera muri Ukraine yashojwe n’u Burusiya, by’umwihariko yatangijwe na Perezida w’iki Gihugu, Vladimir Putin wari uyoboye iyi nama.

Nubwo yari inama yiga ku iterambere, Perezida w’Ibirwa bya Comoros, Azali Assoumani unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yavuze ko Umugabane wa Afurika wugarijwe n’ibibazo birimo itumbagira ry’ibiciro ku isoko, kandi byose bikaba bishinze imizi kuri iriya ntambara.

Ati “Ni yo mpamvu dusaba abo bireba bose ngo boroshye uburyo ingano ziva mu Burusiya na Ukraine zagera mu Bihugu byacu. Ndetse turasaba amahoro arambye hagati y’u Burusiya na Ukraine.”

Yakomeje agira ati “Ubwo ni bwo butumwa mfite ku bwanjye n’umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe. Ibyo ni nabyo twaganiriye na Perezida wa Ukraine. Turasaba Putin gushyira imbere amahoro, kandi twizeye ko ubusabe bwacu bwakiriwe kuko ari cyo ikiremwamuntu gikeneye.”

 

Abaperezida bitabiriye bari mbarwa

Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo ku Mugabane wa Afurika ugizwe n’Ibihugu 54, bitabiriye iyi nama ni 17 nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin.

Bivuze ko Abakuru b’Ibihugu bya Afurika bitabiriye iyi nama, ari 31%, mu gihe ubwo yabaga ku nshuro ya mbere muri 2019 bari ku ijanisha rya 79% kuko bari 43.

Ni inama yabaye mu gihe bamwe mu Bakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika baraciye amarenga ko batazayitabira, nka William Ruto wari wabwiye umuherwe Mo Ibrahim muri Gicurasi 2023; ko we na Perezida Kagame bemeranya ko batazongera kwitabira ubutumire bw’Umukuru w’Igihugu kimwe, ari abo ku Mugabane wose wa Afurika.

Ubutegetsi bw’u Burusiya buvuga ko Abanyaburayi na Amerika ari bo batumye Abakuru b’Ibihugu bya Afurika batajya muri iyi nama, bubishingira ko bose bahawe ubutumire.

Icyakora abasesengura bavuga ko intambara iki Gihugu kimazemo umwaka muri Ukraine ari yo yatumye Ibihugu byinshi bifata umwanzuro wo kuzigama ikiguzi cy’urugendo rw’i St Petersburg.

 

U Burusiya na Afurika babanye neza

Mu ijambo rye, Perezida w’u Burusiya, Vladimir V Putin yavuze ko imikoranire isanzwe hagati y’Igihugu cye n’Umugabane wa Afurika; ihagaze neza anababwira ibyo bifuza kurushaho gushyimo ambaraga.

Bwana Putin yasubiyemo ko atigeze yibeshya ku ngingo yo kwitambika amasezerano na Ukraine yo kohereza ingano mu Bihugu bikennye.

Ingingo imwe isa n’iyakoze ku mitima y’aba Aakuru b’ibihugu; ni ubufasha bw’ingano Perezida Putin yababizeje ko mu mezi macye azatangira gufasha ibihugu byo muri Afurika bikennye kurusha ibindi.

Yagize ati “Mu mezi nka biri cyangwa atatu ari imbere tuzaha ingano Ibihugu bya Burkinafaso, Zimbabwe, Mali, Somalia, Repubulika ya Centrafrique, na Eritrea.”

Putin yavuze ko buri Gihugu kizahabwa toni ziri hagati y’Ibihumbi 25 na 50, ndetse u Burusiya bunishyure ikiguzi cy’ubwikorezi bwo kugezayo ibi binyampeke.

Putin muri iyi nama

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 13 =

Previous Post

Ikipe ikomeye mu Rwanda irakangutse nyuma yo kwibazwaho

Next Post

Perezida Kagame yaganiriye n’Abajenerali muri RDF n’abayobozi mu zindi nzego z’umutekano (AMAFOTO)

Related Posts

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, mu gace ka Barcelona muri Espagne, gari ya moshi itwara abagenzi b’imbere mu...

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

by radiotv10
21/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rizasubira mu Mujyi wa Uvira nyuma yuko riwukuyemo abarwanyi baryo bose, ugahita wigabizwa n’uruhande bahanganye, rugatangira...

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

AFC/M23 says it may return to Uvira days after withdrawing its forces

by radiotv10
21/01/2026
0

The AFC/M23 coalition has indicated that it will return to the city of Uvira after withdrawing all its fighters, following...

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

Uganda Elections: Observers of GEOM Note Challenges, But Vote Declared Free and Fair

by radiotv10
20/01/2026
0

Uganda held widely watched presidential and parliamentary elections on 15 January 2026, choosing both the country’s leader and members of...

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

Igisirikare cya Congo kikomanze mu gatuza kinayobya uburari nyuma yuko AFC/M23 ivuye muri Uvira

by radiotv10
20/01/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyatangaje ko kigaruriye Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo, nyuma yuko Ihuriro AFC/M23...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yaganiriye n’Abajenerali muri RDF n’abayobozi mu zindi nzego z’umutekano (AMAFOTO)

Perezida Kagame yaganiriye n’Abajenerali muri RDF n’abayobozi mu zindi nzego z’umutekano (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.