Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imbere ya Putin Perezida umwe muri Afurika yatoboye amubwira ikibabaje Isi yose

radiotv10by radiotv10
28/07/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Imbere ya Putin Perezida umwe muri Afurika yatoboye amubwira ikibabaje Isi yose
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nama yahuje Abakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika n’uw’u Burusiya Vladimir Putin, umwe mu bo kuri uyu Mugabane, Perezida w’Ibirwa bya Comoros, Azali Assoumani akaba anayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yamusabye guhagarika intambara muri Ukraine, kuko yazaniye akaga Isi yose by’umuhariko Afurika.

Ni inama yabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Nyakanga 2023, igamije guhuza imbaraga hagati y’u Burusiya na Afurika mu kuzamura iterambere ry’uyu Mugabane.

Iyi nama ibaye nyuma y’umwaka n’igice hadutse intambara iri kubera muri Ukraine yashojwe n’u Burusiya, by’umwihariko yatangijwe na Perezida w’iki Gihugu, Vladimir Putin wari uyoboye iyi nama.

Nubwo yari inama yiga ku iterambere, Perezida w’Ibirwa bya Comoros, Azali Assoumani unayoboye Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yavuze ko Umugabane wa Afurika wugarijwe n’ibibazo birimo itumbagira ry’ibiciro ku isoko, kandi byose bikaba bishinze imizi kuri iriya ntambara.

Ati “Ni yo mpamvu dusaba abo bireba bose ngo boroshye uburyo ingano ziva mu Burusiya na Ukraine zagera mu Bihugu byacu. Ndetse turasaba amahoro arambye hagati y’u Burusiya na Ukraine.”

Yakomeje agira ati “Ubwo ni bwo butumwa mfite ku bwanjye n’umuyobozi wa Afurika Yunze Ubumwe. Ibyo ni nabyo twaganiriye na Perezida wa Ukraine. Turasaba Putin gushyira imbere amahoro, kandi twizeye ko ubusabe bwacu bwakiriwe kuko ari cyo ikiremwamuntu gikeneye.”

 

Abaperezida bitabiriye bari mbarwa

Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo ku Mugabane wa Afurika ugizwe n’Ibihugu 54, bitabiriye iyi nama ni 17 nk’uko byatangajwe n’Ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin.

Bivuze ko Abakuru b’Ibihugu bya Afurika bitabiriye iyi nama, ari 31%, mu gihe ubwo yabaga ku nshuro ya mbere muri 2019 bari ku ijanisha rya 79% kuko bari 43.

Ni inama yabaye mu gihe bamwe mu Bakuru b’Ibihugu byo ku Mugabane wa Afurika baraciye amarenga ko batazayitabira, nka William Ruto wari wabwiye umuherwe Mo Ibrahim muri Gicurasi 2023; ko we na Perezida Kagame bemeranya ko batazongera kwitabira ubutumire bw’Umukuru w’Igihugu kimwe, ari abo ku Mugabane wose wa Afurika.

Ubutegetsi bw’u Burusiya buvuga ko Abanyaburayi na Amerika ari bo batumye Abakuru b’Ibihugu bya Afurika batajya muri iyi nama, bubishingira ko bose bahawe ubutumire.

Icyakora abasesengura bavuga ko intambara iki Gihugu kimazemo umwaka muri Ukraine ari yo yatumye Ibihugu byinshi bifata umwanzuro wo kuzigama ikiguzi cy’urugendo rw’i St Petersburg.

 

U Burusiya na Afurika babanye neza

Mu ijambo rye, Perezida w’u Burusiya, Vladimir V Putin yavuze ko imikoranire isanzwe hagati y’Igihugu cye n’Umugabane wa Afurika; ihagaze neza anababwira ibyo bifuza kurushaho gushyimo ambaraga.

Bwana Putin yasubiyemo ko atigeze yibeshya ku ngingo yo kwitambika amasezerano na Ukraine yo kohereza ingano mu Bihugu bikennye.

Ingingo imwe isa n’iyakoze ku mitima y’aba Aakuru b’ibihugu; ni ubufasha bw’ingano Perezida Putin yababizeje ko mu mezi macye azatangira gufasha ibihugu byo muri Afurika bikennye kurusha ibindi.

Yagize ati “Mu mezi nka biri cyangwa atatu ari imbere tuzaha ingano Ibihugu bya Burkinafaso, Zimbabwe, Mali, Somalia, Repubulika ya Centrafrique, na Eritrea.”

Putin yavuze ko buri Gihugu kizahabwa toni ziri hagati y’Ibihumbi 25 na 50, ndetse u Burusiya bunishyure ikiguzi cy’ubwikorezi bwo kugezayo ibi binyampeke.

Putin muri iyi nama

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 16 =

Previous Post

Ikipe ikomeye mu Rwanda irakangutse nyuma yo kwibazwaho

Next Post

Perezida Kagame yaganiriye n’Abajenerali muri RDF n’abayobozi mu zindi nzego z’umutekano (AMAFOTO)

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yaganiriye n’Abajenerali muri RDF n’abayobozi mu zindi nzego z’umutekano (AMAFOTO)

Perezida Kagame yaganiriye n’Abajenerali muri RDF n’abayobozi mu zindi nzego z’umutekano (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.