• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imbogamizi mu gukingira: Umubyeyi umwe ati “Ibaze kuva i Kigali ukajya i Nyamasheke gusinyira umwana”

radiotv10by radiotv10
24/11/2021
in MU RWANDA
0
Imbogamizi mu gukingira: Umubyeyi umwe ati “Ibaze kuva i Kigali ukajya i Nyamasheke gusinyira umwana”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bafite abana biga mu bigo by’amashuri bitabegereye bari guhura n’imbogamizi zo gufasha abana babo guhabwa inkingo za COVID-19 basabwa kubanza kubasinyira aho umwe agira ati “Ibaze kuva i Kigali ukajya i Nyamasheke ujyanywe no gusinyira umwana.”

Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Ugushyingo 2021, mu Rwanda hatangiye icyiciro cya gatatu cyo gutanga inkingo za COVID-19 cyahariwe Ingimbi n’Abangavu biganjemo abari ku mashuri barimo n’abasanzwe biga baba mu bigo bigamo.

Ubusanzwe umuntu wujuje imyaka y’ubukure ugiye kwikingiza asabwa kubisinyira mu gihe abatarageza imyaka y’ubukure bagomba gusinyirwa n’ababyeyi babo.

Bamwe mu babyeyi bafite abana babo biga mu bigo by’amashuri biherereye kure, babwiye RadioTV10 ko bibagoye.

Habimana utuye mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo yagize ati “Rwose ntibyumvikana. Tekereza nko kuba umubyeyi yava i Kigali akajya nk’i Nyamasheke ajyanywe no gusinyira umwana gusa!”

Uyu mubyeyi avuga ko ababyeyi bafite abana batuye kure, bakwiye koroherezwa ku buryo bashobora kwemerera abana babo ko bakingirwa bakoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga nko guhamagara kuri telephone.

Umubyeyi avuga ko bitumvikana kuva i Kigali ngo ajye i Nyamasheke gusinyira umwana

Undi mubyeyi na we yabwiye RadioTV10 ati “Nk’abana biga mu Ntara nko mu Ruhango, ni benshi. Biratugoye rero kuba umubyeyi ngo azajya gusinyira umwana we aho yiga. Hari ayo matike, hari n’uwo mwanya, bakarebye ukundi babigenza bakatworohereza.”

Umuyobozi w’ishuri rya Gihogwe Secondary School Inkuru Nziza, Bigirimana Philbert yamaze impungenge ababyeyi avuga ko uburyo impapuru ziri kuzuzwa n’ababyeyi atari ngombwa ko bajya ku ishuri.

Avuga ko ziriya nyandiko bazohererejwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse ko n’umubyeyi bashobora kuyimwoherereza bakoresheje ikoranabuhanga ku buryo yazisinya.

Ati “Iyo umubyeyi abishatse bitewe n’aho ari, turayimwoherereza dukoresheje whatsapp, facebook, cyangwa na e-mail bitewe n’uburyo we yahisemo, akayuzuza akayisinya, akongera akayitwoherereza, tukayibika hamwe n’izindi neza rwose ntakibazo.”

BIGIRIMANA Philbert Gihogwe Secondary School Inkuru Nziza

Habanabashaka Jean Baptiste, ayobora urwunge rw’amashuri rwa Kagugu rwanatangirijweho iyi gahunda yo gukingirira ingimbi n’abangavu ku mashuri, yavuze ko abana bari kwitabira gukingirwa.

Yagize ati “Ubwitabire bwo burashimishije, kuko mu bana 2 664 bateganyijwe gukingirwa, ariko nyuma y’amasaha atatu iyi gahunda itangijwe, twari tumaze kubona impapuro zujujwe n’ababyeyi bemera ko abana babo bakingirwa, zigera ku 1 845.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko iyi gahunda yo gukingira ingimbi n’abangavu, yahereye mu mujyi wa Kigali ikazanakomereze mu bindi bice.

Igikorwa cyo gukingira ingimbi n’abangavu cyatangiriye i Kigali
Ubwitabire ni bwinshi

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + 6 =

Previous Post

Uwari warabwiwe ko atazabyara amaze kurya ubunnyano bw’abana 3 yibarutse mu mwaka umwe gusa

Next Post

Kigali: Abamotari bati “ahantu hose habaye Mauvais-Arrêt”, Polisi iti “ntibabuzwa guhagarara babuzwa kuhagira parking”

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Kigali: Abamotari bati “ahantu hose habaye Mauvais-Arrêt”, Polisi iti “ntibabuzwa guhagarara babuzwa kuhagira parking”

Kigali: Abamotari bati “ahantu hose habaye Mauvais-Arrêt”, Polisi iti “ntibabuzwa guhagarara babuzwa kuhagira parking”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.