Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imbogamizi mu gukingira: Umubyeyi umwe ati “Ibaze kuva i Kigali ukajya i Nyamasheke gusinyira umwana”

radiotv10by radiotv10
24/11/2021
in MU RWANDA
0
Imbogamizi mu gukingira: Umubyeyi umwe ati “Ibaze kuva i Kigali ukajya i Nyamasheke gusinyira umwana”
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu babyeyi bafite abana biga mu bigo by’amashuri bitabegereye bari guhura n’imbogamizi zo gufasha abana babo guhabwa inkingo za COVID-19 basabwa kubanza kubasinyira aho umwe agira ati “Ibaze kuva i Kigali ukajya i Nyamasheke ujyanywe no gusinyira umwana.”

Kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Ugushyingo 2021, mu Rwanda hatangiye icyiciro cya gatatu cyo gutanga inkingo za COVID-19 cyahariwe Ingimbi n’Abangavu biganjemo abari ku mashuri barimo n’abasanzwe biga baba mu bigo bigamo.

Ubusanzwe umuntu wujuje imyaka y’ubukure ugiye kwikingiza asabwa kubisinyira mu gihe abatarageza imyaka y’ubukure bagomba gusinyirwa n’ababyeyi babo.

Bamwe mu babyeyi bafite abana babo biga mu bigo by’amashuri biherereye kure, babwiye RadioTV10 ko bibagoye.

Habimana utuye mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo yagize ati “Rwose ntibyumvikana. Tekereza nko kuba umubyeyi yava i Kigali akajya nk’i Nyamasheke ajyanywe no gusinyira umwana gusa!”

Uyu mubyeyi avuga ko ababyeyi bafite abana batuye kure, bakwiye koroherezwa ku buryo bashobora kwemerera abana babo ko bakingirwa bakoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga nko guhamagara kuri telephone.

Umubyeyi avuga ko bitumvikana kuva i Kigali ngo ajye i Nyamasheke gusinyira umwana

Undi mubyeyi na we yabwiye RadioTV10 ati “Nk’abana biga mu Ntara nko mu Ruhango, ni benshi. Biratugoye rero kuba umubyeyi ngo azajya gusinyira umwana we aho yiga. Hari ayo matike, hari n’uwo mwanya, bakarebye ukundi babigenza bakatworohereza.”

Umuyobozi w’ishuri rya Gihogwe Secondary School Inkuru Nziza, Bigirimana Philbert yamaze impungenge ababyeyi avuga ko uburyo impapuru ziri kuzuzwa n’ababyeyi atari ngombwa ko bajya ku ishuri.

Avuga ko ziriya nyandiko bazohererejwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse ko n’umubyeyi bashobora kuyimwoherereza bakoresheje ikoranabuhanga ku buryo yazisinya.

Ati “Iyo umubyeyi abishatse bitewe n’aho ari, turayimwoherereza dukoresheje whatsapp, facebook, cyangwa na e-mail bitewe n’uburyo we yahisemo, akayuzuza akayisinya, akongera akayitwoherereza, tukayibika hamwe n’izindi neza rwose ntakibazo.”

BIGIRIMANA Philbert Gihogwe Secondary School Inkuru Nziza

Habanabashaka Jean Baptiste, ayobora urwunge rw’amashuri rwa Kagugu rwanatangirijweho iyi gahunda yo gukingirira ingimbi n’abangavu ku mashuri, yavuze ko abana bari kwitabira gukingirwa.

Yagize ati “Ubwitabire bwo burashimishije, kuko mu bana 2 664 bateganyijwe gukingirwa, ariko nyuma y’amasaha atatu iyi gahunda itangijwe, twari tumaze kubona impapuro zujujwe n’ababyeyi bemera ko abana babo bakingirwa, zigera ku 1 845.”

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko iyi gahunda yo gukingira ingimbi n’abangavu, yahereye mu mujyi wa Kigali ikazanakomereze mu bindi bice.

Igikorwa cyo gukingira ingimbi n’abangavu cyatangiriye i Kigali
Ubwitabire ni bwinshi

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + five =

Previous Post

Uwari warabwiwe ko atazabyara amaze kurya ubunnyano bw’abana 3 yibarutse mu mwaka umwe gusa

Next Post

Kigali: Abamotari bati “ahantu hose habaye Mauvais-Arrêt”, Polisi iti “ntibabuzwa guhagarara babuzwa kuhagira parking”

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abamotari bati “ahantu hose habaye Mauvais-Arrêt”, Polisi iti “ntibabuzwa guhagarara babuzwa kuhagira parking”

Kigali: Abamotari bati “ahantu hose habaye Mauvais-Arrêt”, Polisi iti “ntibabuzwa guhagarara babuzwa kuhagira parking”

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.