Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/09/2025
in MU RWANDA
0
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi ikigoroba) byatangiye guhungabanya imyigire y’abana, kuko batabona umwanya uhagije wo kwiga.

Mu mpera z’umwaka w’amashuri wa 2024-2025 Ikigo cy’Igihugu gishinze uburezi bw’ibanze (REB) cyatangaje ko cyakoze amavugurura atandukanye mu burezi arimo no kuba abana biga mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza (kuva mu wa mbere kugeza mu wa gatatu) bazajya biga ingunga ebyiri (bamwe bige igitondo abandi bige ikigoroba) aho kuba ingunga imwe nk’uko byari bisanzwe.

Muri uyu mwaka mushya w’amashuri 2025-2026 ibi byatangiye gushyirwa mu bikorwa, aho ubu abana bamwe bari kwiga igitondo abandi ikigoroba basimburana.

Gusa bamwe mu barimu baravuga ko ubu buryo burimo imbogamizi ndetse ko kwita ku mwana wize igitondo ku rwego rumwe n’uwize ikigoroba bigoye.

Mukamwezi Petronille wigisha mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza yagize ati “Mu gihe twigishaga ingunga imwe abana babaga bafite umwanya munini bakiga amasomo igitondo, ikigoroba bakongera bakayasubiramo bakabona umwanya uhagije wo kuzuza note zabo ndetse bagakora n’imyitozo myinshi bigatuma baratsindaga cyane, ariko ubu igihe barimo kwiga ni gitoya kuko nk’ubu nagombaga kwigisha amasomo atanu ariko ubu ndi mu isomo rya kane. Ubu bano baratshye hagiye kuza abandi nongere ntangire ibyo nigishije aba mu gitondo nongere mbyigishe abagiye kuza ikigoroba.”

Uyu murezi avuga kandi ko n’imifatire y’abana bize muri ibyo bihe bitandukanye, itangana, kuko abize mu masaha y’umugoroba, baba basinzira mu gihe abize mu gitondo bo baba bize neza.

Ati “Baba bananiwe [abiga ikigoroba] kubera ubushyuhe, ubwo nyine bidusaba ko ejo mu gitondo twongera tukabasubiriramo ya masomo bize batameze neza basa n’abananiwe, mbere yo gukomeza irindi somo ndabanza nkabasubiriramo nihuta. Nyine duhora twihuta nta gihe mfite cyo kuruhuka, turabikora biratuvuna ariko nyine nta kundi bigomba kujyenda kuko tutabikoze gutyo abiga igitondo n’abiga ikigoroba basigana kandi bose baba bagomba bimwe kuko no kubazwa baba bazabazwa bimwe.”

Nyirabahuru Justine we wigisha mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza, na we yagize ati “Nyuma ya saa sita nyine usanga biba bigoye kubera ko ingufu mwarimu aba yatangiranye mu gitondo nimugoroba usanga ziba zagabanyutse, nyine habamo impinduka mu masomo kubera abana biga nyuma ya saa sita baba bananiwe.”

Aba barezi banatanga igitekerezo cyatuma izi mbogamizi zikemuka, bakifuza ko buri mwarimu yagira itsinda ry’abanyeshuri yigisha.

Ati “Nk’ubu naba mfite group y’igitondo, iy’ikigoroba ikaza gufatwa n’undi, byadufasha cyane ndetse n’imitsindire y’abana ikaba yagenda neza, ndetse na mwarimu akabona umwanya uhagije wo gutegura amasomo ye neza ndetse n’abana yigisha akabasha kubitaho birambuye.”

Abayobozi b’ibigo by’amashuri bavuga ko bari kugerageza gufasha abarimu kugira ngo umwaka w’amashuri uzarangire ibyateganyijwe kwigishwa byose birangiye.

Nsengimana Charles ayobora urwunge rw’amashuri rwa Kimisagara ati “Icyo rero turi gukora n’abarimu, icya mbere ni uko nta mwanya wacu utakara, nta mwanya wacu wo gupfusha ubusa, abarimu bafite inshingano zo kwigisha ariko natwe tukabafasha mu buryo bwose, ariko tukanareba ko bari gukora neza ibyo bagomba gukora nk’inshingano kugira ngo abana babashe kwiga kandi bige neza barangize ibyateganyijwe kwigishwa byose.”

Igihembwe cya mbere cy’umwaka w’amashuri 2025-2026 cyatangiye ku wa 08 Nzeri 2025 kikaba kizarangira ku wa 19 Ukuboza 2025.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + fourteen =

Previous Post

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Next Post

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa 'Bishop Gafaranga' uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.