Tuesday, November 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/09/2025
in MU RWANDA
0
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi ikigoroba) byatangiye guhungabanya imyigire y’abana, kuko batabona umwanya uhagije wo kwiga.

Mu mpera z’umwaka w’amashuri wa 2024-2025 Ikigo cy’Igihugu gishinze uburezi bw’ibanze (REB) cyatangaje ko cyakoze amavugurura atandukanye mu burezi arimo no kuba abana biga mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza (kuva mu wa mbere kugeza mu wa gatatu) bazajya biga ingunga ebyiri (bamwe bige igitondo abandi bige ikigoroba) aho kuba ingunga imwe nk’uko byari bisanzwe.

Muri uyu mwaka mushya w’amashuri 2025-2026 ibi byatangiye gushyirwa mu bikorwa, aho ubu abana bamwe bari kwiga igitondo abandi ikigoroba basimburana.

Gusa bamwe mu barimu baravuga ko ubu buryo burimo imbogamizi ndetse ko kwita ku mwana wize igitondo ku rwego rumwe n’uwize ikigoroba bigoye.

Mukamwezi Petronille wigisha mu mwaka wa gatatu w’amashuri abanza yagize ati “Mu gihe twigishaga ingunga imwe abana babaga bafite umwanya munini bakiga amasomo igitondo, ikigoroba bakongera bakayasubiramo bakabona umwanya uhagije wo kuzuza note zabo ndetse bagakora n’imyitozo myinshi bigatuma baratsindaga cyane, ariko ubu igihe barimo kwiga ni gitoya kuko nk’ubu nagombaga kwigisha amasomo atanu ariko ubu ndi mu isomo rya kane. Ubu bano baratshye hagiye kuza abandi nongere ntangire ibyo nigishije aba mu gitondo nongere mbyigishe abagiye kuza ikigoroba.”

Uyu murezi avuga kandi ko n’imifatire y’abana bize muri ibyo bihe bitandukanye, itangana, kuko abize mu masaha y’umugoroba, baba basinzira mu gihe abize mu gitondo bo baba bize neza.

Ati “Baba bananiwe [abiga ikigoroba] kubera ubushyuhe, ubwo nyine bidusaba ko ejo mu gitondo twongera tukabasubiriramo ya masomo bize batameze neza basa n’abananiwe, mbere yo gukomeza irindi somo ndabanza nkabasubiriramo nihuta. Nyine duhora twihuta nta gihe mfite cyo kuruhuka, turabikora biratuvuna ariko nyine nta kundi bigomba kujyenda kuko tutabikoze gutyo abiga igitondo n’abiga ikigoroba basigana kandi bose baba bagomba bimwe kuko no kubazwa baba bazabazwa bimwe.”

Nyirabahuru Justine we wigisha mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza, na we yagize ati “Nyuma ya saa sita nyine usanga biba bigoye kubera ko ingufu mwarimu aba yatangiranye mu gitondo nimugoroba usanga ziba zagabanyutse, nyine habamo impinduka mu masomo kubera abana biga nyuma ya saa sita baba bananiwe.”

Aba barezi banatanga igitekerezo cyatuma izi mbogamizi zikemuka, bakifuza ko buri mwarimu yagira itsinda ry’abanyeshuri yigisha.

Ati “Nk’ubu naba mfite group y’igitondo, iy’ikigoroba ikaza gufatwa n’undi, byadufasha cyane ndetse n’imitsindire y’abana ikaba yagenda neza, ndetse na mwarimu akabona umwanya uhagije wo gutegura amasomo ye neza ndetse n’abana yigisha akabasha kubitaho birambuye.”

Abayobozi b’ibigo by’amashuri bavuga ko bari kugerageza gufasha abarimu kugira ngo umwaka w’amashuri uzarangire ibyateganyijwe kwigishwa byose birangiye.

Nsengimana Charles ayobora urwunge rw’amashuri rwa Kimisagara ati “Icyo rero turi gukora n’abarimu, icya mbere ni uko nta mwanya wacu utakara, nta mwanya wacu wo gupfusha ubusa, abarimu bafite inshingano zo kwigisha ariko natwe tukabafasha mu buryo bwose, ariko tukanareba ko bari gukora neza ibyo bagomba gukora nk’inshingano kugira ngo abana babashe kwiga kandi bige neza barangize ibyateganyijwe kwigishwa byose.”

Igihembwe cya mbere cy’umwaka w’amashuri 2025-2026 cyatangiye ku wa 08 Nzeri 2025 kikaba kizarangira ku wa 19 Ukuboza 2025.

Emelyne MBABAZI
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Hatangajwe agace gaturukamo imyuka ihumanya ikirere kurusha ahandi mu Rwanda

Next Post

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa 'Bishop Gafaranga' uregwa guhohotera umugore we Annette Murava

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.