Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/09/2025
in MU RWANDA
2
Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, buravuga ko mu byumweru bitatu biri imbere hazatangira ibikorwa byo kwica imbwa z’inyagasozi ku buryo nta mbwa igomba gusigara icaracara mu muhanda.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ubuyobozi bwa RAB bwasohoye itangazo risaba abatunze imbwa mu Rwanda kuzandikisha mu buyobozi bw’Imidugudgu batuyemo ndetse bakerekana ibimenyetso by’uko zahawe urukingo, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa itegeko rijyanye n’ubuzima bw’inyamaswa ryo muri 2008 ndetse n’iteka rya Minisitiri ryo muri 2020.

Aya mabwirizwa agamije kurushaho gukurikirana ubuzima bw’imbwa ndetse n’abantu, kuko hakunze kumvikana abaribwa n’aya matungo bikabagiraho ingaruka.

Abatunze imbwa bavuga ko kuzandikisha mu Midugusu ntakibazo babibona kuko basanzwe baha agaciro aya matungo abana n’abantu.

Karamuka Mussa utuye mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, agira ati “Biramvikana kuko imbwa ni inyamaswa abantu benshi dukunda ariko nanone inyamaswa ni inyamaswa, mu rwego rw’umutekano w’abantu ndetse n’uwayo ni byiza ko yambikwa agapfukamunwa, ikaba ikingiwe mbese ikarindirwa umutekano nkuko na yo irinda umutekano w’abantu n’ibintu.”

Abaturage barashima amabwiriza yashizweho na RAB nubwo basaba ko n’imbwa zo mu gasozi zidafite banyirazo zandikwa kuri Leta nk’umutungo udafite ba nyirawo cyangwa mo kimwe zikicwa.

Umwe yagize ati “Imbwa z’inyagasozi zo zakagambye gushyirwa ahantu zitajarajara cyangwa mo kimwe bakazica kuko zishobora kuba zarya abana mu gihe bari gukina.”

Umuyobozi w’Agateganyo w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) Dr Uwituze Solange avuga ko mu byumweru bitatu biri imbere imbwa zidafite ba nyirazo ziri mu gasozi, bazatangira kuzishyira mu bigo bishinzwe kuzitaho, izisigaye bakazica ku buryo nta mbwa izasigara icaracara mu gasozi.

Ati “Nyuma y’ibyumweru bitatu hasohotse itangazo, tuzatangira ubukangurambaga bwo kuzikuraho (Kuzica) birashoboka ko hari uwayibona hirya no hino ariko gahunda yo kuzikuraho izaba yatangiye bivuze ko aho bazaba bayibona bazajya batubwira tukaza tukayikuraho.”

Aya mabwiriza yo kwandikisha imbwa, agena ko imbwa iri hanze igomba kuba iri kumwe n’umuntu, ikaba iziritse ku mugozi kandi yambitswe agapfukamunwa kabugenewe, kayibuza kuba yaruma umuntu mu gihe iri mu ruhame. RAB ivuga ko abatazubahiriza aya mabwiriza bazahanwa hakurikijwe itegeko.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Comments 2

  1. SIBOMANA Jean Damascène says:
    7 months ago

    Mwaramutse RAB Yaba ikoze gikorwa cyiza kuko urebye Nko mumugi wa Huye biteye impungenge cyane ,mbese imbwa zizerera ahitwa za tumba ,rango nahandi ubona biteye impungenge nyinshi cyane.zinyuranamo n’abantu kuburyo bungana mumuhanda. Ukabireba ukumirwa.

    Reply
  2. Erick Bosimana says:
    7 months ago

    Hi!
    Ese izombwa zizerera kugasozi impamvu zigomba kuzicwa nuko zaremewe kororerwa murugo nkandimatungo yose tuzi yororerwa mungo cg ninyamaswa yagasozi?
    Njyewe kubwanjye numva ahubwo zagafashwe zikajyanwa muri park nkizindi nyamaswa zose zishyamba ahokuzica.
    Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

Next Post

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.