Saturday, March 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
05/09/2025
in MU RWANDA
2
Imbwa zitagira aho zitaha zirirwa zizerera akazo kagiye gushoboka mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, buravuga ko mu byumweru bitatu biri imbere hazatangira ibikorwa byo kwica imbwa z’inyagasozi ku buryo nta mbwa igomba gusigara icaracara mu muhanda.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ubuyobozi bwa RAB bwasohoye itangazo risaba abatunze imbwa mu Rwanda kuzandikisha mu buyobozi bw’Imidugudgu batuyemo ndetse bakerekana ibimenyetso by’uko zahawe urukingo, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa itegeko rijyanye n’ubuzima bw’inyamaswa ryo muri 2008 ndetse n’iteka rya Minisitiri ryo muri 2020.

Aya mabwirizwa agamije kurushaho gukurikirana ubuzima bw’imbwa ndetse n’abantu, kuko hakunze kumvikana abaribwa n’aya matungo bikabagiraho ingaruka.

Abatunze imbwa bavuga ko kuzandikisha mu Midugusu ntakibazo babibona kuko basanzwe baha agaciro aya matungo abana n’abantu.

Karamuka Mussa utuye mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge, agira ati “Biramvikana kuko imbwa ni inyamaswa abantu benshi dukunda ariko nanone inyamaswa ni inyamaswa, mu rwego rw’umutekano w’abantu ndetse n’uwayo ni byiza ko yambikwa agapfukamunwa, ikaba ikingiwe mbese ikarindirwa umutekano nkuko na yo irinda umutekano w’abantu n’ibintu.”

Abaturage barashima amabwiriza yashizweho na RAB nubwo basaba ko n’imbwa zo mu gasozi zidafite banyirazo zandikwa kuri Leta nk’umutungo udafite ba nyirawo cyangwa mo kimwe zikicwa.

Umwe yagize ati “Imbwa z’inyagasozi zo zakagambye gushyirwa ahantu zitajarajara cyangwa mo kimwe bakazica kuko zishobora kuba zarya abana mu gihe bari gukina.”

Umuyobozi w’Agateganyo w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) Dr Uwituze Solange avuga ko mu byumweru bitatu biri imbere imbwa zidafite ba nyirazo ziri mu gasozi, bazatangira kuzishyira mu bigo bishinzwe kuzitaho, izisigaye bakazica ku buryo nta mbwa izasigara icaracara mu gasozi.

Ati “Nyuma y’ibyumweru bitatu hasohotse itangazo, tuzatangira ubukangurambaga bwo kuzikuraho (Kuzica) birashoboka ko hari uwayibona hirya no hino ariko gahunda yo kuzikuraho izaba yatangiye bivuze ko aho bazaba bayibona bazajya batubwira tukaza tukayikuraho.”

Aya mabwiriza yo kwandikisha imbwa, agena ko imbwa iri hanze igomba kuba iri kumwe n’umuntu, ikaba iziritse ku mugozi kandi yambitswe agapfukamunwa kabugenewe, kayibuza kuba yaruma umuntu mu gihe iri mu ruhame. RAB ivuga ko abatazubahiriza aya mabwiriza bazahanwa hakurikijwe itegeko.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Comments 2

  1. SIBOMANA Jean Damascène says:
    7 months ago

    Mwaramutse RAB Yaba ikoze gikorwa cyiza kuko urebye Nko mumugi wa Huye biteye impungenge cyane ,mbese imbwa zizerera ahitwa za tumba ,rango nahandi ubona biteye impungenge nyinshi cyane.zinyuranamo n’abantu kuburyo bungana mumuhanda. Ukabireba ukumirwa.

    Reply
  2. Erick Bosimana says:
    7 months ago

    Hi!
    Ese izombwa zizerera kugasozi impamvu zigomba kuzicwa nuko zaremewe kororerwa murugo nkandimatungo yose tuzi yororerwa mungo cg ninyamaswa yagasozi?
    Njyewe kubwanjye numva ahubwo zagafashwe zikajyanwa muri park nkizindi nyamaswa zose zishyamba ahokuzica.
    Murakoze

    Reply

Leave a Reply to Erick Bosimana Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + four =

Previous Post

Umuvugizi wa Guverinoma yatunguwe n’ibyatangajwe na HRW ku Rwanda ayigaragariza ko yatandukiriye

Next Post

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

Related Posts

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bo mu Rugaga rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bo mu Rugaga rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi

by radiotv10
21/03/2026
0

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bagize Urugaga rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi wo kuba umusemburo w’impinduka nziza u Rwanda rwifuza...

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

Abayisilamu bo mu Rwanda bibukijwe ko Igisibo Gitagatafu barangije kitagomba kujyana n’ibikorwa byiza bakozemo

by radiotv10
20/03/2026
0

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Mussa Sindayigaya yibukije abayisilamu ko nubwo barangije Igisibo Gitagatifu cya Ramadhan, ariko bagomba gukomeza kurangwa no...

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

Hagaragajwe Uturere tuza ku isonga mirire mibi y’abana mu Ntara y’Amajyepfo

by radiotv10
20/03/2026
0

Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango igaragaza ko uturere twa Gisagara, Nyamagabe na Kamonyi turi ku isonga mu kugira umubare munini w’abana...

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

Ndi Umukandida wishimye cyane- Louise Mushikiwabo kuri kandidatire yo guhatanira kongera kuyobora OIF

by radiotv10
20/03/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Umunyarwandakazi Madamu Louise Mushikiwabo; yavuze ko ari "umukandida wishimiye cyane" mu matora azahatanira...

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

What Your Menstrual Blood Can Tell You About Your Health

by radiotv10
20/03/2026
0

Every month, many girls and women have their period. A period is when blood comes out of the body through...

IZIHERUKA

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bo mu Rugaga rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi
MU RWANDA

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bo mu Rugaga rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi

by radiotv10
21/03/2026
0

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

21/03/2026
Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

21/03/2026
Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

Umuhanzi Ngombwa wahanze indirimbo nyinshi z’urugamba rwo kwibohora yitabye Imana

21/03/2026
FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

20/03/2026
Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

Mu butumwa bwumvikanamo umujinya umukinnyi wakanyujijeho anenze CAF kubera icyemezo cyayo cyazamuye impaka

20/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

From Bombardier to Airbus and now Boeing- The Journey of Esther Mbabazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Madamu Jeannette Kagame yahaye umukoro abagore bo mu Rugaga rushamikiye kuri FPR-Inkotanyi

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.