Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imibare mishya ku izamuka ry’ibiciro mu Rwanda hari icyo igaragaza cyo kwishimira

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Imibare mishya ku izamuka ry’ibiciro mu Rwanda hari icyo igaragaza cyo kwishimira
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko wagabanutseho 3.1% mu kwezi gushize kwa Nyakanga nubwo umuvuduko wabyo wakomeje kuba hejuru, kuko wari kuri 17,3%.

Iyi mibare mishya igaragaza ko nubwo ibiciro byazamutse ku muvuduko wa 17,3%, mu kwezi kwabanje kwa Kamena byari ku izamuka rya 20,4%. Ugereranije aya mezi yombi, umuvuduko wagabanutseho 3.1%.

Iki Kigo cy’Ibarurishamibare kigaragaza ko ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 29,2%.

Ibiciro by’ibiribwa ku masoko yo mu mijyi byazamutseho 22,8%. Ariko mu cyaro byiyongera kuri 31,9%.

Inzego za leta zisubiramo kenshi ko iri zamuka ry’ibiciro by’ibiribwa riterwa n’umusaruro mucye ukomoka ku buhinzi.

Iri tumbagira ry’ibiciro ku isoko ryagaragaye mu kwezi kwabanjirije ukwezi kwo kwishimira umusaruro bamwe bagezeho.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse, ubwo yari mu muhango wo kwizihiza Umuganura mu cyumweru gishize tariki 4 Kanama wabereye mu Karere Rutsiro, yibukije ko igihembwe cy’ihinga cyegereje kandi ko hari ibimenyetso ko ikirere gishobora kuzagenda neza.

Yagize ati “Mbibutse ko igihembwe cy’ihinga 2024 A kigiye gutangira vuba. Abashinzwe ubumenyyi bw’ikirere baratubwira ko imvura ishobora kuza kare hagati muri uku kwezi, nkaba mbashishikariza guterera ku gihe, mukoresha imbuto ikwiriye, ibihingwa mubyiteho.”

Abakora mu rwego rw’ubuhinzi baracyafite umukoro wo kuzamura umusaruro ku rugero rukubye inshuro ebyiri ubwiyongere bw’abaturage. Ibi babishingira ko abashinzwe ubukungu bavuga ko abaturage biyongera ku rugero rusaga 2% buri mwaka, ariko umusaruro w’ubuhinzi wo ukaba ku rugero rwa 1% buri mwaka.

Abakora mu rwego rw’ubukungu, bavuga koi bi ari yo ntandaro y’itumbagira ry’ibiciro ku isoko kubera ko abantu barenze babiri bashobora kuba bahanganira ikiro kimwe cy’ibirayi ku isoko, bigatuma umucuruzi akomeza kugishyira ku giciro ashaka.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru agezweho ku birori bikomeye bizana mu Rwanda abarimo ibyamamare

Next Post

Burera: Uko hakozwe operasiyo yo mu gicuku yafatiwemo ibitemewe 240.000

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere
MU RWANDA

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

23/01/2026
Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

22/01/2026
Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burera: Uko hakozwe operasiyo yo mu gicuku yafatiwemo ibitemewe 240.000

Burera: Uko hakozwe operasiyo yo mu gicuku yafatiwemo ibitemewe 240.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.