Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imibare mishya ku izamuka ry’ibiciro mu Rwanda hari icyo igaragaza cyo kwishimira

radiotv10by radiotv10
11/08/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Imibare mishya ku izamuka ry’ibiciro mu Rwanda hari icyo igaragaza cyo kwishimira
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku isoko wagabanutseho 3.1% mu kwezi gushize kwa Nyakanga nubwo umuvuduko wabyo wakomeje kuba hejuru, kuko wari kuri 17,3%.

Iyi mibare mishya igaragaza ko nubwo ibiciro byazamutse ku muvuduko wa 17,3%, mu kwezi kwabanje kwa Kamena byari ku izamuka rya 20,4%. Ugereranije aya mezi yombi, umuvuduko wagabanutseho 3.1%.

Iki Kigo cy’Ibarurishamibare kigaragaza ko ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 29,2%.

Ibiciro by’ibiribwa ku masoko yo mu mijyi byazamutseho 22,8%. Ariko mu cyaro byiyongera kuri 31,9%.

Inzego za leta zisubiramo kenshi ko iri zamuka ry’ibiciro by’ibiribwa riterwa n’umusaruro mucye ukomoka ku buhinzi.

Iri tumbagira ry’ibiciro ku isoko ryagaragaye mu kwezi kwabanjirije ukwezi kwo kwishimira umusaruro bamwe bagezeho.

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Musafiri Ildephonse, ubwo yari mu muhango wo kwizihiza Umuganura mu cyumweru gishize tariki 4 Kanama wabereye mu Karere Rutsiro, yibukije ko igihembwe cy’ihinga cyegereje kandi ko hari ibimenyetso ko ikirere gishobora kuzagenda neza.

Yagize ati “Mbibutse ko igihembwe cy’ihinga 2024 A kigiye gutangira vuba. Abashinzwe ubumenyyi bw’ikirere baratubwira ko imvura ishobora kuza kare hagati muri uku kwezi, nkaba mbashishikariza guterera ku gihe, mukoresha imbuto ikwiriye, ibihingwa mubyiteho.”

Abakora mu rwego rw’ubuhinzi baracyafite umukoro wo kuzamura umusaruro ku rugero rukubye inshuro ebyiri ubwiyongere bw’abaturage. Ibi babishingira ko abashinzwe ubukungu bavuga ko abaturage biyongera ku rugero rusaga 2% buri mwaka, ariko umusaruro w’ubuhinzi wo ukaba ku rugero rwa 1% buri mwaka.

Abakora mu rwego rw’ubukungu, bavuga koi bi ari yo ntandaro y’itumbagira ry’ibiciro ku isoko kubera ko abantu barenze babiri bashobora kuba bahanganira ikiro kimwe cy’ibirayi ku isoko, bigatuma umucuruzi akomeza kugishyira ku giciro ashaka.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − two =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru agezweho ku birori bikomeye bizana mu Rwanda abarimo ibyamamare

Next Post

Burera: Uko hakozwe operasiyo yo mu gicuku yafatiwemo ibitemewe 240.000

Related Posts

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

IZIHERUKA

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze
MU RWANDA

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

26/01/2026
Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Burera: Uko hakozwe operasiyo yo mu gicuku yafatiwemo ibitemewe 240.000

Burera: Uko hakozwe operasiyo yo mu gicuku yafatiwemo ibitemewe 240.000

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.