Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imibare mishya ku mubyibuho ukabije irawugaragaza nk’icyorezo gisaba buri wese kwitekerezaho

radiotv10by radiotv10
06/03/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Imibare mishya ku mubyibuho ukabije irawugaragaza nk’icyorezo gisaba buri wese kwitekerezaho
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya igaragaza ko umuntu umwe mu munani mu batuye Isi, bafite umubyibuho ukabije, aho abantu bakuru bawufite bikubye inshuro zirenga ebyiri kuva mu 1990, naho mu ngimbi n’abangavu ukaba warikubuye kane.

Ubu bushakashatsi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, bugaragaza ko abantu barenga miliyari imwe muri miliyari 7,8 zituye Isi, bafite ikibazo cy’umubyibuho ukabije.

Uretse kuba umubare w’abantu bakuru bafite iki kibazo barikubye inshuro zirenga ebyiri kuva mu 1990, wanikubuye inshuro enye mu bantu bafite hagati y’imyaka itanu na 19.

Nanone kandi ubu bushakashatsi bugaragaza ko mu mwaka wa 2022 abantu 43% mu bakuru batuye Isi, bari bafite ibilo byinshi ugereranyije n’ibyo bagakwiye kuba bafite.

Nanone kandi nubwo ubu bushakashatsi bugaragaza ko imibare y’abafite ikibazo cy’imirire mibi yagabanutse, iki kibazo kiracyahangayikishije mu bice bimwe na bimwe, by’umwihariko mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Asia ndetse no muri Afurika yo Munsi y’Ubutayi bwa Sahara.

Ibihugu bifite imibare yo hejuru ku mpande zombi yaba ku bafite umubyibuho ukabije no kugwingira, muri 2022 byari Ibihugu byo mu Birwa bya Pacific na Caribbe ndetse no mu Burasirazuba bwo hagati no mu majyaruguru ya Afurika.

Imirire mibi mu bwoko bwose, yaba kurya indyo ituzuye ndetse no kurya indyo irimo intungamubiri zirenze izikenewe, igira ingaruka ku buzima bwa muntu, nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima-WHO.

Iri shami rivuga ko imirire mibi yo kurya indyo ituzuye, igira uruhare muri 1/2 cy’impfu z’abana batujuje imyaka itanu, rikavuga kandi ko umubyibuho ukabije utera indwara zitandura, zirimo iz’umutima, Diabetes ndetse na Cancer.

Umuyobozi Mukuru wa WHO, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yagize ati “Ubu bushakashatsi bushya burashimangira akamaro ko gukumira no kurwanya umubyibuho ukabije, umuntu akiri muto, binyuze mu kuringaniza imirire, mu gukora imyitozo ngororamubiri ndetse no kwiyitaho bihoraho.”

Dr Tedros Adhanom yaboneyeho kandi gusaba Guverinoma z’Ibihugu ndetse n’imiryango itandukanye, gushyiraho ingamba zo kurwanya umubyibuho ukabije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 7 =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu y’inguzanyo ya mbere nini u Buyapani bwahaye u Rwanda n’icyo izakoreshwa

Next Post

Ibirambuye ku busabe bw’u Rwanda ko imbaraga za Gisirikare za SADC muri Congo ziterwa umugongo

Related Posts

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

IZIHERUKA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law
MU RWANDA

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku busabe bw’u Rwanda ko imbaraga za Gisirikare za SADC muri Congo ziterwa umugongo

Ibirambuye ku busabe bw’u Rwanda ko imbaraga za Gisirikare za SADC muri Congo ziterwa umugongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.