Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imibare mishya ku mubyibuho ukabije irawugaragaza nk’icyorezo gisaba buri wese kwitekerezaho

radiotv10by radiotv10
06/03/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Imibare mishya ku mubyibuho ukabije irawugaragaza nk’icyorezo gisaba buri wese kwitekerezaho
Share on FacebookShare on Twitter

Imibare mishya igaragaza ko umuntu umwe mu munani mu batuye Isi, bafite umubyibuho ukabije, aho abantu bakuru bawufite bikubye inshuro zirenga ebyiri kuva mu 1990, naho mu ngimbi n’abangavu ukaba warikubuye kane.

Ubu bushakashatsi bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, bugaragaza ko abantu barenga miliyari imwe muri miliyari 7,8 zituye Isi, bafite ikibazo cy’umubyibuho ukabije.

Uretse kuba umubare w’abantu bakuru bafite iki kibazo barikubye inshuro zirenga ebyiri kuva mu 1990, wanikubuye inshuro enye mu bantu bafite hagati y’imyaka itanu na 19.

Nanone kandi ubu bushakashatsi bugaragaza ko mu mwaka wa 2022 abantu 43% mu bakuru batuye Isi, bari bafite ibilo byinshi ugereranyije n’ibyo bagakwiye kuba bafite.

Nanone kandi nubwo ubu bushakashatsi bugaragaza ko imibare y’abafite ikibazo cy’imirire mibi yagabanutse, iki kibazo kiracyahangayikishije mu bice bimwe na bimwe, by’umwihariko mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bwa Asia ndetse no muri Afurika yo Munsi y’Ubutayi bwa Sahara.

Ibihugu bifite imibare yo hejuru ku mpande zombi yaba ku bafite umubyibuho ukabije no kugwingira, muri 2022 byari Ibihugu byo mu Birwa bya Pacific na Caribbe ndetse no mu Burasirazuba bwo hagati no mu majyaruguru ya Afurika.

Imirire mibi mu bwoko bwose, yaba kurya indyo ituzuye ndetse no kurya indyo irimo intungamubiri zirenze izikenewe, igira ingaruka ku buzima bwa muntu, nk’uko bitangazwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima-WHO.

Iri shami rivuga ko imirire mibi yo kurya indyo ituzuye, igira uruhare muri 1/2 cy’impfu z’abana batujuje imyaka itanu, rikavuga kandi ko umubyibuho ukabije utera indwara zitandura, zirimo iz’umutima, Diabetes ndetse na Cancer.

Umuyobozi Mukuru wa WHO, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yagize ati “Ubu bushakashatsi bushya burashimangira akamaro ko gukumira no kurwanya umubyibuho ukabije, umuntu akiri muto, binyuze mu kuringaniza imirire, mu gukora imyitozo ngororamubiri ndetse no kwiyitaho bihoraho.”

Dr Tedros Adhanom yaboneyeho kandi gusaba Guverinoma z’Ibihugu ndetse n’imiryango itandukanye, gushyiraho ingamba zo kurwanya umubyibuho ukabije.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu y’inguzanyo ya mbere nini u Buyapani bwahaye u Rwanda n’icyo izakoreshwa

Next Post

Ibirambuye ku busabe bw’u Rwanda ko imbaraga za Gisirikare za SADC muri Congo ziterwa umugongo

Related Posts

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku wahoze ari umunyamakuru, ubu akaba yari Umujyanama mu bijyanye n'itumanaho mu Buhuzabikorwa bw’Ihuriro AFC/M23, akaba yari n'inkoramutima ya...

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

by radiotv10
11/12/2025
0

Nyuma yuko abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe Umujyi wa Uvira muri Kivu y’Epfo bakubise incuro abarimo abasirikare b’u Burundi, Igihugu cyabo...

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

by radiotv10
11/12/2025
0

Magloire Paluku, a former journalist who later became a Communications Advisor in the Coordination Office of the AFC/M23 coalition and...

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryemeje ko ryamaze gufata umujyi wa Uvira, risaba abaturage bawutuye...

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

by radiotv10
10/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryagaragaje intwaro nyinshi zirimo izirasa kure yambuye ingabo z’u Burundi ziri gufasha FARDC bahanyanye, inerekana impuzankano z’igisirikare cya...

IZIHERUKA

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka
IMIBEREHO MYIZA

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

11/12/2025
AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

Eng.-One AFC/M23 cadre shot dead in Goma City

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku busabe bw’u Rwanda ko imbaraga za Gisirikare za SADC muri Congo ziterwa umugongo

Ibirambuye ku busabe bw’u Rwanda ko imbaraga za Gisirikare za SADC muri Congo ziterwa umugongo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

Bamporiki wabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yitabiriye umuhango wo gusezerana w’Umuhanzi Niyo Bosco

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.