Friday, February 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imibare y’abagizweho ingaruka n’inkubi idasanzwe muri Madagascar ikomeje gutumbagira

radiotv10by radiotv10
13/02/2026
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Imibare y’abagizweho ingaruka n’inkubi idasanzwe muri Madagascar ikomeje gutumbagira
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu bagera kuri 40 bamaze kwitaba Imana, mu gihe abarenga 12 000 bavuye mu byabo, nyuma yuko inkubi y’umuyaga wiswe Gezani yibasiye bikomeye umujyi wa kabiri munini wa Madagascar mu ntangiriro z’iki cyumweru.

Kuri uyu wa Kane, Ibiro bya Leta bishinzwe guhangana n’ibiza (BNGRC) byatangaje ko imibare ivuguruye igaragaza ko abantu 40 ari bo bapfuye, batandatu baburiwe irengero, naho 374 barakomeretse. Igenzura ry’ibyangiritse riracyakomeje.

Uyu muyaga wageze ku butaka bw’iki gihugu ku wa Kabiri, winjira mu mujyi wa Toamasina ku nkombe z’iburasirazuba. Wari uherekejwe n’indi miyaga ikomeye yari ifite umuvuduko wa kilometero 250 ku isaha, maze ushegesha bikomeye umujyi wa Toamasina utuwe n’abaturage bagera ku 500,000. Ibiti byarahiritswe, ibisenge by’inzu biraguruka, ndetse imihanda yuzura ibisigazwa by’inzu zasenyutse.

Umuyobozi mushya w’igihugu yatangaje ibihe bidasanzwe by’ibiza, asaba ubufatanye mpuzamahanga, avuga ko nibura 75% by’umujyi wa Toamasina n’ibiwukikije byangijwe.

Kugeza ubu habaruwe inzu zirenga 18,000 zasenyutse burundu, mu gihe izindi nibura 50,000 zangiritse cyangwa zatwawe n’amazi.

Inzego z’umutekano zivuga ko impfu nyinshi zatewe no gusenyuka kw’inzu, bitewe n’uko nyinshi zitari zubatse mu buryo bwihanganira inkubi zikomeye.

Imihanda minini, irimo uhuza umujyi wa Toamasina n’umurwa mukuru Antananarivo, yacitsemo ibice byinshi, bituma ubutabazi butagerayo ku gihe. Byongeye kandi, itumanaho na ryo ryangiritse.

Hagati aho, Mozambique na yo iri kwitegura kwakira uwo muyaga, mu gihe ibihugu n’imiryango mpuzamahanga bikomeje gutegura ubufasha bwihuse ku bagizweho ingaruka, nyuma yo kwibasirwa n’imyuzure yatewe n’imvura nyinshi yaguye muri icyo gihugu.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Related Posts

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

by radiotv10
13/02/2026
0

Igihugu cya Angola, gisanzwe ari umuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo biri mu mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

Umuyobozi wa MONUSCO aragenzwa n’iki mu gace kagenzurwa na AFC/M23?

by radiotv10
12/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbuye muri DRC (MONUSCO) bwatangaje ko Vivian van de Perre, Intumwa Yihariye y'Umunyabanga Mukuru w'uyu Muryango, akaba...

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

Eng.-For the first time an aircraft lands at Goma Airport since AFC/M23 took control

by radiotv10
12/02/2026
0

A helicopter carrying Vivian van de Perre, the Special Representative of the UN Secretary-General and Acting Head of MONUSCO, has...

BREAKING: Bwa mbere ku Kibuga cy’Indege cya Goma haguye indege kuva AFC/M23 yahafata

BREAKING: Bwa mbere ku Kibuga cy’Indege cya Goma haguye indege kuva AFC/M23 yahafata

by radiotv10
12/02/2026
0

Indege yo mu bwoko bwa kajugujugu itwaye Vivian van de Perre, Intumwa Yihariye y’Umunyabanga Mukuru wa UN, akaba n’Umuyobozi w’Agateganyo...

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

Igisirikare cya Uganda cyapfushije Umujenerali wari ugiye gushyingura undi musirikare wo hejuru

by radiotv10
11/02/2026
0

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Uganda (UPDF) bwemeje ko Maj. Gen. Deus Sande yitabye Imana ubwo yari mu rugendo agiye i Kampala...

IZIHERUKA

Imibare y’abagizweho ingaruka n’inkubi idasanzwe muri Madagascar ikomeje gutumbagira
AMAHANGA

Imibare y’abagizweho ingaruka n’inkubi idasanzwe muri Madagascar ikomeje gutumbagira

by radiotv10
13/02/2026
0

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

13/02/2026
Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

13/02/2026
Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

Umunyarwenya ‘Nyamabondo’ yahishuye uko yiyise Umunyamulenge abyizeyemo amakiriro bikarangira bitumye afungwa

13/02/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwahagaritse ingendo ziruhuza n’Ibihugu byo mu Majyepfo ya Afurika

Hatangajwe imbogamizi zabayeho mu ngendo z’indege mu Rwanda

13/02/2026
Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

Hatangajwe itariki yo gutangira kubahiriza bidasubirwaho icyemezo cyo guhagarika imirwano muri Congo

13/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Imibare y’abagizweho ingaruka n’inkubi idasanzwe muri Madagascar ikomeje gutumbagira

Ubutumwa ubuyobozi bwa Rayon bugeneye Ngabo Roben nyuma y’iminsi ibiri asezeye

Menya zimwe mu mpamvu zatumye Ingengo y’Imari y’u Rwanda igabanukaho miliyari 80Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.