Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n’umutoza yari yegamiyeho

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n’umutoza yari yegamiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hari ubwoba ko umutoza wa Manchester City, Pep Guardiola; ashobora gusezera iyi kipe mu buryo butunguranye, hatangiye gutekerezwa abashobora kumusimbura.

Uyu Munya-Aspagne Pep Guardiola yatoje amakipe akomeye ku Isi, nka FC Barcelona na Bayern Munich yo mu Budage, aheruka kongera amasezerano muri Manchester City yo kugeza mu mwaka wa 2025, bivuze ko aramutse ashoje amasezerano ye yazayisohokamo ayimazemo imyaka 9.

Uyu mutoza uri mu bahanga bakomeye amaze guhesha Manchester City ibikombe bine (4) bya Premier League, ibya Carabao cup 4 na FA Cup 1.

Naho mu marushanwa nyaburayi icyo yakoze gikomeye ukugeza iyi kipe ku mukino wa nyuma ariko ntibabasha kucyegukana, gusa n’uyu mwaka baracyarimo muri Champions League.

Nubwo bimeze gutya ariko, ubwoba ni bwose yaba mu bafana ba Manchester City ndetse n’abandi bakurikiranira hafi iby’umupira w’u Bwongereza bavuga ko ku musozo w’uyu mwaka w’imikino, Pep Guardiola ashobora gusezera aka kazi.

Pep Guardiola yahesheje ibikombe byinshi Man City

Manchester City yatangiye gutekereza bimwe mu bisubizo bihari, cyane cyane ko ubu hari amazina ari ku isoko adafite akazi.

Uwa mbere uvugwa cyane, ni Luis Enrique na we watoje FC Barcelona ndetse uheruka no gutandukana n’ikipe y’Igihugu ya Espagne.

Uyu mugabo utekerezwaho imbere mu ikipe ya Manchester City, amakuru avuga ko akundwa bikomeye na Txiki Begiristain umuyobozi w’ibijyanye na siporo muri Manchester City ndetse ko bizeye ko mu gihe baba batandukanye na Guardiola uyu mugabo yakomereza aho yaragejeje neza neza bitiriwe bigorana.

Aganira n’ibitangazamakuru byo muri Espagne, Luis Enrique yavuze ko yakiriye ubusabe bw’amakipe menshi harimo n’ayo mu Bwongereza ndetse anemeza ko yifuza kuba yajya gutoza mu Bwongereza ariko akajya mu ikipe ifite gahunda nzima yo guhatanira ibintu binini. Luis Enrique yagiye avugwa mu makipe atandukanye nka Chelsea, Tottenham n’ayandi.

Luis Enrique ushobora kuzasimbura Pep Guardiola

Deus KWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Umuhire_bienvenue says:
    3 years ago

    I can’t believe ko pep yagenda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 8 =

Previous Post

Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza

Next Post

Amakuru mashya ku bya SACCO yibwe 25.000.000Frw mu buryo bw’urujijo

Related Posts

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika warangiye Ikipe y’Igihugu ya Senegal icyegukanye, nyuma y’imvururu zawuranze kubera...

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

IZIHERUKA

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza
MU RWANDA

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bya SACCO yibwe 25.000.000Frw mu buryo bw’urujijo

Amakuru mashya ku bya SACCO yibwe 25.000.000Frw mu buryo bw’urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.