Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n’umutoza yari yegamiyeho

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n’umutoza yari yegamiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hari ubwoba ko umutoza wa Manchester City, Pep Guardiola; ashobora gusezera iyi kipe mu buryo butunguranye, hatangiye gutekerezwa abashobora kumusimbura.

Uyu Munya-Aspagne Pep Guardiola yatoje amakipe akomeye ku Isi, nka FC Barcelona na Bayern Munich yo mu Budage, aheruka kongera amasezerano muri Manchester City yo kugeza mu mwaka wa 2025, bivuze ko aramutse ashoje amasezerano ye yazayisohokamo ayimazemo imyaka 9.

Uyu mutoza uri mu bahanga bakomeye amaze guhesha Manchester City ibikombe bine (4) bya Premier League, ibya Carabao cup 4 na FA Cup 1.

Naho mu marushanwa nyaburayi icyo yakoze gikomeye ukugeza iyi kipe ku mukino wa nyuma ariko ntibabasha kucyegukana, gusa n’uyu mwaka baracyarimo muri Champions League.

Nubwo bimeze gutya ariko, ubwoba ni bwose yaba mu bafana ba Manchester City ndetse n’abandi bakurikiranira hafi iby’umupira w’u Bwongereza bavuga ko ku musozo w’uyu mwaka w’imikino, Pep Guardiola ashobora gusezera aka kazi.

Pep Guardiola yahesheje ibikombe byinshi Man City

Manchester City yatangiye gutekereza bimwe mu bisubizo bihari, cyane cyane ko ubu hari amazina ari ku isoko adafite akazi.

Uwa mbere uvugwa cyane, ni Luis Enrique na we watoje FC Barcelona ndetse uheruka no gutandukana n’ikipe y’Igihugu ya Espagne.

Uyu mugabo utekerezwaho imbere mu ikipe ya Manchester City, amakuru avuga ko akundwa bikomeye na Txiki Begiristain umuyobozi w’ibijyanye na siporo muri Manchester City ndetse ko bizeye ko mu gihe baba batandukanye na Guardiola uyu mugabo yakomereza aho yaragejeje neza neza bitiriwe bigorana.

Aganira n’ibitangazamakuru byo muri Espagne, Luis Enrique yavuze ko yakiriye ubusabe bw’amakipe menshi harimo n’ayo mu Bwongereza ndetse anemeza ko yifuza kuba yajya gutoza mu Bwongereza ariko akajya mu ikipe ifite gahunda nzima yo guhatanira ibintu binini. Luis Enrique yagiye avugwa mu makipe atandukanye nka Chelsea, Tottenham n’ayandi.

Luis Enrique ushobora kuzasimbura Pep Guardiola

Deus KWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Umuhire_bienvenue says:
    3 years ago

    I can’t believe ko pep yagenda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − seven =

Previous Post

Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza

Next Post

Amakuru mashya ku bya SACCO yibwe 25.000.000Frw mu buryo bw’urujijo

Related Posts

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Umunyamakuru Isaac Rabbin Imani uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, wamaze gusezera igitangazamakuru yakoreraga yari amazeho imyaka ine, hamenyekanye...

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

Ibitunguranye ku mukino w’ishiraniro uzahuza APR na Rayon utegerejwe na benshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryagennye umusifuzi ukiri muto utaranasifura imikino myinshi, kuzayobora umukino wa Derby y’u Rwanda, uzahuza...

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

Umusifuzi watumye abakunzi ba APR bavana agahinda i Rubavu yafatiwe icyemezo

by radiotv10
06/11/2025
0

Umusifuzi Karangwa Justin wanze igitego APR FC yari yatsinze Rutsiro FC mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa Shampiyona, avuga ko...

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

Uwatoje APR yagarutse mu Rwanda azanye na Al Merreikh yo muri Sudan yasesekaye i Kigali

by radiotv10
06/11/2025
0

Ikipe ya El Merreikh yo muri Sudan iri kumwe n’umutoza wayo Darko Novic watozaga APR FC umwaka w'imikino ushize, yageze...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bya SACCO yibwe 25.000.000Frw mu buryo bw’urujijo

Amakuru mashya ku bya SACCO yibwe 25.000.000Frw mu buryo bw’urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.