Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imibonano mpuzabitsina ku isonga mu nzira ziri kwandurizanyamo Mpox yakajije umurego mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/12/2024
in MU RWANDA
0
Indwara y’ubushita yagaragaye mu Rwanda nyuma y’u Burundi na Congo yagaragaye mu kindi Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC, cyatangaje ko imibare y’abandura indwara y’Ubushita bw’Inkende (Mpox) iri kwiyongera mu Rwanda muri iki gihe, ndetse ko hejuru ya 95% by’abayandura, bayanduzanya binyuze mu mibonano mpuzabitsina.

Byatangajwe n’Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurwanya Ibyorezo muri RBC, Dr. Edson Rwagasore mu kiganiro yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru none ku wa Kabiri tariki 10 Ukuboza 2024.

Yavuze ko abandura bari kwiyongera ku gipimo cyo hejuru muri ibi bihe, “ugereranyije n’uko byari bimeze mbere. Irazamuka hano mu Rwanda kandi iri no kuzamuka no mu bindi Bihugu duhana imbibi.”

Yakomeje agira ati “Kugeza ubu nibura buri cyumweru ntabwo tubura abarwayi bari hagati ya bane (4) na batanu (5) mu bo dusuzuma tugasanga bafite ubwo burwayi.”

Ubwo iyi ndwara yatangazwaga mu Rwanda, inzego z’ubuzima zakunze gushishikariza abantu uburyo bwo kuyirinda, burimo kwirinda gukorana imibonano mpuzabitsina yaba ikingiye cyangwa idakingiye n’umuntu wagaragaje ibimenyetso, mu gihe iyi nzira ari yo iri ku isonga mu gukwirakwira kw’iyi ndwara mu Rwanda.

Dr. Edson Rwagasore yagize ati “Muri abo barwayi bose tumaze kubona, abenshi barenga 95%, ni abantu bandura binyuze mu mibonano mpuzabitsina.”

Iki cyorezo cy’ubushita bw’inkende cyagaragaye mu Rwanda kuva muri Nyakanga uyu mwaka wa 2024, Dr. Edson Rwagasore yaboneyeho kwibutsa abantu ko kigihari, bityo ko bakwiye gukomeza kubahiriza ingamba n’inama bahabwa n’inzego z’ubuzima zirimo kwirinda imibonano mpuzabitsina yaba ikingiye cyangwa idakingiye n’umuntu wagaragaje ibimenyetso by’iyi ndwara.

Uburyo kandi bwatangajwe n’inzego z’ubuzima mu Rwanda bwo kwirinda iyi ndwara, harimo kwirinda gukora ku muntu wagaragaje ibimenyetso byayo cyangwa gukora ku bikoresho yakozeho, ndetse no gukaraba intoki kenshi kandi neza ukoresheje amazi n’isabune.

Ibimenyetso by’iyi ndwara, harimo ubushita cyangwa ubuheri ku ruhu; umuriro mwinshi; kubabara mu muhogo; umutwe ukabije; ububabare bw’imitsi; ububabare mu mugongo, intege nke no kubyimba udusabo tw’amaraso (ganglions lymphatiques).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − one =

Previous Post

Brig.Gen Karuretwa wari ushinzwe imikoranire mpuzamahanga muri RDF yahawe inshingano nshya

Next Post

Hatewe indi ntambwe mu buryo bushya buri gutangizwa mu gutwara abagenzi muri Kigali

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi...

IZIHERUKA

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango
IBYAMAMARE

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

by radiotv10
30/06/2025
0

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko twasanze byifashe ku munsi wa mbere wa gahunda nshya mu gutwara abagenzi

Hatewe indi ntambwe mu buryo bushya buri gutangizwa mu gutwara abagenzi muri Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.