Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imigenderanire y’u Rwanda na Uganda igiye kurushaho kuba myiza

radiotv10by radiotv10
19/04/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Imigenderanire y’u Rwanda na Uganda igiye kurushaho kuba myiza
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa ziturutse mu Biro by’Igihugu bishinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda n’iz’ibyo muri Uganda, zahuriye mu mahugurwa agamije gusangizanya ubumenyi n’ubunararibonye, bigamije kurushaho kunoza imigenderanire y’abatuye Ibihugu byombi.

Aya mahugurwa y’iminsi ibiri, yatangiye kuri uyu wa Kane tariki 18 Mata 2024 nk’uko tubikesha Ibiro by’Igihugu bishinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda (Rwanda Migration) ndetse n’ibyo muri Uganda (Immigration Uganda).

Rwanda Migration mu butumwa yatanze kuri uyu wa Kane, yavuze ko “Intumwa ziturutse muri Rwanda Migration ndetse na Immigration Uganda, hamwe n’abayobozi baturutse mu Rwanda na Uganda, batangiye amahugurwa y’iminsi ibiri ku byerecyeye abinjira n’abasohka, mu gikorwa cyabereye ku Mupaka wa Kagitumba.”

Rwanda Migration ikomeza igira iti “Abitabiriye amahugurwa basangiye ibitekerezo n’ubunararibonye ku bibazo byerecyeye abinjira n’abasohoka mu nyungu zihuriweho.”

Urwego Rushinzwe Abinjira n’Abasohoka muri Uganda, rwatangaje ko aya mahugurwa azaba umwanya mwiza wo kunguka ubumenyi ku bakozi b’impande zombi, bugamije kunoza imigenderanire y’Ibihugu byombi.

Immigration Uganda yagize ati “Amahugurwa azaha abayitabiriye ubumenyi bukenewe mu gukemura imbogamizi, kwagura imikoranire mu by’imipaka ndetse no guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.”

Uru Rwego rukomeza ruvuga ko aya mahugurwa ari umwe mu myanzuro yafatiwe mu nama yahuje Abayobozi Bakuru b’Ibiro Bishinzwe Abinjira n’Abahoka by’Ibihugu byombi, yabereye i Mbarara muri Nzeri umwaka ushize wa 2023.

Ni amahugurwa abaye mu gihe umubano w’u Rwanda na Uganda ukomeje kuba ntamakemwa, kuko wigeze kuzamo igitotsi, ariko ubu inzego z’Ibihugu byombi zikaba zikomeje kugendererana mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umubano n’imikoranire y’ibi Bihugu.

Aya mahugurwa yatangiye nyuma y’amasaha macye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Mohoozi Kainerugaba yakiriye intumwa z’ubuyobozi bwa RDF zari ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi.

Abakozi bo ku Mipaka y’u Rwanda na Uganda bari mu mahugurwa y’iminsi ibiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + nineteen =

Previous Post

Zimbabwe: Inkuru nziza yasesekaye ku mfungwa 4.000 zirimo n’izari zarakatiwe urwo gupfa

Next Post

Igihugu cy’igihangange cyatumye ikimaze igihe gisumbirijwe n’intambara kitinjira muri UN

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihugu cy’igihangange cyatumye ikimaze igihe gisumbirijwe n’intambara kitinjira muri UN

Igihugu cy’igihangange cyatumye ikimaze igihe gisumbirijwe n’intambara kitinjira muri UN

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.