Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Masisi yongeye gukara

radiotv10by radiotv10
25/08/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo i Masisi yongeye gukara
Share on FacebookShare on Twitter

Mu bice bimwe byo muri Sheferi ya Osso Banyungu muri Teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imirwano ihanganishije AFC/M23 na Wazalendo yumvikanyemo imbunda zimereye.

Iyi mirwano yaramukiye mu duce twa Biholo na Muhemba muri Sheferi ya Osso Banyungu, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 25 Kanama 2025 nk’uko tubikesha inyamakuru ACTUALITE.CD.

Iki gitangazamakuru kivuga ko iyi mirwano yatangijwe n’abarwanyi ba AFC/M23 bari baturutse mu bice bya Nyabiondo na Kasopo bagabye ibitero ku barwanyi ba Wazalendo bakunze kuvugwaho ibikorwa by’amahano bakorera abaturage.

Amakuru yatangajwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, avuga ko iyi mirwano yari igikomeje hagati y’impande zombi, aho Ihuriro AFC/M23 ryakunze kuvuga kenshi ko ritazihanganira amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye, ahubwo ko rizajya rijya guhangana na rwo aho ruri.

Ubwo iyi mirwano yatangiraga mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, muri ibi bice yabereyemo humvikanye urusaku rw’imbunda zirimo inini ndetse n’into, aho impande zombi zari zikomeje gukozanyaho.

Amakuru avuga ko Ihuriro AFC/M23 rishaka kugira ibirindiro i Masisi ahakomeje kuyoborwa n’umutwe wa Wazalendo wakunze gutungwa agatoki gukora ibikorwa bidahwitse ubikorera abaturage, ari na ko ugaba ibitero ku barwanyi ba AFC/M23.

Iyi mirwano yadutse mu gihe kuri iki Cyumweru uruhande rwa Leta ya Kinshasa rwari rwagabye ibitero mu bice binyuranye mu Ntara ya Kivu y’Epfo byumwihariko mu gace ka Kadasomwa.

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje iby’ibi bitero byagabwe kuri iki Cyumweru, ryavuze ko byari birimo abacancuro bongeye kwiyambazwa n’ubutegetsi bwa Congo Kinshasa, ryongera kwibutsa ko ritazihanganira ibi bikorwa by’ubushotoranyi, ahubwo ko rizajya guhangana n’abakomeje kubuzamura, rikabasanga aho bari.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + twenty =

Previous Post

U Rwanda rwakiriye Abanyarwanda barenga 500 batahutse bavuye muri Congo

Next Post

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.