Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imirwano ikarishye yasize M23 imwenyura, FARDC byongera kuyibera ihurizo

radiotv10by radiotv10
17/12/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Imirwano ikarishye yasize M23 imwenyura, FARDC byongera kuyibera ihurizo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imirwano ikomeye yabaye kugeza mu masaha y’ijoro, umutwe wa M23 wafashe agace ka Alimbongo ko muri Teritwari ya Lubero mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, mu gihe abasirikare b’uruhande bahanganye ba FARDC, bakwiriye imishwaro bagahungira mu gace byegeranye.

Ni imirwano yagejeje mu masaha akuze y’ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ukuboza 2024, yabereye muri iyi Lokarite ya Alimbongo iherereye mu bilometero 50 uvuye muri Lubero rwagati.

Urugamba rwirije umunsi wo ku wa mbere wose, aho amakuru ava muri aka gace avuga ko abarwanyi ba M23 babashije gushyigura abasirikare b’uruhande bahanganye rwa FARDC, babageza muri Lokarite byegeranye ya Kitsombiro.

Ni mu gihe kandi kuva mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 15 Ukuboza 2024, umutwe wa M23, na bwo wagenzuraraga Lokarite ya Matembe, iherereye mu bilometero 60 uvuye mu mujyi bwa Lubero rwagati.

Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Col Willy Ngoma, nyuma yo gufata agace ka Alimbongo, yagaragaje ko uyu mutwe wabashije gukubita incuro uruhande bahanganye, ndetse ko watwitse bimwe mu bikoresho byarwo birimo imodoka za gisirikare.

Mu mashusho yashyizwe hanze n’uyu mutwe wa M23 yafashwe ubwo abarwanyi bawo bari bamaze gufata aka gace, bagaragaye bacinya akadiho, baririmba indirimbo zo mu Kiswahili basa nk’abagenera ubutumwa uruhande bahanganye, ko babarusha imbaraga kure.

Iyi mirwano ikomeje guhindura isura, mu gihe hari hakomeje ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, nubwo byajemo kirogoya mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo Congo yisubiraga ku ngingo yari yemeye yo kuganira n’uyu mutwe wa M23.

Uku kwisubira kwa Congo, kwatumye inama yari guhuza Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi, i Luanda muri Angola, isubikwa ku munota wa nyuma.

Umutwe wa M23 na wo wavuze ko udashobora na rimwe kuzarambika intwaro hasi, mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa butaremera ko baganira, ndetse bugashyira mu bikorwa ibyo usaba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Uwamamaye muri filimi Nyarwanda n’umukunzi we babana i Burayi bateye intambwe mu rukundo

Next Post

Menya abakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi n’amakipe bakinira

Related Posts

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga
AMAHANGA

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi n’amakipe bakinira

Menya abakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi n’amakipe bakinira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.