Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imirwano ikarishye yasize M23 imwenyura, FARDC byongera kuyibera ihurizo

radiotv10by radiotv10
17/12/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Imirwano ikarishye yasize M23 imwenyura, FARDC byongera kuyibera ihurizo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imirwano ikomeye yabaye kugeza mu masaha y’ijoro, umutwe wa M23 wafashe agace ka Alimbongo ko muri Teritwari ya Lubero mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, mu gihe abasirikare b’uruhande bahanganye ba FARDC, bakwiriye imishwaro bagahungira mu gace byegeranye.

Ni imirwano yagejeje mu masaha akuze y’ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ukuboza 2024, yabereye muri iyi Lokarite ya Alimbongo iherereye mu bilometero 50 uvuye muri Lubero rwagati.

Urugamba rwirije umunsi wo ku wa mbere wose, aho amakuru ava muri aka gace avuga ko abarwanyi ba M23 babashije gushyigura abasirikare b’uruhande bahanganye rwa FARDC, babageza muri Lokarite byegeranye ya Kitsombiro.

Ni mu gihe kandi kuva mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 15 Ukuboza 2024, umutwe wa M23, na bwo wagenzuraraga Lokarite ya Matembe, iherereye mu bilometero 60 uvuye mu mujyi bwa Lubero rwagati.

Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Col Willy Ngoma, nyuma yo gufata agace ka Alimbongo, yagaragaje ko uyu mutwe wabashije gukubita incuro uruhande bahanganye, ndetse ko watwitse bimwe mu bikoresho byarwo birimo imodoka za gisirikare.

Mu mashusho yashyizwe hanze n’uyu mutwe wa M23 yafashwe ubwo abarwanyi bawo bari bamaze gufata aka gace, bagaragaye bacinya akadiho, baririmba indirimbo zo mu Kiswahili basa nk’abagenera ubutumwa uruhande bahanganye, ko babarusha imbaraga kure.

Iyi mirwano ikomeje guhindura isura, mu gihe hari hakomeje ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, nubwo byajemo kirogoya mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo Congo yisubiraga ku ngingo yari yemeye yo kuganira n’uyu mutwe wa M23.

Uku kwisubira kwa Congo, kwatumye inama yari guhuza Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi, i Luanda muri Angola, isubikwa ku munota wa nyuma.

Umutwe wa M23 na wo wavuze ko udashobora na rimwe kuzarambika intwaro hasi, mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa butaremera ko baganira, ndetse bugashyira mu bikorwa ibyo usaba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + 4 =

Previous Post

Uwamamaye muri filimi Nyarwanda n’umukunzi we babana i Burayi bateye intambwe mu rukundo

Next Post

Menya abakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi n’amakipe bakinira

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi
IMYIDAGADURO

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi n’amakipe bakinira

Menya abakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi n’amakipe bakinira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.