Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imirwano ikarishye yasize M23 imwenyura, FARDC byongera kuyibera ihurizo

radiotv10by radiotv10
17/12/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Imirwano ikarishye yasize M23 imwenyura, FARDC byongera kuyibera ihurizo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imirwano ikomeye yabaye kugeza mu masaha y’ijoro, umutwe wa M23 wafashe agace ka Alimbongo ko muri Teritwari ya Lubero mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, mu gihe abasirikare b’uruhande bahanganye ba FARDC, bakwiriye imishwaro bagahungira mu gace byegeranye.

Ni imirwano yagejeje mu masaha akuze y’ijoro ryo kuri uyu wa Mbere tariki 16 Ukuboza 2024, yabereye muri iyi Lokarite ya Alimbongo iherereye mu bilometero 50 uvuye muri Lubero rwagati.

Urugamba rwirije umunsi wo ku wa mbere wose, aho amakuru ava muri aka gace avuga ko abarwanyi ba M23 babashije gushyigura abasirikare b’uruhande bahanganye rwa FARDC, babageza muri Lokarite byegeranye ya Kitsombiro.

Ni mu gihe kandi kuva mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 15 Ukuboza 2024, umutwe wa M23, na bwo wagenzuraraga Lokarite ya Matembe, iherereye mu bilometero 60 uvuye mu mujyi bwa Lubero rwagati.

Umuvugizi wa M23 mu bya gisirikare, Col Willy Ngoma, nyuma yo gufata agace ka Alimbongo, yagaragaje ko uyu mutwe wabashije gukubita incuro uruhande bahanganye, ndetse ko watwitse bimwe mu bikoresho byarwo birimo imodoka za gisirikare.

Mu mashusho yashyizwe hanze n’uyu mutwe wa M23 yafashwe ubwo abarwanyi bawo bari bamaze gufata aka gace, bagaragaye bacinya akadiho, baririmba indirimbo zo mu Kiswahili basa nk’abagenera ubutumwa uruhande bahanganye, ko babarusha imbaraga kure.

Iyi mirwano ikomeje guhindura isura, mu gihe hari hakomeje ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bigamije gushaka umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, nubwo byajemo kirogoya mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo Congo yisubiraga ku ngingo yari yemeye yo kuganira n’uyu mutwe wa M23.

Uku kwisubira kwa Congo, kwatumye inama yari guhuza Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi, i Luanda muri Angola, isubikwa ku munota wa nyuma.

Umutwe wa M23 na wo wavuze ko udashobora na rimwe kuzarambika intwaro hasi, mu gihe ubutegetsi bwa Kinshasa butaremera ko baganira, ndetse bugashyira mu bikorwa ibyo usaba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 3 =

Previous Post

Uwamamaye muri filimi Nyarwanda n’umukunzi we babana i Burayi bateye intambwe mu rukundo

Next Post

Menya abakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi n’amakipe bakinira

Related Posts

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

by radiotv10
13/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yongeye gushimangira ko iri Huriro rizaruhuka ari uko ribohoye Igihugu cya...

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

by radiotv10
13/01/2026
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, guha imbaraga abasanzweyo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya abakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi n’amakipe bakinira

Menya abakinnyi basezerewe mu mwiherero w’Amavubi n’amakipe bakinira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.