Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Immaculée agiye kurega Minisiteri ayishinja kurebera inkwano igahindurwa ubucuruza bw’abantu

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in MU RWANDA
3
Immaculée agiye kurega Minisiteri ayishinja kurebera inkwano igahindurwa ubucuruza bw’abantu
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ati “Ni gute umuntu bamuciririkanya nk’abaciririkanya isambu cyangwa itungo?”

Ingabire Marie Immaculée yavuze ko inkwano z’iki gihe zahindutse nk’ubucuruzi bw’abantu kubera uburyo baziciririkanyaho n’amananiza azamo, aboneraho guteguza Minisiteri ifite mu nshingano umuco kuzayijyana mu nkiko kuko ikomeje kurebera ibi bikorwa kandi bigize icyaha cy’ubucuruzi bw’abantu.

Ingabire Marie Immaculée usanzwe ari Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga urwanya Ruswa n’Akarengane (Transparency International Rwanda), akunze kuvuga ko atemera inkwano.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, Ingabire Marie Immaculée yavuze ko byumwihariko inkwano muri iki gihe yabaye nk’ubucuruzi kubera uburyo imiryango igiye gushyingirana ibanza kuyiciririkanyaho ariko abo ku ruhande rw’umukobwa bakazanamo amananiza.

Avuga ku rugero rwo guciririkanya gushobora kuba hagati y’imiryango, yagize ati “Ab’iwabo w’umukobwa bati ‘nibura miliyoni eshatu na maganatanu’ ab’iwabo w’umuhungu bati ‘rwose mwaciye inkoni izamba [ukagira ngo ni icyaha bakoze cyo kuza kubasaba umugeni] mukagira nibura nka miliyoni 2,1’.”

Agakomeza abinenga, ati “Njyewe icyo gihe mpita mbaza nti ‘none iyo mugurisha isambu cyangwa itungo mubigenza gute?’ nti ‘ubwo muri guciririkanya ku muntu?’.”

Uyu mubyeyi ukunze kugaragaza bimwe mu bikorwa anenga, yavuze ko umuntu atagira agaciro ku buryo yaciririkanywaho.

Ati “Byabaye nko gucuruza. Njyewe rero reka mbabwire kandi Jonathan [umukozi w’Inteko y’Umuco bari kumwe mu kiganiro] mu bo nzarega murimo Minisiteri yanyu kuko ni mwe mwari mukwiye kudufasha gukemura iki kibazo. Ndenda kubarega human trafficking (icyaha cyo gucuruza abantu) murebera iriho ikorwa, bacuruza abantu ntibagire icyo babikoraho.”

Ingabire Marie Immaculée yavuze ko ibi atari ugutebya kuko abifite muri gahunda, ati “Muzaba mureba si cyera.”

Avuga ko mu myumvire ye ababyeyi bombi (uw’umusore n’umukobwa) bakwiye kujya bubakira abana babo, bakagira ibyo babaha byo gutangiza urugo rwabo rushya.

Abasesengura ibijyanye n’umuco, bavuga mu muco nyarwanda, inkwano atari ikiguzi cy’umukobwa ahubwo ko ari igihango kiba gikwiye kuba hagati y’imiryango iba ishyingiranye by’umwihariko ikaba yari inka kuko iri tungo rifite igisobanuro gikomeye mu muco nyarwanda.

Ingabire Marie Immaculée (Photo/Internet)

RADIOTV10

Comments 3

  1. SINUMVAYABO Mathias says:
    4 years ago

    Njye rwose ndikumwe n’uyu mubyeyi nubwo nziko byamaze kurenga ihaniro.Kdi ikibabaje bizanwa n’abo twita abasirimu!!!😕😏 Gusa birababaje kuko bigiye kujya binatuma abana bamwe bahera kwishyiga!

    Reply
  2. Callixte says:
    4 years ago

    Ntekereza ko iki kibazo kirareba ministeri nyinshi: MYCULTURE, MIGEPROF, MINALOC, MINIJUST, etc. Murakoze!

    Reply
  3. Bizimana jean Baptiste says:
    4 years ago

    Rwose ni muturwaneho bimaze kuturambira!! Bizatuma tujya tujya gushaka abakobwa mu cyaro kuko nibo batajya batunaniza kd ugasaga bafite n’umuco kuruaha babandi biyita ngo barahenze
    Rwose Minister nibijyemo barebe uko baturwanaho

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

M23 ntikanganye- Muhoozi yavuze ko Perezida Kagame, Museveni na Tshisekedi barandura M23 byihuse

Next Post

Umuhanda Kigali-Huye wangiritse ubu si nyabagendwa

Related Posts

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Abantu batanu barimo Heradi Sefu Josué uzwi nka Prophet Joshua, bari baherutse gutabwa muri yombi bakurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

by radiotv10
30/12/2025
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimiye abasirikare n’abo mu zindi nzego z’umutekano z’u Rwanda ku bw’akazi...

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yibukije ko muri uyu mwaka wa 2025 hari inzira zizewe zashoboraga gutuma ibibazo by’amakimbirane biri mu karere byumwihariko...

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

Eng.-President Kagame’s end-of-year message to the Rwanda Defence Force

by radiotv10
30/12/2025
0

President Paul Kagame, the Commander-in-Chief of the Rwanda Defence Force, has commended Rwanda’s soldiers and members of other security organs...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Rwanda states that the Kinshasa-backed FDLR remains the most significant unaddressed security threat

by radiotv10
30/12/2025
0

The Government of Rwanda has emphasized that in 2025 there were credible pathways that could have helped resolve regional conflicts,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanda Kigali-Huye wangiritse ubu si nyabagendwa

Umuhanda Kigali-Huye wangiritse ubu si nyabagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.