Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Immaculée agiye kurega Minisiteri ayishinja kurebera inkwano igahindurwa ubucuruza bw’abantu

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in MU RWANDA
3
Immaculée agiye kurega Minisiteri ayishinja kurebera inkwano igahindurwa ubucuruza bw’abantu
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ati “Ni gute umuntu bamuciririkanya nk’abaciririkanya isambu cyangwa itungo?”

Ingabire Marie Immaculée yavuze ko inkwano z’iki gihe zahindutse nk’ubucuruzi bw’abantu kubera uburyo baziciririkanyaho n’amananiza azamo, aboneraho guteguza Minisiteri ifite mu nshingano umuco kuzayijyana mu nkiko kuko ikomeje kurebera ibi bikorwa kandi bigize icyaha cy’ubucuruzi bw’abantu.

Ingabire Marie Immaculée usanzwe ari Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga urwanya Ruswa n’Akarengane (Transparency International Rwanda), akunze kuvuga ko atemera inkwano.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, Ingabire Marie Immaculée yavuze ko byumwihariko inkwano muri iki gihe yabaye nk’ubucuruzi kubera uburyo imiryango igiye gushyingirana ibanza kuyiciririkanyaho ariko abo ku ruhande rw’umukobwa bakazanamo amananiza.

Avuga ku rugero rwo guciririkanya gushobora kuba hagati y’imiryango, yagize ati “Ab’iwabo w’umukobwa bati ‘nibura miliyoni eshatu na maganatanu’ ab’iwabo w’umuhungu bati ‘rwose mwaciye inkoni izamba [ukagira ngo ni icyaha bakoze cyo kuza kubasaba umugeni] mukagira nibura nka miliyoni 2,1’.”

Agakomeza abinenga, ati “Njyewe icyo gihe mpita mbaza nti ‘none iyo mugurisha isambu cyangwa itungo mubigenza gute?’ nti ‘ubwo muri guciririkanya ku muntu?’.”

Uyu mubyeyi ukunze kugaragaza bimwe mu bikorwa anenga, yavuze ko umuntu atagira agaciro ku buryo yaciririkanywaho.

Ati “Byabaye nko gucuruza. Njyewe rero reka mbabwire kandi Jonathan [umukozi w’Inteko y’Umuco bari kumwe mu kiganiro] mu bo nzarega murimo Minisiteri yanyu kuko ni mwe mwari mukwiye kudufasha gukemura iki kibazo. Ndenda kubarega human trafficking (icyaha cyo gucuruza abantu) murebera iriho ikorwa, bacuruza abantu ntibagire icyo babikoraho.”

Ingabire Marie Immaculée yavuze ko ibi atari ugutebya kuko abifite muri gahunda, ati “Muzaba mureba si cyera.”

Avuga ko mu myumvire ye ababyeyi bombi (uw’umusore n’umukobwa) bakwiye kujya bubakira abana babo, bakagira ibyo babaha byo gutangiza urugo rwabo rushya.

Abasesengura ibijyanye n’umuco, bavuga mu muco nyarwanda, inkwano atari ikiguzi cy’umukobwa ahubwo ko ari igihango kiba gikwiye kuba hagati y’imiryango iba ishyingiranye by’umwihariko ikaba yari inka kuko iri tungo rifite igisobanuro gikomeye mu muco nyarwanda.

Ingabire Marie Immaculée (Photo/Internet)

RADIOTV10

Comments 3

  1. SINUMVAYABO Mathias says:
    4 years ago

    Njye rwose ndikumwe n’uyu mubyeyi nubwo nziko byamaze kurenga ihaniro.Kdi ikibabaje bizanwa n’abo twita abasirimu!!!😕😏 Gusa birababaje kuko bigiye kujya binatuma abana bamwe bahera kwishyiga!

    Reply
  2. Callixte says:
    4 years ago

    Ntekereza ko iki kibazo kirareba ministeri nyinshi: MYCULTURE, MIGEPROF, MINALOC, MINIJUST, etc. Murakoze!

    Reply
  3. Bizimana jean Baptiste says:
    4 years ago

    Rwose ni muturwaneho bimaze kuturambira!! Bizatuma tujya tujya gushaka abakobwa mu cyaro kuko nibo batajya batunaniza kd ugasaga bafite n’umuco kuruaha babandi biyita ngo barahenze
    Rwose Minister nibijyemo barebe uko baturwanaho

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 19 =

Previous Post

M23 ntikanganye- Muhoozi yavuze ko Perezida Kagame, Museveni na Tshisekedi barandura M23 byihuse

Next Post

Umuhanda Kigali-Huye wangiritse ubu si nyabagendwa

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanda Kigali-Huye wangiritse ubu si nyabagendwa

Umuhanda Kigali-Huye wangiritse ubu si nyabagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.