Thursday, February 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Immaculée agiye kurega Minisiteri ayishinja kurebera inkwano igahindurwa ubucuruza bw’abantu

radiotv10by radiotv10
30/03/2022
in MU RWANDA
3
Immaculée agiye kurega Minisiteri ayishinja kurebera inkwano igahindurwa ubucuruza bw’abantu
Share on FacebookShare on Twitter
  • Ati “Ni gute umuntu bamuciririkanya nk’abaciririkanya isambu cyangwa itungo?”

Ingabire Marie Immaculée yavuze ko inkwano z’iki gihe zahindutse nk’ubucuruzi bw’abantu kubera uburyo baziciririkanyaho n’amananiza azamo, aboneraho guteguza Minisiteri ifite mu nshingano umuco kuzayijyana mu nkiko kuko ikomeje kurebera ibi bikorwa kandi bigize icyaha cy’ubucuruzi bw’abantu.

Ingabire Marie Immaculée usanzwe ari Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga urwanya Ruswa n’Akarengane (Transparency International Rwanda), akunze kuvuga ko atemera inkwano.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, Ingabire Marie Immaculée yavuze ko byumwihariko inkwano muri iki gihe yabaye nk’ubucuruzi kubera uburyo imiryango igiye gushyingirana ibanza kuyiciririkanyaho ariko abo ku ruhande rw’umukobwa bakazanamo amananiza.

Avuga ku rugero rwo guciririkanya gushobora kuba hagati y’imiryango, yagize ati “Ab’iwabo w’umukobwa bati ‘nibura miliyoni eshatu na maganatanu’ ab’iwabo w’umuhungu bati ‘rwose mwaciye inkoni izamba [ukagira ngo ni icyaha bakoze cyo kuza kubasaba umugeni] mukagira nibura nka miliyoni 2,1’.”

Agakomeza abinenga, ati “Njyewe icyo gihe mpita mbaza nti ‘none iyo mugurisha isambu cyangwa itungo mubigenza gute?’ nti ‘ubwo muri guciririkanya ku muntu?’.”

Uyu mubyeyi ukunze kugaragaza bimwe mu bikorwa anenga, yavuze ko umuntu atagira agaciro ku buryo yaciririkanywaho.

Ati “Byabaye nko gucuruza. Njyewe rero reka mbabwire kandi Jonathan [umukozi w’Inteko y’Umuco bari kumwe mu kiganiro] mu bo nzarega murimo Minisiteri yanyu kuko ni mwe mwari mukwiye kudufasha gukemura iki kibazo. Ndenda kubarega human trafficking (icyaha cyo gucuruza abantu) murebera iriho ikorwa, bacuruza abantu ntibagire icyo babikoraho.”

Ingabire Marie Immaculée yavuze ko ibi atari ugutebya kuko abifite muri gahunda, ati “Muzaba mureba si cyera.”

Avuga ko mu myumvire ye ababyeyi bombi (uw’umusore n’umukobwa) bakwiye kujya bubakira abana babo, bakagira ibyo babaha byo gutangiza urugo rwabo rushya.

Abasesengura ibijyanye n’umuco, bavuga mu muco nyarwanda, inkwano atari ikiguzi cy’umukobwa ahubwo ko ari igihango kiba gikwiye kuba hagati y’imiryango iba ishyingiranye by’umwihariko ikaba yari inka kuko iri tungo rifite igisobanuro gikomeye mu muco nyarwanda.

Ingabire Marie Immaculée (Photo/Internet)

RADIOTV10

Comments 3

  1. SINUMVAYABO Mathias says:
    4 years ago

    Njye rwose ndikumwe n’uyu mubyeyi nubwo nziko byamaze kurenga ihaniro.Kdi ikibabaje bizanwa n’abo twita abasirimu!!!😕😏 Gusa birababaje kuko bigiye kujya binatuma abana bamwe bahera kwishyiga!

    Reply
  2. Callixte says:
    4 years ago

    Ntekereza ko iki kibazo kirareba ministeri nyinshi: MYCULTURE, MIGEPROF, MINALOC, MINIJUST, etc. Murakoze!

    Reply
  3. Bizimana jean Baptiste says:
    4 years ago

    Rwose ni muturwaneho bimaze kuturambira!! Bizatuma tujya tujya gushaka abakobwa mu cyaro kuko nibo batajya batunaniza kd ugasaga bafite n’umuco kuruaha babandi biyita ngo barahenze
    Rwose Minister nibijyemo barebe uko baturwanaho

    Reply

Leave a Reply to SINUMVAYABO Mathias Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 9 =

Previous Post

M23 ntikanganye- Muhoozi yavuze ko Perezida Kagame, Museveni na Tshisekedi barandura M23 byihuse

Next Post

Umuhanda Kigali-Huye wangiritse ubu si nyabagendwa

Related Posts

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

by radiotv10
04/02/2026
0

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean Damascene Bizimana yongeye gusaba urubyiruko kwirinda gukoresha imvugo ‘gutwika’ cyangwa ngo ‘hahiye’, arwibutsa...

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

by radiotv10
04/02/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Save mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bahangayikishijwe n’inzoga z’inkorano bahimbye izina 'Nyirantare', bavuga...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

by radiotv10
04/02/2026
0

Ngendahayo Evariste wari ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Batura mu kagari ka Karenge ho mu murenge wa Rwimbogo mu Karere...

Gender Expectations at Home vs in Public Spaces

Gender Expectations at Home vs in Public Spaces

by radiotv10
04/02/2026
0

Gender expectations are the rules society puts on people because they are male or female. These rules affect how we...

Why many marriages are ending in divorce

Why many marriages are ending in divorce

by radiotv10
04/02/2026
0

Divorce is not something that happens overnight. In most cases, it is the result of problems that grow slowly over...

IZIHERUKA

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye
MU RWANDA

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

by radiotv10
04/02/2026
0

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

04/02/2026
Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

04/02/2026
Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

Hagaragaye amashusho yerekana umuhanzikazi Celine Dion arembye cyane

04/02/2026
Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

04/02/2026
Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

04/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanda Kigali-Huye wangiritse ubu si nyabagendwa

Umuhanda Kigali-Huye wangiritse ubu si nyabagendwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri Dr.Bizimana yashimangiye ko imvugo ‘Gutwika’, ‘hahiye’ zigezweho mu rubyiruko zidakwiye

MONUSCO yavuze ko yiteguye nyuma yo gusabwa kohereza ingabo muri Uvira

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.