Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imodoka zinywa ibikomoka kuri Peteroli zatangiye gucibwa burundu

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Imodoka zinywa ibikomoka kuri Peteroli zatangiye gucibwa burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yatoye itegeko rihagarika icuruzwa ry’imodoka zikoresha ibikomoka kuri peteroli kuva muri 2035.

Iri tegeko ryemejwe mu cyumweru twaraye dusoje tariki 14 Gashyantare 2023, ryatowe n’Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi nyuma yuko rinemejwe n’Inteko z’Ibihugu bigize uyu Muryango.

Rizatangira kuba itegeko nyuma y’inama y’Abaminisitiri y’Ibihugu by’uyu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Abashyigikiye iri tegeko bavuga ko inganda zikora imodoka zo ku Mugabane w’u Burayo zikwiye kongera umusaruro w’imodoka zikoresha amashanyarazi kandi zigashaka uburyo zahangana n’izo mu Bushinwa n’izo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Nanone kandi bavuga ko ibi bizatuma Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wihuta mu ntego wihaye z’umugambi wo kugabanya cyane ibyuka bihumanya ikirere muri 2050.

Visi Perezida w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Frans Timmermans ubwo yasubizaga abarwanyaga iri tegeko, yagize ati “Ndabibutsa ko hagati y’umwaka ushize kugeza mu mpera z’uyu, u Bushinwa buzaba bwarashyize ku isoko ubwoko 80 bw’imodoka z’amashanyarazi.”

Yakomeje agira ati “Izi ni imodoka nziza, zizaba kandi ari imodoka zihendutse kandi turifuza guhangana n’ibyo, ntitwifuza ko inganda z’iwacu ziganzwa n’izo mu mahanga.”

Inganda zikora imodoma zo ku Mugabane w’u Burayi na zo zivuga ko ziteguye gutunganya imodoka nyinshi zikoresha ingufu z’amashanyarazi igihe zashyirirwaho amategeko azorohereza.

Gahunda y’ibinyabiziga bidakoresha ibikomoka kuri Peteroli, no mu Rwanda iri kuzamurwa aho hari kompanyi zimwe zatangiye kuhateranyiriza moto n’imodoka zikoresha amashanyarazi.

Guverinoma y’u Rwanda yatangije gahunda igamije kongera imodoka zikoresha amashyanyarazi
Na moto ni uko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − eleven =

Previous Post

Ngoma: Habaye impanuka idasanzwe nk’iherutse kuba muri Gasabo igahitana 11

Next Post

TdRda2023: Umwongereza wegukanye Etape1 anatwaye iya 2, nta Munyarwanda waje mu 10

Related Posts

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Mu bikorwa byo kwiyamamariza indi manda, Perezida w’Igihugu cya Repubulika ya Centrafrique gisanzwe kirimo Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa...

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

by radiotv10
15/12/2025
0

Abanyekongo bahungiye i Bujumbura mu Burundi n’abari bagiyeyo ku bw’impamvu zinyuranye mbere yuko Umujyi wa Uvira ufatwa na AFC/M23, baravuga...

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Umugabo witwa Prophète Ebo Noah w’Umunya-Ghana umaze igihe yubaka inkuge avuga ko ari izo azakoresha arokora abantu ngo kuko Isi...

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Inc., a biotechnology company dedicated to developing and delivering high-quality, affordable medicines, announced the appointment of Professor Prashant...

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

IZIHERUKA

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa
AMAHANGA

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

by radiotv10
15/12/2025
0

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

15/12/2025
MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

15/12/2025
Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRda2023: Umwongereza wegukanye Etape1 anatwaye iya 2, nta Munyarwanda waje mu 10

TdRda2023: Umwongereza wegukanye Etape1 anatwaye iya 2, nta Munyarwanda waje mu 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Igihugu gifashwa n’Ingabo z’u Rwanda mu mutekano yavuze impamvu akwiye kongera gutorwa

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.