Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imodoka zinywa ibikomoka kuri Peteroli zatangiye gucibwa burundu

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Imodoka zinywa ibikomoka kuri Peteroli zatangiye gucibwa burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yatoye itegeko rihagarika icuruzwa ry’imodoka zikoresha ibikomoka kuri peteroli kuva muri 2035.

Iri tegeko ryemejwe mu cyumweru twaraye dusoje tariki 14 Gashyantare 2023, ryatowe n’Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi nyuma yuko rinemejwe n’Inteko z’Ibihugu bigize uyu Muryango.

Rizatangira kuba itegeko nyuma y’inama y’Abaminisitiri y’Ibihugu by’uyu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Abashyigikiye iri tegeko bavuga ko inganda zikora imodoka zo ku Mugabane w’u Burayo zikwiye kongera umusaruro w’imodoka zikoresha amashanyarazi kandi zigashaka uburyo zahangana n’izo mu Bushinwa n’izo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Nanone kandi bavuga ko ibi bizatuma Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wihuta mu ntego wihaye z’umugambi wo kugabanya cyane ibyuka bihumanya ikirere muri 2050.

Visi Perezida w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Frans Timmermans ubwo yasubizaga abarwanyaga iri tegeko, yagize ati “Ndabibutsa ko hagati y’umwaka ushize kugeza mu mpera z’uyu, u Bushinwa buzaba bwarashyize ku isoko ubwoko 80 bw’imodoka z’amashanyarazi.”

Yakomeje agira ati “Izi ni imodoka nziza, zizaba kandi ari imodoka zihendutse kandi turifuza guhangana n’ibyo, ntitwifuza ko inganda z’iwacu ziganzwa n’izo mu mahanga.”

Inganda zikora imodoma zo ku Mugabane w’u Burayi na zo zivuga ko ziteguye gutunganya imodoka nyinshi zikoresha ingufu z’amashanyarazi igihe zashyirirwaho amategeko azorohereza.

Gahunda y’ibinyabiziga bidakoresha ibikomoka kuri Peteroli, no mu Rwanda iri kuzamurwa aho hari kompanyi zimwe zatangiye kuhateranyiriza moto n’imodoka zikoresha amashanyarazi.

Guverinoma y’u Rwanda yatangije gahunda igamije kongera imodoka zikoresha amashyanyarazi
Na moto ni uko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Ngoma: Habaye impanuka idasanzwe nk’iherutse kuba muri Gasabo igahitana 11

Next Post

TdRda2023: Umwongereza wegukanye Etape1 anatwaye iya 2, nta Munyarwanda waje mu 10

Related Posts

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali barimo Maj Gen Sylvain Ekenge, wahoze ari Umuvugizi w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) baravugwa nk’abatangabuhamya mu...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
27/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Buhinde batangaje amasezerano akomeye y’ubucuruzi nyuma y’imyaka hafi 20 y’ibiganiro byagiye bihagarara kenshi, mu gihe...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

by radiotv10
27/01/2026
0

The AFC/M23 coalition that is against the government of the Democratic Republic of Congo, announced that it is never going...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRda2023: Umwongereza wegukanye Etape1 anatwaye iya 2, nta Munyarwanda waje mu 10

TdRda2023: Umwongereza wegukanye Etape1 anatwaye iya 2, nta Munyarwanda waje mu 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Abajenerali bafite amazina akomeye muri FARDC baravugwa mu rubanza ruregwamo undi Mujenerali

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.