Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Imodoka zinywa ibikomoka kuri Peteroli zatangiye gucibwa burundu

radiotv10by radiotv10
20/02/2023
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Imodoka zinywa ibikomoka kuri Peteroli zatangiye gucibwa burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yatoye itegeko rihagarika icuruzwa ry’imodoka zikoresha ibikomoka kuri peteroli kuva muri 2035.

Iri tegeko ryemejwe mu cyumweru twaraye dusoje tariki 14 Gashyantare 2023, ryatowe n’Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi nyuma yuko rinemejwe n’Inteko z’Ibihugu bigize uyu Muryango.

Rizatangira kuba itegeko nyuma y’inama y’Abaminisitiri y’Ibihugu by’uyu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Abashyigikiye iri tegeko bavuga ko inganda zikora imodoka zo ku Mugabane w’u Burayo zikwiye kongera umusaruro w’imodoka zikoresha amashanyarazi kandi zigashaka uburyo zahangana n’izo mu Bushinwa n’izo muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Nanone kandi bavuga ko ibi bizatuma Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi wihuta mu ntego wihaye z’umugambi wo kugabanya cyane ibyuka bihumanya ikirere muri 2050.

Visi Perezida w’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, Frans Timmermans ubwo yasubizaga abarwanyaga iri tegeko, yagize ati “Ndabibutsa ko hagati y’umwaka ushize kugeza mu mpera z’uyu, u Bushinwa buzaba bwarashyize ku isoko ubwoko 80 bw’imodoka z’amashanyarazi.”

Yakomeje agira ati “Izi ni imodoka nziza, zizaba kandi ari imodoka zihendutse kandi turifuza guhangana n’ibyo, ntitwifuza ko inganda z’iwacu ziganzwa n’izo mu mahanga.”

Inganda zikora imodoma zo ku Mugabane w’u Burayi na zo zivuga ko ziteguye gutunganya imodoka nyinshi zikoresha ingufu z’amashanyarazi igihe zashyirirwaho amategeko azorohereza.

Gahunda y’ibinyabiziga bidakoresha ibikomoka kuri Peteroli, no mu Rwanda iri kuzamurwa aho hari kompanyi zimwe zatangiye kuhateranyiriza moto n’imodoka zikoresha amashanyarazi.

Guverinoma y’u Rwanda yatangije gahunda igamije kongera imodoka zikoresha amashyanyarazi
Na moto ni uko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Ngoma: Habaye impanuka idasanzwe nk’iherutse kuba muri Gasabo igahitana 11

Next Post

TdRda2023: Umwongereza wegukanye Etape1 anatwaye iya 2, nta Munyarwanda waje mu 10

Related Posts

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

by radiotv10
27/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko ridateze kurekura igice na kimwe mu byo ryafashe,...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TdRda2023: Umwongereza wegukanye Etape1 anatwaye iya 2, nta Munyarwanda waje mu 10

TdRda2023: Umwongereza wegukanye Etape1 anatwaye iya 2, nta Munyarwanda waje mu 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.