Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impaka zabaye ndende: Itumbagira ry’imibare y’abagabo basuzumisha ko abana ari ababo riravugwaho byinshi

radiotv10by radiotv10
12/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Impaka zabaye ndende: Itumbagira ry’imibare y’abagabo basuzumisha ko abana ari ababo riravugwaho byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitekerezo byabaye byinshi nyuma y’uko hagaragajwe ko imibare y’abagabo bakoresha ibizamini bya DNA ngo bizere ko abana ari ababo, bikubuye kane. Bamwe mu bagabo bavuga ko ahubwo iyaba byakorwaga kuri Mituweli, benshi bajyayo, abandi bakavuga ko bigaragaza ko kwizerana mu bashakanye kwacyendereye.

Ni nyuma y’uko Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera igaragaje ko abagabo bapimisha abana ngo barebe ko ari ababo bikubye inshuro enye mu myaka itatu ishize.

Iyi laboratwari ivuga ko muri 2019, abayigannye baza kureba niba abana ari ababo, bari 198, baje kuzamuka bagera kuri 780 mu mwaka wa 2022-2023.

Bamwe mu bagabo bavuga ko imapmvu bajya kureba ko abana batunze mu ngo ari ababo ku bwinshi, ari uko bamenye ko abagore bamwe bitirira abagabo abana batari ababo, bigatuma bakora bagokera abana bene bo bigaramiye.

Uzabakiriho yagize ati “Ubu se wabyara umwana w’umuzungu, warangiza ugatuza ukumva ko ari uwawe kandi wowe n’umugore wawe mwirabura? Njyewe rwose najyayo ahubwo iyo babishyiraga kuri mituweli twese twatonda umurongo.”

Kabanda Ernest we avuga ko bamwe mu bakobwa basigaye bajya gushaka batwite, kandi abagabo bashakanye atari bo ba se b’abo bana baba batwite.

Ati “Abagore basigaye bashaka batwite inda zitari iz’abagabo bagiye kubana, kandi ugasanga abana barababitiriye. Ni yo mpamvu rero gupimisha DNA ari ngombwa cyane.”

Hari abandi bavuga ko ibi bishobora gukurura umwuka mubi mu bashakanye, bakavuga ko ikiza ari uko abantu bamenya kwakira ibyabaye, bakiyubakira urugo rwabo kuko ntacyo baba bakiramira.

Umwe ati “Ubwo se usanze atari uwawe ubundi ntibyagutesha umutwe kurushaho? Si ngombwa rero kuko bituma ujya habi kurusha aho wari uri.”

Ababyeyi bo bavuga ko mu gihe abagabo babikora ku bwinshi byagira ingaruka ku muryango nyarwanda, kuko umugabo iyo asanze umwana atari uwe mu rugo bihita bitangira kuba hasi hejuru, kuri bo ngo si ngombwa ahubwo abagabo bakwiye kujya bashaka abagore bizeye.

Mukansanga Leoncie yagize ati “Njye ntabwo nishimiye ko umugabo ajya gutakaza mafaranga y’urugo muri ibyo bizamini kuko iyo asanze umwana atari uwe ahita atangira kuba nk’umusazi, agatangira kwirukana umugore n’uwo mwana, ubwo amahoro mu rugo agahita abura.”

Mugenzi we na we yavuze ko byateza ikiabzo mu muryango aho kugikemura. Ati “Umugabo akwiye gushaka umugore yizeye ko atamuca inyuma kandi azi neza ko yamubwije ukuri nta mwana amuhishe, kuko abagabo b’ubu ntibakizera ko bafite ubushobozi bwo gutera inda, rero akwiye kuzana umugore uzatwita akumva ko iyo nda atwite ari iye.” 

Aba baturage bahuriza ku cyifuzo cyo gushyiraho amabwiriza akomeye kuri ibi bizamini, bikajya bikorwa gusa mu gihe byasabwe n’inkiko cyangwa mu gihe umugabo n’umugore bombi bari kumwe, aho kugira ngo umugabe yibete umugore ngo ajye gukoresha ibyo bizamini.

Umubyeyi ushaka kujya gupimisha isano afitanye n’umwana, asabwa kwishyura ibihumbi 267 Frw ku bisubizo biza nyuma y’ibyumweru bitandatu, naho iyo ari ugukora isuzuma ryihuse, rigaragaza ibisubizo nyuma y’iminsi itatu, yishyura ibihumbi 428 Frw.

INKURU MU MASHUSHO

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 18 =

Previous Post

Kayonza: Ibyo bakorera hafi y’ivomero bishyizwe hanze n’ababona ko bizateza ibibazo

Next Post

Uruzinduko rwa Perezida w’Igihugu gikomeye yarutangiriye mu karere u Rwanda ruherereyemo

Related Posts

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa yavuze ko nta kibazo afitanye na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibiherutse...

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

IZIHERUKA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo
MU RWANDA

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

by radiotv10
12/05/2025
0

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

12/05/2025
BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uruzinduko rwa Perezida w’Igihugu gikomeye yarutangiriye mu karere u Rwanda ruherereyemo

Uruzinduko rwa Perezida w’Igihugu gikomeye yarutangiriye mu karere u Rwanda ruherereyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida wa Afurika y’Epfo yicaranye na Kagame yasubije abakeka ko bafitanye ikibazo

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.