Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impaka zabaye ndende: Itumbagira ry’imibare y’abagabo basuzumisha ko abana ari ababo riravugwaho byinshi

radiotv10by radiotv10
12/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Impaka zabaye ndende: Itumbagira ry’imibare y’abagabo basuzumisha ko abana ari ababo riravugwaho byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitekerezo byabaye byinshi nyuma y’uko hagaragajwe ko imibare y’abagabo bakoresha ibizamini bya DNA ngo bizere ko abana ari ababo, bikubuye kane. Bamwe mu bagabo bavuga ko ahubwo iyaba byakorwaga kuri Mituweli, benshi bajyayo, abandi bakavuga ko bigaragaza ko kwizerana mu bashakanye kwacyendereye.

Ni nyuma y’uko Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera igaragaje ko abagabo bapimisha abana ngo barebe ko ari ababo bikubye inshuro enye mu myaka itatu ishize.

Iyi laboratwari ivuga ko muri 2019, abayigannye baza kureba niba abana ari ababo, bari 198, baje kuzamuka bagera kuri 780 mu mwaka wa 2022-2023.

Bamwe mu bagabo bavuga ko imapmvu bajya kureba ko abana batunze mu ngo ari ababo ku bwinshi, ari uko bamenye ko abagore bamwe bitirira abagabo abana batari ababo, bigatuma bakora bagokera abana bene bo bigaramiye.

Uzabakiriho yagize ati “Ubu se wabyara umwana w’umuzungu, warangiza ugatuza ukumva ko ari uwawe kandi wowe n’umugore wawe mwirabura? Njyewe rwose najyayo ahubwo iyo babishyiraga kuri mituweli twese twatonda umurongo.”

Kabanda Ernest we avuga ko bamwe mu bakobwa basigaye bajya gushaka batwite, kandi abagabo bashakanye atari bo ba se b’abo bana baba batwite.

Ati “Abagore basigaye bashaka batwite inda zitari iz’abagabo bagiye kubana, kandi ugasanga abana barababitiriye. Ni yo mpamvu rero gupimisha DNA ari ngombwa cyane.”

Hari abandi bavuga ko ibi bishobora gukurura umwuka mubi mu bashakanye, bakavuga ko ikiza ari uko abantu bamenya kwakira ibyabaye, bakiyubakira urugo rwabo kuko ntacyo baba bakiramira.

Umwe ati “Ubwo se usanze atari uwawe ubundi ntibyagutesha umutwe kurushaho? Si ngombwa rero kuko bituma ujya habi kurusha aho wari uri.”

Ababyeyi bo bavuga ko mu gihe abagabo babikora ku bwinshi byagira ingaruka ku muryango nyarwanda, kuko umugabo iyo asanze umwana atari uwe mu rugo bihita bitangira kuba hasi hejuru, kuri bo ngo si ngombwa ahubwo abagabo bakwiye kujya bashaka abagore bizeye.

Mukansanga Leoncie yagize ati “Njye ntabwo nishimiye ko umugabo ajya gutakaza mafaranga y’urugo muri ibyo bizamini kuko iyo asanze umwana atari uwe ahita atangira kuba nk’umusazi, agatangira kwirukana umugore n’uwo mwana, ubwo amahoro mu rugo agahita abura.”

Mugenzi we na we yavuze ko byateza ikiabzo mu muryango aho kugikemura. Ati “Umugabo akwiye gushaka umugore yizeye ko atamuca inyuma kandi azi neza ko yamubwije ukuri nta mwana amuhishe, kuko abagabo b’ubu ntibakizera ko bafite ubushobozi bwo gutera inda, rero akwiye kuzana umugore uzatwita akumva ko iyo nda atwite ari iye.” 

Aba baturage bahuriza ku cyifuzo cyo gushyiraho amabwiriza akomeye kuri ibi bizamini, bikajya bikorwa gusa mu gihe byasabwe n’inkiko cyangwa mu gihe umugabo n’umugore bombi bari kumwe, aho kugira ngo umugabe yibete umugore ngo ajye gukoresha ibyo bizamini.

Umubyeyi ushaka kujya gupimisha isano afitanye n’umwana, asabwa kwishyura ibihumbi 267 Frw ku bisubizo biza nyuma y’ibyumweru bitandatu, naho iyo ari ugukora isuzuma ryihuse, rigaragaza ibisubizo nyuma y’iminsi itatu, yishyura ibihumbi 428 Frw.

INKURU MU MASHUSHO

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Kayonza: Ibyo bakorera hafi y’ivomero bishyizwe hanze n’ababona ko bizateza ibibazo

Next Post

Uruzinduko rwa Perezida w’Igihugu gikomeye yarutangiriye mu karere u Rwanda ruherereyemo

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uruzinduko rwa Perezida w’Igihugu gikomeye yarutangiriye mu karere u Rwanda ruherereyemo

Uruzinduko rwa Perezida w’Igihugu gikomeye yarutangiriye mu karere u Rwanda ruherereyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.