Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Impaka zabaye ndende: Itumbagira ry’imibare y’abagabo basuzumisha ko abana ari ababo riravugwaho byinshi

radiotv10by radiotv10
12/07/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Impaka zabaye ndende: Itumbagira ry’imibare y’abagabo basuzumisha ko abana ari ababo riravugwaho byinshi
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitekerezo byabaye byinshi nyuma y’uko hagaragajwe ko imibare y’abagabo bakoresha ibizamini bya DNA ngo bizere ko abana ari ababo, bikubuye kane. Bamwe mu bagabo bavuga ko ahubwo iyaba byakorwaga kuri Mituweli, benshi bajyayo, abandi bakavuga ko bigaragaza ko kwizerana mu bashakanye kwacyendereye.

Ni nyuma y’uko Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera igaragaje ko abagabo bapimisha abana ngo barebe ko ari ababo bikubye inshuro enye mu myaka itatu ishize.

Iyi laboratwari ivuga ko muri 2019, abayigannye baza kureba niba abana ari ababo, bari 198, baje kuzamuka bagera kuri 780 mu mwaka wa 2022-2023.

Bamwe mu bagabo bavuga ko imapmvu bajya kureba ko abana batunze mu ngo ari ababo ku bwinshi, ari uko bamenye ko abagore bamwe bitirira abagabo abana batari ababo, bigatuma bakora bagokera abana bene bo bigaramiye.

Uzabakiriho yagize ati “Ubu se wabyara umwana w’umuzungu, warangiza ugatuza ukumva ko ari uwawe kandi wowe n’umugore wawe mwirabura? Njyewe rwose najyayo ahubwo iyo babishyiraga kuri mituweli twese twatonda umurongo.”

Kabanda Ernest we avuga ko bamwe mu bakobwa basigaye bajya gushaka batwite, kandi abagabo bashakanye atari bo ba se b’abo bana baba batwite.

Ati “Abagore basigaye bashaka batwite inda zitari iz’abagabo bagiye kubana, kandi ugasanga abana barababitiriye. Ni yo mpamvu rero gupimisha DNA ari ngombwa cyane.”

Hari abandi bavuga ko ibi bishobora gukurura umwuka mubi mu bashakanye, bakavuga ko ikiza ari uko abantu bamenya kwakira ibyabaye, bakiyubakira urugo rwabo kuko ntacyo baba bakiramira.

Umwe ati “Ubwo se usanze atari uwawe ubundi ntibyagutesha umutwe kurushaho? Si ngombwa rero kuko bituma ujya habi kurusha aho wari uri.”

Ababyeyi bo bavuga ko mu gihe abagabo babikora ku bwinshi byagira ingaruka ku muryango nyarwanda, kuko umugabo iyo asanze umwana atari uwe mu rugo bihita bitangira kuba hasi hejuru, kuri bo ngo si ngombwa ahubwo abagabo bakwiye kujya bashaka abagore bizeye.

Mukansanga Leoncie yagize ati “Njye ntabwo nishimiye ko umugabo ajya gutakaza mafaranga y’urugo muri ibyo bizamini kuko iyo asanze umwana atari uwe ahita atangira kuba nk’umusazi, agatangira kwirukana umugore n’uwo mwana, ubwo amahoro mu rugo agahita abura.”

Mugenzi we na we yavuze ko byateza ikiabzo mu muryango aho kugikemura. Ati “Umugabo akwiye gushaka umugore yizeye ko atamuca inyuma kandi azi neza ko yamubwije ukuri nta mwana amuhishe, kuko abagabo b’ubu ntibakizera ko bafite ubushobozi bwo gutera inda, rero akwiye kuzana umugore uzatwita akumva ko iyo nda atwite ari iye.” 

Aba baturage bahuriza ku cyifuzo cyo gushyiraho amabwiriza akomeye kuri ibi bizamini, bikajya bikorwa gusa mu gihe byasabwe n’inkiko cyangwa mu gihe umugabo n’umugore bombi bari kumwe, aho kugira ngo umugabe yibete umugore ngo ajye gukoresha ibyo bizamini.

Umubyeyi ushaka kujya gupimisha isano afitanye n’umwana, asabwa kwishyura ibihumbi 267 Frw ku bisubizo biza nyuma y’ibyumweru bitandatu, naho iyo ari ugukora isuzuma ryihuse, rigaragaza ibisubizo nyuma y’iminsi itatu, yishyura ibihumbi 428 Frw.

INKURU MU MASHUSHO

Eugenie NYIRANSABIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 11 =

Previous Post

Kayonza: Ibyo bakorera hafi y’ivomero bishyizwe hanze n’ababona ko bizateza ibibazo

Next Post

Uruzinduko rwa Perezida w’Igihugu gikomeye yarutangiriye mu karere u Rwanda ruherereyemo

Related Posts

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

Rusizi: Ku nshuro ya mbere hibutswe imiryango yazimye

Rusizi: Ku nshuro ya mbere hibutswe imiryango yazimye

by radiotv10
24/05/2026
0

Mu gihe tukiri mu minsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ku rwego rw’akarere...

IZIHERUKA

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima
AMAHANGA

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

by radiotv10
25/05/2026
0

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

Umujenerali wo muri Wazalendo byavugwaga ko yishwe na AFC/M23 yagaragaye ari muzima yishongora

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uruzinduko rwa Perezida w’Igihugu gikomeye yarutangiriye mu karere u Rwanda ruherereyemo

Uruzinduko rwa Perezida w’Igihugu gikomeye yarutangiriye mu karere u Rwanda ruherereyemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.