Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impaka zikomeje kuba ndende muri Rayon: Byabaye ngombwa ko hagaragazwa n’ibimenyetso

radiotv10by radiotv10
04/04/2025
in MU RWANDA
0
Impaka zikomeje kuba ndende muri Rayon: Byabaye ngombwa ko hagaragazwa n’ibimenyetso
Share on FacebookShare on Twitter

Munyakazi Sadate wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports, yagaragaje ibimenyetso avuga ko ari ibyo kubeshyuza Umuyobozi w’iyi kipe wavuze ko atajya atanga imisanzu yo gufasha iyi kipe nubwo ari mu itsinda rizwi nka Special Supporting Team.

Ni nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée yamaganye igitekerezo cyatangajwe na Munyakazi Sadate wavuze ko yifuza kugura iyi kipe akayegukana ayitanzeho miliyari 5 Frw.

Twagirayezu Thadée yari yavuze ko bitumvikana kuba Sadate avuga ko ashaka kugura iyi kipe kandi atajya anatanga imisanzu yo kuyifasha mu itsinda ryiswe Special Supporting Team nubwo aribamo.

Yari yagize ati “Dufite itsinda ryitwa Special Supporting Team ifasha Rayon Sports nk’ikipe y’abafana, buri mukino wa Rayon Sports dutanga kuva ku bihumbi 50 kugeza ku 100 kugira ngo tubashe kubona ibyibanze. Iryo tsinda nubwo Sadate aririmo nta musanzu atanga.”

Mu butumwa bwatangajwe na Munyakazi Sadate kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Mata 2025, yahakanye ibi byatangajwe na Perezida wa Rayon, avuga ko atanga umusanzu ndetse ko awoherereza Umubitsi Patrick Rukundo.

Mu butumwa buherekejwe na Screenshots zigaragaza ubutumwa bw’amafaranga yagiye yohereza, Sadate yagize ati “Ikinyoma kiririrwa ariko ntikirara, uretse ko mutanga ari hagati ya 50 – 100K njyewe njya ndenza ayo mafaranga kuko hari igihe natangaga na 300K! Fungura ubutumwa bwa MoMo urabona ukuri.”

Munyakazi Sadate yakomeje avuga ati “Ntabwo nzongera kwemera ko munyangisha abantu cyangwa ngo ntege amatama ngo muhonde kubera ibinyoma byanyu…Uzana ikinyoma nzana ikimenyetso.”

Ibi byose biri gukurikira ibyatangajwe na Munyakazi Sadate wavuze ko yifuza kugura ikipe ya Rayon Sports akayitangaho Miliyari 5 Frw, ndetse akaba yavuze n’indi mishinga afitiye iyi kipe, irimo kugura indege izajya iyitwara mu mahanga na bisi izajya iyitwara ku bibuga by’imbere mu Gihugu.

Sadate yavuze ko atazongera kwemera ko yangishwa rubanda
Perezida wa Rayon Sports

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − three =

Previous Post

Byinshi ku bukwe buri kuzamura impaka mu Rwanda n’impamvu bwabaye inkuru ishyushye

Next Post

Abafitiye umutima uhagaze ikiraro gihuza Uturere tubiri bahawe igisubizo kitumvikanamo icyizere gihwanye n’ibyifuzo byabo

Related Posts

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi...

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

IZIHERUKA

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje
MU RWANDA

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

30/06/2025
Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

28/06/2025
Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abafitiye umutima uhagaze ikiraro gihuza Uturere tubiri bahawe igisubizo kitumvikanamo icyizere gihwanye n’ibyifuzo byabo

Abafitiye umutima uhagaze ikiraro gihuza Uturere tubiri bahawe igisubizo kitumvikanamo icyizere gihwanye n’ibyifuzo byabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.