• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

radiotv10by radiotv10
02/01/2026
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
Share on FacebookShare on Twitter

Amateka yiyanditse mu myidagaruro yo mu Rwanda, nyuma yuko ibyifujwe na benshi bikanazamura impaka, bibaye. Nta bindi ni igitaramo cyahuriyemo abahanzi bafatwa nk’abayoboye muzika nyarwanda uyu munsi, Bruce Melodie na The Ben, cyakurikiwe n’impaka z’uwarushije undi.

Iki gitaramo ‘The New Year Gloove’ cyabaye mu ijoro ryacyeye ry’umunsi wa mbere w’umwaka wa 2026, muri BK Arena yari yakubise yuzuye abafana b’aba bahanzi, bamwe banaje mu buryo budasanzwe bisize amarangi, abandi bambaye imyambaro igaragaza umuhanzi baje gushyigikira.

Abanyamakuru Anita Pendo na Lucky Nzeyimana, ni bo bari abashyushyarugamba muri iki gitaramo, cyabanje kwigaragazamo abahanzi bato, nka Diez Dola, Alto na Gisa cy’Inganzo umaze igihe mu muziki ariko wagiye awuburamo.

Habura iminota micye ngo isaha ya saa tanu igere, Bruce Melodie yinjiye ku rubyiniro mu buryo budasanzwe, yakiranwa urugwiro rwinshi n’abafana, bavugaga mu majwi bati “Munyakazi”.

Uyu muhanzi yaririmbye indirimbo ze zizwi nka Heads Up, Ikinyafu, Sawa Sawa ndetse na Funga Macho, yafatanyaga n’abafana be ijambo ku rindi.

Habura iminota micye ngo saa saba z’ijoro rya none tariki 02 Mutarama 2026 zigere, Umuhanzi The Ben na we yageze ku rubyiniro, na we yakiranwa urugwiro rwinshi, aho yaje aririmba indirimbo ‘Indabo Zanjye’ aheruka gushyira hanze.

Yanakomereje ku ndirimbo zinyuranye, zirimo Why yakoranye na Diamond Platinumz, Ndi uw’i Kigali yaririmbanye n’abahanzi nka Meddy n’umuraperi K8 Kavuyo.

Bamwe mu bahanzi bakoranye na The Ben, nka Tom Close yanashimiye kuba ari we pfundo ryo kuba umuhanzi kwe, n’Umunya-Uganda Rema Namakula, basanze uyu muhanzi ku rubyiniro, baririmbana indirimbo bakoranye.

 

Impaka z’abafana zakomeje

Nyuma y’iki gitaramo, impaka zakomeje, aho bamwe mu bakunzi b’umuziki, basesenguraga imigendekere yacyo, bamwe bavuga ko umuhanzi bafana yarushije uwo bafatanaga.

Gusa bimwe mu bivugwa mu mpaka nk’izumvikanye mu kiganiro mpuzambaga ‘Space’ cyabaye kuri X [Twitter] bamwe mu bafana bavuze ko Bruce Melodie yahacanye umucyo, kuko yashimishije abantu kurusha mugenzi we The Ben ari na we wari wamutumiye muri iki gitaramo.

Umwe mu bafana witwa Kabano Franco usanzwe ashyigikira ibikorwa by’imyidagaduro dore ko na we asanzwe ari umunyamideli, yavuze ko nubwo yafanaga The Ben, ariko “Bruce Melodie yamurushije, yadushimije kumurusha.”

Abandi na bo bavuga ko The Ben yaririmbye zimwe mu ndirimbo ze mu buryo bwa Playback, ibintu bitanyuze bamwe mu bakunzi be, bavuze ko bifuzaga ko aririmba mu buryo bwa Live ibihangano bye byose.

Bruce Melodie yaje ku rubyiniro mbere ya The Ben

The Ben na we yaje kuhasesekara

Bruce Melodie yahise ajya mu bafana na we akurikira The Ben aririmba

The Ben yashimiye Tom Close wamwinjije mu muziki

Photos/Igihe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 17 =

Previous Post

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Next Post

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n'umugabo we w'Umunya-Israel benda kwibaruka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.