Tuesday, October 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impamvu Abanyerondo ari bo ba mbere bafunzwe nyuma yuko ibendera ry’Igihugu ryibwe ku Kagari

radiotv10by radiotv10
07/10/2025
in MU RWANDA
0
Impamvu Abanyerondo ari bo ba mbere bafunzwe nyuma yuko ibendera ry’Igihugu ryibwe ku Kagari
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyerondo babiri n’umuzamu umwe bari bacunze umutekano ku Biro by’Akagari ka Buhoro mu Murenge wa Gishyita mu Karere ka Karongi, batawe muri yombi, nyuma yuko abantu bataramenyekana basanze basinziriye bakiba ibendera ry’Igihugu.

Aba uko ari batatu, ubu bafungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ya Gishyita nyuma yuko ibendera ryibwe mu ijoro.

Umunyerondo umwe wari wakoze na we ijoro ryibiwemo iri bendera ariko we utari warinze umutekano ku Biro by’akagari, avuga ko abari baraye ku Biro by’Akagari bari basinziriye.

Yagize ati “Bakangutse ahagana saa munani z’igicuku barebye ibendera bararibura, umuzamu yahise ahamagara Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Buhoro amubwira ko ibendera ryibwe.”

Nsengiyumva Rwandekwe Songa uyobora Umurenge wa Gishyita, na we yemeje ubu bujura bw’ibendera, avuga ko byose bishingiye ku burangare bwa bariya banyerondo n’umuzamu.

Ati “Kuba bagiye bakisinzirira bose bakibagirwa akazi kabajyanye ni uburangare bukomeye cyane, ni yo mpamvu bagomba kugira ibyo babazwa.”

Uyu muyobozi avuga ko mu iperereza riri gukorwa, akurikije n’uburyo riri kugenda, hari icyizere ko amakuru ava muri aba bari baraye ku Biro by’Akagari, aza gutuma hamenyekana abibye iki kirango cy’Igihugu.

Yavuze kandi ko ku bufatanye bw’ubuyobozi n’abaturage, bari gushakisha iri bendera, banakorana mu iperereza ryo kugira ngo hamenyekane abaryibye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 8 =

Previous Post

Soft skills that make you look confident without speaking

Next Post

Ubutumwa bugaragaramo ikiniga bwa rutahizamu wari utegerezanyijwe amatsiko mu Mavubi bwa mbere

Related Posts

Nyabihu: Umuyobozi mu z’Ibanze yabonetse yapfuye yakorewe agashinyaguro ku myanya y’ibanga

Icyagaragajwe n’igenzura ryatumye abayobozi bamwe mu Karere ka Nyabihu batabwa muri yombi

by radiotv10
07/10/2025
0

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyabihu, n’abandi bakozi b’aka Karere barimo Umuyobozi Ushinzwe Imibereho myiza, n’ushinzwe inyubako, ndetse na Perezida wa...

Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

by radiotv10
07/10/2025
0

Umunyeshuri wigaga muri Kaminuza y’Imyuga n’Ubumenyingiro ya Hanika y’Itorero ry’Abangilikani yo mu Karere ka Nyanza, yasanzwe yapfuye bikekwa ko yiyahuye,...

Icyavuye mu mukwabu wakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye akabari bagakomeretsa abaturage

Icyavuye mu mukwabu wakozwe nyuma yuko abitwaje intwaro gakondo bateye akabari bagakomeretsa abaturage

by radiotv10
07/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Huye, yafashe abantu bane bakekwaho kuba bari mu gatsiko k’amabandi, bafatiwe mu mukwabu...

Soft skills that make you look confident without speaking

Soft skills that make you look confident without speaking

by radiotv10
07/10/2025
0

Confidence is not only shown through words. The way you move, act, and react can speak louder than anything you...

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

Madamu Jeannette Kagame yahawe igihembo mpuzamahanga

by radiotv10
06/10/2025
0

Madamu Jeannette Kagame, yahawe igihembo mpuzamahanga ‘FIGO Distinguished Recognition Award’ gihabwa abagize uruhare rukomeye mu buzima bw’abari n’abategarugori. Madamu Jeannette...

IZIHERUKA

Ibyamamare bimaze umwaka batandukanye nk’umugabo n’umugore batunguranye bagaragara barebana akana ko mu jisho
IBYAMAMARE

Ibyamamare bimaze umwaka batandukanye nk’umugabo n’umugore batunguranye bagaragara barebana akana ko mu jisho

by radiotv10
07/10/2025
0

Nyuma y’icyumweru akatiwe urwo gupfa umugabo wo muri Tunisia ibyamubayeho ni nk’igitangaza

Nyuma y’icyumweru akatiwe urwo gupfa umugabo wo muri Tunisia ibyamubayeho ni nk’igitangaza

07/10/2025
Nyabihu: Umuyobozi mu z’Ibanze yabonetse yapfuye yakorewe agashinyaguro ku myanya y’ibanga

Icyagaragajwe n’igenzura ryatumye abayobozi bamwe mu Karere ka Nyabihu batabwa muri yombi

07/10/2025
Kigali: Ibyagaragaye ahabonetse umurambo w’umusore byatumye hari igikekwa

Umunyeshuri wa kaminuza wiyahuye yasize urwandiko rurimo ubutumwa yageneye urubyiruko rw’u Rwanda

07/10/2025
Amakuru mashya: Hatangajwe amahirwe adasanzwe arimo amafaranga agera kuri 1.000.000Frw ategereje abazajya gushyigikira Amavubi

Amakuru mashya: Hatangajwe amahirwe adasanzwe arimo amafaranga agera kuri 1.000.000Frw ategereje abazajya gushyigikira Amavubi

07/10/2025
Amakuru agezweho ku rugamba rwa M23 na FARDC&Wazalendo

AFC/M23 yungutse ibice igenzura nyuma y’imirwano ikomeye

07/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bugaragaramo ikiniga bwa rutahizamu wari utegerezanyijwe amatsiko mu Mavubi bwa mbere

Ubutumwa bugaragaramo ikiniga bwa rutahizamu wari utegerezanyijwe amatsiko mu Mavubi bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyamamare bimaze umwaka batandukanye nk’umugabo n’umugore batunguranye bagaragara barebana akana ko mu jisho

Nyuma y’icyumweru akatiwe urwo gupfa umugabo wo muri Tunisia ibyamubayeho ni nk’igitangaza

Icyagaragajwe n’igenzura ryatumye abayobozi bamwe mu Karere ka Nyabihu batabwa muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.